Somera Bibiriya kuri Telefone
Ibitambo by’uko bari amahoro
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp1.
“Kandi umuntu natamba igitambo cy’uko ari amahoro, cyo mu mashyo, cy’ikimasa cyangwa cy’inyana, agitambire imbere y’Uwiteka kidafite inenge.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp2.
Arambike ikiganza mu ruhanga rw’igitambo cye, akibīkīrire ku muryango w’ihema ry’ibonaniro, bene Aroni abatambyi bamishe amaraso yacyo impande zose z’igicaniro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp3.
Kandi akure kuri icyo gitambo cy’uko ari amahoro, igitambo atambira Uwiteka kigakongorwa n’umuriro. Kandi uruta rworoshe amara, n’urugimbu rwo hagati yayo rwose,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp4.
n’impyiko zombi, n’urugimbu rwo kuri zo rufatanye n’urukiryi, n’umwijima w’ityazo, abikurane n’impyiko.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp5.
Bene Aroni babyosereze ku gicaniro, hejuru y’igitambo cyoshejwe kitagabanije kiri ku nkwi zo ku muriro. Ibyo ni igitambo gikongorwa n’umuriro, cy’umubabwe uhumurira Uwiteka neza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp6.
“Kandi natambira Uwiteka igitambo cy’uko ari amahoro cyo mu mikumbi, cy’isekurume cyangwa cy’umwagazi, agitambe kidafite inenge.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp7.
Natamba igitambo cy’umwana w’intama, awutambire imbere y’Uwiteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp8.
Arambike ikiganza mu ruhanga rw’igitambo cye, ayibīkīre imbere y’ihema ry’ibonaniro, bene Aroni bamishe amaraso yacyo impande zose z’igicaniro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp9.
Kandi akure kuri icyo gitambo cye cy’uko ari amahoro, icyo atambira Uwiteka kigakongorwa n’umuriro. Akure ibinure byacyo, umurizo wacyo wose awucire mu nguge, akure n’uruta rutwikira amara, n’urugimbu rwo hagati yayo rwose,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp10.
n’impyiko zombi, n’urugimbu rwo kuri zo rufatanye n’urukiryi, n’umwijima w’ityazo, awukurane n’impyiko.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp11.
Umutambyi abyosereze ku gicaniro, ibyo ni ibyokurya (by’Imana), n’igitambo gitambirwa Uwiteka kigakongorwa n’umuriro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp12.
“Kandi umuntu natamba ihene ayitambire imbere y’Uwiteka,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp13.
ayirambike ikiganza mu ruhanga ayibīkīrire imbere y’ihema ry’ibonaniro, bene Aroni bamishe amaraso yayo impande zose z’igicaniro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp14.
Ayikureho igitambo cye gitambirwa Uwiteka kigakongorwa n’umuriro, uruta rutwikira amara n’urugimbu rwo hagati yayo rwose,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp15.
n’impyiko zombi n’urugimbu rwo kuri zo rufatanye n’urukiryi, n’umwijima w’ityazo awukurane n’impyiko.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp16.
Umutambyi abyosereze ku gicaniro, ibyo ni ibyokurya by’Imana, n’igitambo gikongorerwa n’umuriro kuba umubabwe uhumura neza. Urugimbu rwose ni umwanya w’Uwiteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp17.
Rizababere itegeko ridakuka mu bihe byanyu byose no mu buturo bwanyu bwose, ntimukagire urugimbu cyangwa amaraso murya.”

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma abalewi igice cya: