Somera Bibiriya kuri Telefone
Ibifite ubugingo bizira n’ibitazira (Guteg 14.3-21)
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp1.
Uwiteka abwira Mose na Aroni ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp2.
“Mubwire Abisirayeli muti: Ibi abe ari byo bifite ubugingo mujya murya mu nyamaswa n’amatungo byo mu isi byose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp3.
Mu nyamaswa n’amatungo, icyatuye inzara cyose ngo kigire imigeri igabanije kikuza, abe ari cyo mujya murya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp4.
Ariko ibi ntimukabirye mu byuza no mu byatuye inzara: ingamiya kuko yuza ikaba itatuye inzara, ni igihumanya kuri mwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp5.
N’impereryi kuko yuza ikaba itatuye inzara, na yo ni igihumanya kuri mwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp6.
N’urukwavu kuko rwuza rukaba rutatuye inzara, na rwo ni igihumanya kuri mwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp7.
N’ingurube kuko yatuye inzara ngo igire imigeri igabanije ariko ntiyuze, na yo ni igihumanya kuri mwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp8.
Inyama zazo ntimukazirye, n’intumbi zazo ntimukazikoreho, ni ibihumanya kuri mwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp9.
“Ibi abe ari byo mujya murya mu byo mu mazi byose: ibyo mu mazi, mu nyanja no mu nzuzi no mu migezi bigira amababa n’ibikoko, abe ari byo mujya murya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp10.
Ibitagira amababa n’ibikoko mu byo mu nyanja no mu nzuzi no mu migezi, mu byiyogesha mu mazi byose, no mu bifite ubugingo biba muri yo byose, murabizira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp11.
Muzahore mubizira, ntimukarye inyama zabyo, intumbi zabyo na zo mujye muzizira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp12.
Icyo mu mazi cyose kitagira amababa n’ibikoko murakizira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp13.
“Ibi abe ari byo mujya muzira mu bisiga ntibikaribwe ni ibizira: ikizu n’itanangabo na oziniya,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp14.
n’icyanira n’icyaruzi, uko amoko yabyo ari,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp15.
n’igikona cyose uko amoko yabyo ari,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp16.
na mbuni na tamasi, na shakafu n’agaca n’ibyo mu bwoko bwako byose,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp17.
n’igihunyira gito na sarumpfuna, n’igihunyira kinini,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp18.
n’igihunyira cy’amatwi n’inzoya n’inkongoro,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp19.
n’igishondabagabo n’uruyongoyongo n’ibyo mu bwoko bwarwo byose, n’inkotsa n’agacurama.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp20.
“Ibyigenza byose bigira amababa, bikagenza amaguru ane magufi, murabizira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp21.
Ariko ibi mwemererwa kubirya mu byigenza byose bigira amababa, bikagenza amaguru ane, ibigira amaguru maremare ahinnye yerekeje imbere, ngo biyatarukishe hasi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp22.
Ibi ni byo mwemererwa kurya, inzige n’ibindi bimeze nka zo byitwa solamu na harugoli na hagabu, nk’uko amoko yabyo ari.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp23.
Ariko ibyigenza bindi byose bigira amababa, bikagenza amaguru ane magufi, murabizira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp24.
“Kandi ibi bizabahumanya: ukoze ku ntumbi yabyo azaba ahumanye ageze nimugoroba,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp25.
kandi uzaterura n’igice cy’intumbi yabyo amese imyenda ye, aba ahumanye ageze nimugoroba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp26.
Inyamaswa yose yatuye inzara ariko ntigire imigeri igabanije, ntiyuze ni igihumanya kuri mwe, umuntu wese uzikozeho azaba ahumanye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp27.
Inyamaswa yose igendesha ibiganza cyangwa amajanja yo mu zigenza amaguru ane ni igihumanya kuri mwe, ukoze ku ntumbi yazo azaba ahumanye ageze nimugoroba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp28.
Uzaterura intumbi yazo amese imyenda ye, aba ahumanye ageze nimugoroba. Izo ni izihumanya kuri mwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp29.
“Ibi ni byo bihumanya kuri mwe mu bikururuka bigenza amaguru magufi hasi: umukara n’imbeba n’icyugu kinini nk’uko amoko yabyo ari,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp30.
n’ikinyogote n’igikeri, n’umuserebanya n’ikijongororwa n’uruvu,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp31.
ibyo ni byo bihumanya kuri mwe mu bigenza amaguru magufi byose, ukoze ku ntumbi zabyo azaba ahumanye ageze nimugoroba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp32.
Kandi ikintu cyose intumbi yabyo iguyeho kizaba gihumanye, kandi naho cyaba ikintu cyabajwe mu giti, cyangwa umwambaro cyangwa uruhu, cyangwa isaho cyangwa ikindi kintu cyose gikoreshwa umurimo wose gikwiriye gushyirwa mu mazi, kibe gihumanye kigeze nimugoroba, ni bwo kizaba gihumanutse.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp33.
Kandi ikintu cy’ibumba cyose kizagubwamo n’icyo muri ibyo cyose, ibirimo bizabe bihumanye kandi icyo kintu mukimene.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp34.
Ibyaribwa byose birimo bishyirwamo amazi bizabe bihumanye, kandi ibyanyobwa byose biri mu kintu bene icyo cyose bizabe bihumanye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp35.
Ikintu cyose kiguweho n’igice cyose cy’intumbi yabyo kizabe gihumanye, naho cyaba icyokezo cy’ibyokurya cyangwa amashyiga kizamenagurwe, ibyo birahumanye kandi bizaba ibihumanya kuri mwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp36.
Keretse isōko cyangwa urwobo rwacukuriwe kubika amazi agateraniramo kizabe kidahumanye, ariko ukoze ku ntumbi yabyo yabiguyemo azaba ahumanye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp37.
Kandi niba igice cy’intumbi yabyo, kiguye ku mbuto zo kubibwa z’uburyo bwose, zizabe zidahumanye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp38.
Ariko niba zuhiwe amazi, zikagubwamo n’igice cy’intumbi yabyo cyose, zizabe izihumanya kuri mwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp39.
“Kandi inyamaswa yose cyangwa itungo ryose mwemererwa kurya nigipfa, ukoze ku ntumbi yacyo azaba ahumanye ageze nimugoroba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp40.
Uriye ku ntumbi yacyo amese imyenda ye abe ahumanye ageze nimugoroba, kandi n’uteruye intumbi yacyo amese imyenda ye, abe ahumanye ageze nimugoroba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp41.
“Kandi igikururuka hasi cyose, gikurura inda cyangwa kigenza amaguru magufi, ni ikizira ntikikaribwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp42.
Igikurura inda cyose, n’ikigenza amaguru ane magufi cyose, n’ikigenza amaguru menshi cyose, ibikururuka hasi byose ntimukabirye kuko bizira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp43.
Ntimukiyandavurishe igikururuka cyose gikurura inda cyangwa kigenza amaguru magufi, ntimukabyihumanishe ngo bibanduze.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp44.
Kuko ndi Uwiteka Imana yanyu, abe ari cyo gituma mwiyeza mube abera kuko ndi uwera, kandi ntimukiyandurishe igikururuka hasi cy’uburyo bwose gikurura inda cyangwa kigenza amaguru magufi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp45.
Kuko ndi Uwiteka wabakuriye mu gihugu cya Egiputa kuba Imana yanyu, abe ari cyo gituma muba abera, kuko ndi uwera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp46.
“Ayo ni yo mategeko y’inyamaswa n’amatungo, n’ibisiga n’inyoni n’ibifite ubugingo byose byiyogesha mu mazi, n’ibibaho byose bikururuka hasi,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp47.
yo gutandukanya igihumanya n’ikidahumanya, n’igifite ubugingo cyaribwa n’ikitaribwa.”

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma abalewi igice cya: