Somera Bibiriya kuri Telefone
Aroni n’abana be berezwa umurimo w’ubutambyi (Kuva 29.1-37)
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp1.
Uwiteka abwira Mose ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp2.
“Jyana na Aroni n’abana be na ya myambaro, na ya mavuta ya elayo yo gusīga, n’ikimasa cyo gutambirwa ibyaha, n’amasekurume y’intama yombi, n’icyibo kirimo ya mitsima itasembuwe,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp3.
uteranirize iteraniro ryose ku muryango w’ihema ry’ibonaniro.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp4.
Mose agenza uko Uwiteka yamutegetse, iteraniro riteranira ku muryango w’ihema ry’ibonaniro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp5.
Mose abwira iteraniro ati “Ibi ni byo Uwiteka yategetse ko bikorwa.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp6.
Mose azana Aroni n’abana be, arabuhagira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp7.
Amwambika ya kanzu ibanza ku mubiri, amukenyeza wa mushumi, amwambika ya kanzu yindi, na efodi, amukenyeza wa mushumi waboshywe n’abahanga uri kuri efodi, arawuyihwamikisha.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp8.
Amwambika wa mwambaro wo ku gituza, imbere muri wo ashyiramo Urimu na Tumimu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp9.
Amwambika mu mutwe cya gitambaro kizinze, imbere kuri cyo ashyiraho cya gisate cy’izahabu, ari cyo gisingo cyera uko Uwiteka yategetse Mose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp10.
Mose yenda ya mavuta ya elayo yo gusīga, ayasīga ku buturo bwera no ku biburimo byose, arabyeza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp11.
Ayamisha ku gicaniro karindwi, ayagisīgana n’ibintu byacyo byose n’igikarabiro n’igitereko cyacyo, ngo abyeze.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp12.
Asuka ku mutwe wa Aroni ayo mavuta yo gusīga, amusīgira kumweza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp13.
Mose azana bene Aroni abambika amakanzu, abakenyeza imishumi, abambika ingofero uko Uwiteka yategetse Mose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp14.
Azana cya kimasa cyo gutambirwa ibyaha, Aroni n’abana be bakirambika ibiganza mu ruhanga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp15.
Mose arakibīkīra, yenda amaraso yacyo, ayashyirisha urutoki ku mahembe y’igicaniro impande zose, aboneza icyo gicaniro, akibyariraho amaraso hasi, acyereza kugihongerera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp16.
Yenda uruta n’urugimbu rundi rwo ku mara rwose, n’umwijima w’ityazo, n’impyiko zombi, n’urugimbu rwo kuri zo, abyosereza ku gicaniro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp17.
Ariko icyo kimasa n’uruhu rwacyo, n’inyama zacyo n’amayezi yacyo abyosereza inyuma y’ingando z’amahema, uko Uwiteka yategetse Mose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp18.
Amurika ya sekurume y’intama yo koswa Aroni n’abana be bayirambika ibiganza mu ruhanga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp19.
Mose arayibīkīra, amisha amaraso yayo impande zose z’igicaniro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp20.
Arayicoca, yosa igihanga cyayo n’ibindi bice byayo n’urugimbu rwayo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp21.
Yoza amara n’ibinyita, yosereza iyo sekurume itagabanije ku gicaniro iba igitambo cyosherejwe kuba umubabwe uhumura neza, iba igitambo gitambiwe Uwiteka kigakongorwa n’umuriro uko Uwiteka yategetse Mose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp22.
Amurika ya sekurume y’intama yindi yo kwereza abatambyi umurimo, Aroni n’abana be bayirambika ibiganza mu ruhanga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp23.
Mose arayibīkīra, yenda ku maraso yayo, ayakoza hejuru ku gutwi kw’iburyo kwa Aroni, no ku gikumwe cye cy’iburyo, no kw’ino rye ry’iburyo rinini.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp24.
Azana bene Aroni, akoza amaraso hejuru ku matwi yabo y’iburyo, no ku bikumwe byabo by’iburyo, no ku mano yabo y’iburyo manini, ayandi maraso ayamisha impande zose z’igicaniro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp25.
Yenda ibinure byayo, umurizo wayo, yenda n’uruta n’urugimbu rwo ku mara, n’umwijima w’ityazo, n’impyiko zombi, n’urugimbu rwo kuri zo, n’urushyi rw’ukuboko kw’iburyo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp26.
Kandi mu cyibo cy’imitsima itasembuwe cyari imbere y’Uwiteka, akuramo agatsima katasembuwe kamwe, n’akandi gasīzwe amavuta ya elayo, n’akandi gasa n’ibango, adushyira kuri urwo rugimbu, no kuri urwo rushyi rw’ukuboko kw’iburyo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp27.
Abishyira byose ku mashyi ya Aroni no ku y’abana be, arabizunguza, biba ituro rijungurijwe imbere y’Uwiteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp28.
Mose abikura ku mashyi yabo abyosereza ku gicaniro, abishyize kuri cya gitambo cyoshejwe, biba igitambo cyo kubereza umurimo cy’umubabwe uhumura neza, igitambo gitambiwe Uwiteka kigakongorwa n’umuriro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp29.
Mose yenda inkoro, ayizunguriza kuba ituro rijungurijwe imbere y’Uwiteka, aba ari yo iba umwanya wa Mose kuri iyo sekurume yo kubereza umurimo, uko Uwiteka yategetse Mose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp30.
Mose yenda kuri ya mavuta yo gusīga, no ku maraso yo ku gicaniro, abimisha kuri Aroni no ku myambaro ye, no ku bana be na bo n’imyambaro yabo, yezanya Aroni n’imyambaro ye, n’abana be na bo n’imyambaro yabo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp31.
Mose abwira Aroni n’abana be ati “Muteke izi nyama ku muryango w’ihema ry’ibonaniro, abe ari ho muzirishiriza imitsima ibereza umurimo iri mu cyibo, uko nategetse nti ‘Aroni n’abana be babirye.’
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp32.
Ibisigara by’izo nyama n’iyo mitsima mubyose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp33.
Mumare iminsi irindwi mutava ku muryango w’ihema ry’ibonaniro, mugeze aho iminsi yo kwezwa kwanyu izashirira, kuko muzezwa iminsi irindwi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp34.
Uko bikozwe uyu munsi, ni ko Uwiteka yategetse ko bijya bikorerwa kubahongerera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp35.
Ku muryango w’ihema ry’ibonaniro abe ari ho mumara iminsi irindwi ku manywa na nijoro, mwitondere umurimo Uwiteka yabarindishije mudapfa kuko ari ko nategetswe.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp36.
Aroni n’abana be bakora ibyo Uwiteka yategekeye mu kanwa ka Mose byose.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma abalewi igice cya: