Abamoni basuzugura intumwa za Dawidi (2 Sam.10.1-6) |
| 1. | Hanyuma y’ibyo Nahashi umwami w’Abamoni aratanga, umwana we yima ingoma ye. |
| 2. | Dawidi abyumvise aravuga ati “Nzagirira neza Hanuni mwene Nahashi, kuko se yangiriye neza.” Nuko Dawidi atuma intumwa zo kumumara umubabaro wa se. Bukeye abagaragu ba Dawidi bajya mu gihugu cy’Abamoni kwa Hanuni, kumumara umubabaro. |
| 3. | Ariko ibikomangoma by’Abamoni bibwira Hanuni biti “Mbese ugira ngo Dawidi yubashye so, bituma akoherereza abo kukumara umubabaro? Ahubwo ntuzi ko abagaragu be bazanywe no kwitegereza umurwa kugira ngo bawurimbure, kandi no gutata igihugu?” |
| 4. | Nuko Hanuni afata abagaragu ba Dawidi arabamora, akeba imyambaro yabo hagati ku bibuno, aherako arabohereza. |
| 5. | Abandi baragenda babwira Dawidi uko ba bagabo bagenjejwe. Atuma kubasanganira kuko abo bagabo bari bakozwe n’isoni cyane. Umwami aravuga ati “Mugume i Yeriko kugeza aho ubwanwa bwanyu buzamerera, muzabone kugaruka.” |
Dawidi ahōrera intumwa ze (2 Sam 10.7-19) |
| 6. | Abamoni babonye ko bazinuye Dawidi, Hanuni n’Abamoni bohereza italanto z’ifeza igihumbi kugurira amagare n’abagendera ku mafarashi by’i Mezopotamiya, n’ibyo muri Aramumāka n’iby’i Soba. |
| 7. | Nuko bigurira amagare inzovu eshatu n’ibihumbi bibiri, bagurira n’umwami w’i Māka n’ingabo ze baraza bagerera aherekeye i Medeba, Abamoni bava mu midugudu yabo baraterana bajya kurwana. |
| 8. | Dawidi abyumvise agaba Yowabu n’ingabo z’abanyambaraga zose. |
| 9. | Maze Abamoni bava mu mudugudu birema ingamba ku irembo ryawo, kandi abami babatabaye bari ukwabo ku gasozi. |
| 10. | Yowabu abonye ko urugamba rumuremeye imbere n’inyuma, atoranya abagabo mu ntore zatoranijwe mu Bisirayeli zose, abarema urugamba bahangana n’Abasiriya. |
| 11. | Abandi bantu basigaye abaha murumuna we Abishayi, na bo birema urugamba bahangana n’Abamoni. |
| 12. | Yowabu abwira Abishayi ati “Abasiriya nibaramuka bandushije amaboko uze kumvuna, kandi nawe Abamoni nibaramuka bakurushije amaboko, nanjye nzakuvuna. |
| 13. | Komera turwane kigabo ku bw’ubwoko bwacu n’imidugudu y’Imana yacu, kandi Uwiteka abigenze uko ashaka.” |
| 14. | Nuko Yowabu n’abari kumwe na we begera Abasiriya ngo barwane, baramuhunga. |
| 15. | Abamoni babonye yuko Abasiriya bahunze, na bo bahunga Abishayi murumuna wa Yowabu, biroha mu mudugudu. Maze Yowabu aza i Yerusalemu. |
| 16. | Bukeye Abasiriya babonye ko baneshejwe imbere y’Abisirayeli batuma impuruza, bakurayo Abasiriya bo hakurya ya rwa ruzi, bari bafite Shofaki umugaba w’ingabo za Hadarezeri ho umugaba. |
| 17. | Babibwira Dawidi ateranya Abisirayeli bose, yambuka Yorodani abageraho, arema urugamba ngo arwane na bo. Nuko Dawidi amaze kurema urugamba ahangana n’Abasiriya, Abasiriya barwana na we. |
| 18. | Abasiriya bahunga Abisirayeli, Dawidi abicamo abarwaniraga ku magare, umubare wayo yari ibihumbi birindwi, n’ingabo zigenza inzovu enye, yica na Shofaki umugaba w’ingabo. |
| 19. | Nuko abagaragu ba Hadarezeri babonye yuko baneshejwe imbere y’Abisirayeli, bayoboka Dawidi bamuhakwaho. Kandi n’Abasiriya bahakana ko batazongera kuvuna Abamoni ukundi. |