Somera Bibiriya kuri Telefone
Ibitambo byo gutambirwa ibyaha byakozwe n’abatabyitumye
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp1.
Uwiteka abwira Mose ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp2.
“Bwira Abisirayeli uti: Nihagira umuntu ukora icyaha atacyitumye, cyo mu byo Uwiteka yabuzanije agakora kimwe muri byo,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp3.
“Niba ari umutambyi wasīzwe ukora icyaha, agashyirisha ku bwoko bwose urubanza, atambire icyo cyaha yakoze ikimasa cy’umusore kidafite inenge, agitambire Uwiteka ho igitambo gitambirwa ibyaha.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp4.
Azane icyo kimasa ku muryango w’ihema ry’ibonaniro imbere y’Uwiteka, akirambike ikiganza mu ruhanga akibīkīrire imbere y’Uwiteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp5.
Uwo mutambyi wasīzwe yende ku maraso yacyo ayazane mu ihema ry’ibonaniro,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp6.
akoze urutoki muri ayo maraso ayaminjagire karindwi imbere y’Uwiteka, imbere ya wa mwenda ukingiriza Ahera cyane.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp7.
Yende kuri ayo maraso, ayashyire ku mahembe y’igicaniro cyoserezwaho imibavu, kiri imbere y’Uwiteka mu ihema ry’ibonaniro, andi maraso y’icyo kimasa yose ayabyarire ku gicaniro hasi cyoserezweho ibitambo, kiri ku muryango w’ihema ry’ibonaniro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp8.
Kandi urugimbu rwose rw’icyo kimasa gitambirwa ibyaha arugikūre, uruta rutwikira amara n’urugimbu rwo hagati yayo rwose,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp9.
n’impyiko zombi n’urugimbu rwo kuri zo rufatanye n’urukiryi, n’umwijima w’ityazo awukurane n’impyiko,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp10.
nk’uko babikura ku kimasa cy’igitambo cy’uko bari amahoro. Umutambyi abyosereze ku gicaniro cyoserezwaho ibitambo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp11.
Kandi uruhu rw’icyo kimasa n’inyama zacyo zose, zirimo igihanga cyacyo n’ibinyita byacyo, n’amara yacyo n’amayezi yacyo,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp12.
icyo kimasa cyose akijyane inyuma y’ingando z’amahema, ahantu hadahumanijwe, aho basesa ivu, agishyire ku nkwi acyose, aho basesa ivu abe ari ho bacyosereza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp13.
“Kandi niba ari iteraniro ry’Abisirayeli ryose rikoze icyaha ritacyitumye kigahishwa amaso yaryo, bakaba bakoze kimwe mu byo Uwiteka yabuzanije bakagibwaho n’urubanza,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp14.
icyaha bakoze nikimenyekana iteraniro ritambe ikimasa cy’umusore ho igitambo gitambirwa ibyaha, bakizane imbere y’ihema ry’ibonaniro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp15.
Abakuru bo mu iteraniro barambikire ibiganza mu ruhanga rw’icyo kimasa imbere y’Uwiteka, gikerererwe imbere ye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp16.
Umutambyi wasīzwe azane ku maraso yacyo mu ihema ry’ibonaniro,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp17.
ayakozemo urutoki, ayaminjagire karindwi imbere y’Uwiteka, imbere ya wa mwenda ukingiriza Ahera cyane.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp18.
Yende kuri ayo maraso, ayashyire ku mahembe y’igicaniro cy’imbere y’Uwiteka kiri mu ihema ry’ibonaniro, andi maraso yose ayabyarire ku gicaniro hasi cyoserezwaho ibitambo, kiri ku muryango w’ihema ry’ibonaniro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp19.
Kandi urugimbu rw’icyo kimasa rwose arugikūre, arwosereze ku gicaniro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp20.
Abe ari ko agirira icyo kimasa, nk’uko yagiriye cya kimasa kindi cy’igitambo gitambirwa ibyaha, abe ari ko agirira n’icyo. Nuko umutambyi abahongerere impongano, maze abo bazababarirwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp21.
Kandi ajyane icyo kimasa inyuma y’amahema yabo, acyose nk’uko yosheje icya mbere. Icyo ni igitambo gitambirwa ibyaha by’iteraniro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp22.
“Umutware nakora icyaha, agakora atacyitumye kimwe mu byo Uwiteka Imana ye yabuzanije byose, akagibwaho n’urubanza,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp23.
icyaha yakoze nakimenyeshwa, azane isekurume y’ihene idafite inenge ho igitambo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp24.
Ayirambike ikiganza mu ruhanga, ayibīkīrire imbere y’Uwiteka aho bakererera igitambo cyoswa. Icyo ni igitambo gitambirwa ibyaha.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp25.
Umutambyi yendeshe urutoki ku maraso y’icyo gitambo gitambirwa ibyaha, ayashyire ku mahembe y’igicaniro cyoserezwaho ibitambo, andi maraso yacyo ayabyarire kuri icyo gicaniro hasi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp26.
Urugimbu rwacyo rwose arwosereze ku gicaniro, nk’uko bosa urw’igitambo cy’uko umuntu ari amahoro. Nuko umutambyi amuhongerere impongano y’icyo cyaha cye, maze uwo muntu azacyibabarirwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp27.
“Kandi nihagira uwo mu boroheje ukora icyaha atacyitumye, cyo mu byo Uwiteka yabuzanije, akagibwaho n’urubanza,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp28.
icyaha yakoze nakimenyeshwa, azane umwagazi w’ihene udafite inenge ho igitambo cyo gutambirwa icyaha yakoze.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp29.
Arambike ikiganza mu ruhanga rw’icyo gitambo gitambirwa ibyaha, akibīkīrire aho babīkīrira igitambo cyoswa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp30.
Umutambyi yendeshe urutoki ku maraso yacyo, ayashyire ku mahembe y’igicaniro cyoserezwaho ibitambo, andi maraso yacyo yose ayabyarire kuri icyo gicaniro hasi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp31.
Urugimbu rwacyo rwose arukūre nk’uko bakūra urw’igitambo cy’uko bari amahoro, umutambyi arwosereze ku gicaniro rube umubabwe uhumurira Uwiteka neza. Nuko umutambyi amuhongerere impongano, maze uwo muntu azababarirwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp32.
“Kandi nazana umwana w’intama ho igitambo gitambirwa ibyaha, azane umwagazi udafite inenge.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp33.
Arambike ikiganza mu ruhanga rw’icyo gitambo gitambirwa ibyaha, akibīkīrire aho babīkīrira igitambo cyoswa, kibe igitambo gitambirwa ibyaha.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp34.
Umutambyi yendeshe urutoki ku maraso y’icyo gitambo gitambirwa ibyaha, ayashyire ku mahembe y’igicaniro cyoserezwaho ibitambo, andi maraso yacyo yose ayabyarire kuri icyo gicaniro hasi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp35.
Urugimbu rwacyo rwose arukūre nk’uko bakūra urw’umwana w’intama w’igitambo cy’uko bari amahoro, umutambyi arwosereze ku gicaniro, hejuru y’ibitambo byatambiwe Uwiteka bigakongorwa n’umuriro. Nuko umutambyi amuhongerere impongano y’icyaha yakoze, maze uwo muntu azakibabarirwa.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma abalewi igice cya: