Somera Bibiriya kuri Telefone
Ibibwiriza abatambyi iby’igitambo cyoswa
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp1.
Uwiteka abwira Mose ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp2.
“Tegeka Aroni n’abana be uti: Iri ni itegeko ry’igitambo cyoswa, kijye kiba ku nkwi zacyo zo ku gicaniro kirareho bucye, umuriro wo ku gicaniro uhore waka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp3.
Umutambyi yambare ikanzu ye y’igitare, n’ikabutura y’igitare ayambare ku mubiri we, ayore ivu ry’igitambo cyoshejwe cyakongorewe n’umuriro ku gicaniro, ariyorere iruhande rw’igicaniro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp4.
Yiyambure iyo myambaro yambare indi, ajye gusesa iryo vu inyuma y’ingando z’amahema, ahantu hadahumanijwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp5.
Umuriro wo ku gicaniro uhore waka ntugasinzire, umutambyi ajye awushyiramo inkwi uko bukeye, awushyiremo igitambo cyo koswa igice cyose mu bwoserezo bwacyo, awoserezemo urugimbu rw’ibitambo by’uko bari amahoro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp6.
Umuriro wake ku gicaniro urudaca, ntugasinzire.
Iby’ituro ry’ifu
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp7.
“Iri ni itegeko ry’ituro ry’ifu: bene Aroni barimurike imbere y’Uwiteka, imbere y’igicaniro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp8.
Ku ifu y’ingezi y’iryo turo n’amavuta ya elayo yaryo akureho ibyuzuye urushyi, abikuraneho n’umubavu wose uririho, abyosereze ku gicaniro bibere Uwiteka impumuro nziza, bibe urwibutso rwaryo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp9.
Igisigaye kuri iryo turo Aroni n’abana be bakirye, bakirīre ahantu hera kidasembuwe, mu rugo rw’ihema ry’ibonaniro abe ari ho bakirīra.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp10.
Be kucyotsanya umusemburo, nkibahaye ho umugabane wabo ku maturo nturwa agakongorwa n’umuriro. Ni icyera cyane nk’uko igitambo gitambirwa ibyaha kimeze, n’igikuraho urubanza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp11.
Umugabo wese wo muri bene Aroni yakiryaho. Iryo ni itegeko ridakuka ribategeka mu bihe byanyu byose, ritegeka iby’amaturo aturwa Uwiteka agakongorwa n’umuriro, uzayakoraho wese azaba ari uwera.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp12.
Uwiteka abwira Mose ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp13.
“Iri ni ryo turo rya Aroni n’abana be bazaba bakwiriye kujya batura Uwiteka, uhereye ku munsi Aroni azasigirwa: bature igice cya cumi cya efa y’ifu y’ingezi ho ituro ry’ifu badasiba gutura, umucagate wayo ujye uturwa mu gitondo, undi ujye uturwa nimugoroba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp14.
Bayivuganire n’amavuta ya elayo ku cyuma gikaranga, nimara gutota uyinjirane, uyigabanyemo ibice, uyikarange, abe ari ko utura iryo turo ry’ifu ribere Uwiteka impumuro nziza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp15.
Umutambyi uzasīgwa wo mu bana be umuzunguye ajye atura iryo turo, itegeko ritazakuka ritegetse yuko rizajya ryoserezwa Uwiteka ritagabanije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp16.
Ituro ry’ifu riturwa n’umutambyi ryose rijye ryoswa ritagabanije, ntirikaribwe.”
Iby’igitambo gitambirwa ibyaha
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp17.
Uwiteka abwira Mose ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp18.
“Bwira Aroni n’abana be uti ‘Iri ni itegeko ry’igitambo gitambirwa ibyaha, aho bakererera igitambo cyoswa abe ari ho bakererera igitambo gitambirwa ibyaha imbere y’Uwiteka, ni icyera cyane.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp19.
Umutambyi ugitambiye ibyaha akirye, kirirwe ahantu hera ari ho mu rugo rw’ihema ry’ibonaniro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp20.
Uzakora ku nyama zacyo wese azabe ari uwera, nihagira amaraso yacyo atarukira ku mwambaro wose, ujye umesera ahantu hera uwatarukiweho na yo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp21.
Kandi nigitekwa mu nkono y’ibumba bayimene, nigitekwa mu nkono y’umuringa bayihanagure bayoze.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp22.
Umutambyi w’umugabo wese yakiryaho, ni icyera cyane.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp23.
Kandi igitambo gitambiwe ibyaha cyose bazendaho amaraso, bakayazanira mu ihema ry’ibonaniro guhongerwa Ahera, ntikikaribwe ahubwo kijye cyoswa.’

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma abalewi igice cya: