Somera Bibiriya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp1.
Bazabona ishyano ab’i Siyoni bataye umuruho, n’abo mu misozi y’i Samariya biraye, abakomeye b’ubwoko buri imbere mu yandi moko, abo inzu ya Isirayeli bisunga!
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp2.
Munyure i Kalune murebe, muhave mujye i Hamati uwo mudugudu ukomeye, maze mumanuke mujye i Gati h’Abafilisitiya. Mbese haruta aya mahanga y’abami ubwiza, cyangwa igihugu cyabo kiruta icyanyu ubunini?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp3.
Mwa bashyira kure umunsi w’amakuba, mukigiza bugufi intebe y’urugomo,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp4.
abaryama ku mariri y’amahembe y’inzovu, bakinanurira ku magodora yabo, bakarya abana b’intama bo mu mukumbi n’ibimasa by’imishishe bivanywe mu kiraro,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp5.
bakihimbira inanga z’indirimbo z’ubusa, bakiremera ibicurangwa nka Dawidi,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp6.
bakanywera vino mu nzuho, bakihezura imbiribiri, ariko ntibababazwe n’ibyago bya Yosefu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp7.
Ni cyo gituma bazajyanwa ari imbohe, bari mu mbohe zibanza kujyanwa, kandi ibyishimo byo kwinezeza by’abinanurira hejuru y’amagodora bizashiraho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp8.
Uwiteka Imana yarirahiye, ni ko Uwiteka Imana Nyiringabo ivuga iti “Nanga urunuka ubwibone bwa Yakobo kandi nanga n’amanyumba ye, ni cyo gituma nzahara umurwa n’ibiwurimo byose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp9.
“Naho mu nzu imwe hasigaramo abantu icumi, na bo bazapfa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp10.
Mubyara w’umuntu azaza azanywe no gutwika intumbi no kwarura amagufwa mu nzu, kandi azabaza uri mu mwinjiro ati ‘Hari uwo mukiri kumwe?’ “Na we azamusubiza ati ‘Nta we.’ “Maze amubwire ati ‘Ceceka kuko tudakwiriye kwatura izina ry’Uwiteka.’
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp11.
“Dore Uwiteka ni we utegeka, azaca inzu nini ibyuho n’inzu nto azayisenya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp12.
Mbese amafarashi yakwiruka ku rutare? Hari ubwo inka zaruhingaho? Mwebweho mwahinduye imanza zitabera ziba izibihiye abantu nk’indurwe, n’imbuto zo gukiranuka mwazihinduye apusinto.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp13.
“Yemwe abishimira ikitagira umumaro mukabaza muti ‘Ese imbaraga zacu si zo zaduhaye gukomera?’
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp14.
“Ariko dore ngiye kubahagurukiriza ubwoko, yemwe ab’inzu ya Isirayeli mwe, ni ko Uwiteka Imana Nyiringabo ivuga, kandi bazabababaza uhereye aharasukira i Hamati ukageza ku kagezi ko mu Araba.”

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma amosi igice cya: