Somera Bibiriya kuri Telefone
Abayuda bagīrwa inama yo kubaka urusengero
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp1.
Mu mwaka wa kabiri wo ku ngoma y’Umwami Dariyo, ku munsi wa mbere w’ukwezi kwa gatandatu, ijambo ry’Uwiteka ryazanywe na Hagayi umuhanuzi kuri Zerubabeli mwene Sheyalutiyeli umutegeka w’u Buyuda, no kuri Yosuwa mwene Yosadaki umutambyi mukuru ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp2.
“Uwiteka Nyiringabo aravuga ati: Ubu bwoko buravuga buti ‘Igihe cyo kongera kubaka inzu y’Uwiteka ntikiragera.’ ”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp3.
Maze ijambo ry’Uwiteka riza rizanywe n’umuhanuzi Hagayi riti
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp4.
“Mbese birakwiye ko mwibera mu mazu yanyu y’ibitabashwa, na rwo uru rusengero rukaba umusaka?”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp5.
Noneho rero Uwiteka Nyiringabo aravuga ati “Nimwibuke ibyo mukora.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp6.
Mwabibye byinshi ariko musarura bike, murarya ariko ntimuhaga, muranywa ariko ntimushira inyota, murambara ariko ntimushira imbeho, kandi n’ukorera ibihembo abibika mu ruhago rutobotse.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp7.
Uwiteka Nyiringabo aravuga ati “Nimwibuke ibyo mukora.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp8.
Nimuzamuke mujye ku misozi muzane ibiti maze mwubake urusengero, nzanezezwa na rwo kandi nzahimbazwa. Ni ko Uwiteka avuga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp9.
“Mwiringiraga kubona byinshi ariko dore byabaye bike, mubizanye imuhira mbitumuza umwuka wanjye. Ibyo byatewe n’iki? Ni ko Uwiteka Nyiringabo abaza. Byatewe n’inzu yanjye isigaye ari umusaka, kandi umuntu wese wo muri mwe yihutira kwiyubakira iye nzu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp10.
Ni cyo gituma ijuru ku bwanyu ryimana ikime, n’isi ibura umwero wayo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp11.
Nuko ntera amapfa mu gihugu no ku misozi, no ku myaka no ku nzabibu, no ku mavuta ya elayo no ku byera mu butaka byose, no ku bantu no ku matungo, no ku mirimo yose ikoreshwa amaboko.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp12.
Nuko Zerubabeli mwene Sheyalutiyeli, na Yosuwa mwene Yosadaki umutambyi mukuru, hamwe n’abasigaye bo muri ubwo bwoko bumvira ijwi ry’Uwiteka Imana yabo, n’amagambo y’umuhanuzi Hagayi nk’uko yatumwe n’Uwiteka Imana yabo, kandi abantu bose baterwa n’ubwoba imbere y’Uwiteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp13.
Maze Hagayi intumwa y’Uwiteka, abwira abantu ubutumwa batumweho n’Uwiteka ati “Ndi kumwe namwe.” Ni ko Uwiteka avuga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp14.
Maze Uwiteka akangura umutima wa Zerubabeli mwene Sheyalutiyeli umutegeka w’u Buyuda, n’umutima wa Yosuwa mwene Yosadaki umutambyi mukuru, n’imitima y’abasigaye bo muri ubwo bwoko bose, nuko baraza bubaka inzu y’Uwiteka Nyiringabo Imana yabo,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp15.
ari ku munsi wa makumyabiri n’ine w’ukwezi kwa gatandatu, mu mwaka wa kabiri wo ku ngoma y’Umwami Dariyo.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma hagayi igice cya: