Somera Bibiriya kuri Telefone
Timoteyo atumwa i Tesalonike
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp1.
Nuko rero tubonye yuko tutagishoboye kwiyumanganya, twibwira ko ibyiza ari uko twasigara muri Atenayi twenyine.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp2.
Nuko dutuma Timoteyo mwene Data, umukozi w’Imana wo kubwiriza ubutumwa bwiza bwa Kristo ngo abe ari we ubakomeza, no kubahugura ku byo kwizera kwanyu
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp3.
kugira ngo hatagira umuntu muri mwe unyeganyezwa n’aya makuba, kuko ubwanyu muzi yuko ari cyo twashyiriweho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp4.
Ndetse ubwo twari kumwe namwe mbere twababwiye yuko tugiye kubabazwa, kandi ni ko byabaye namwe murabizi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp5.
Ni cyo cyatumye mbatumaho mbonye ko ntakibashije kwiyumanganya, kugira ngo menye ibyo kwizera kwanyu yuko yenda umushukanyi yaba yarabashutse, natwe tukaba twarakoreye ubusa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp6.
Ariko none Timoteyo atugezeho avuye iwanyu, yatuzaniye inkuru nziza y’ibyo kwizera kwanyu n’urukundo rwanyu, kandi yuko mutwibuka neza iteka, mudukumbura mushaka kutureba nk’uko natwe tubakumbura.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp7.
Ni cyo cyatumye bene Data, duhumurizwa ku bwanyu no kwizera kwanyu mu mubabaro wacu wose n’amakuba,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp8.
kuko none turi bazima ubwo muhagaze mushikamye mu Mwami.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp9.
Mbese ni shimwe ki twabasha kwitura Imana, ku bw’ibyishimo byose tubīshimira imbere y’Imana yacu?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp10.
Dusabira cyane ku mwanywa na nijoro, kugira ngo tubarebe twuzuze ibyasigaye ku kwizera kwanyu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp11.
Icyampa Imana yacu ubwayo ari yo Data wa twese, n’Umwami wacu Yesu, bakatubonereza inzira yo kuza iwanyu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp12.
Namwe Umwami wacu abuzuze, abasesekaze gukundana no gukunda abandi bose nk’uko natwe twabakunze,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp13.
kugira ngo abakomeze imitima itabaho umugayo, yere mu maso y’Imana yacu ari yo Data wa twese, ubwo Umwami wacu Yesu azazana n’abera be bose.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma 1 abatesalonike igice cya: