Somera Bibiriya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp1.
Imigani ya Salomo mwene Dawidi, umwami w’Abisirayeli.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp2.
Ni iyo kumenyesha ubwenge n’ibibwirizwa,Ni iyo gusobanura amagambo y’ubuhanga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp3.
Ni yo ihesha ubwenge bw’imigenzereze,No gukiranuka no gutunganya no kutabera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp4.
Ni yo iha umuswa kujijuka,N’umusore ikamuha kumenya no kugira amakenga,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp5.
Kugira ngo umunyabwenge atege amatwi yunguke ubwenge, Kandi umuhanga agere ku migambi itunganye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp6.
Amenye gusobanura imigani n’amarenga, Kandi n’amagambo n’ibisakuzo by’abanyabwenge.
Ahugura kureka ingeso mbi
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp7.
Kubaha Uwiteka ni ishingiro ryo kumenya, Ariko umupfapfa ahinyura ubwenge n’ibibwiriza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp8.
Mwana wanjye, jya wumva icyo so akwigisha, Kandi we kureka icyo nyoko agutegeka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp9.
Bizakubera imitamirizo y’imbabazi ku mutwe, N’imikufi mu ijosi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp10.
Mwana wanjye, abanyabyaha nibakoshya ntukemere.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp11.
Nibavuga bati “Ngwino tujyane,Twubikirire kuvusha amaraso,Ducire ibico abatariho urubanza tubahore ubusa,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp12.
Tubamire bunguri ari bazima nk’uko imva imira abantu, Ndetse ari bataraga nk’abamanuka bajya muri rwa rwobo,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp13.
Tuzabona ibintu byiza byinshi, Kandi tuzuzuza amazu yacu iminyago,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp14.
Uzakubira hamwe natwe,Twese tuzagire uruhago rumwe.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp15.
Mwana wanjye, ntukajyane na bo, Urinde ibirenge byawe kujya mu nzira yabo,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp16.
Kuko ibirenge byabo byirukira gukora ibibi, Kandi bihutira kuvusha amaraso.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp17.
Gutega umutego ikiguruka kiwureba, Ni ukurushywa n’ubusa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp18.
Amaraso bubikira ni ayabo, Ubwabo bugingo ni bwo bacira ibico.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp19.
Uko ni ko inzira z’urarikira indamu wese zimeze,Iryo rari ryica bene ryo.
Bwenge arahugura
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp20.
Bwenge arangururira mu nzira, Yumvikanisha ijwi rye mu miharuro,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp21.
Aterera hejuru mu mahuriro yo mu marembo, Mu mudugudu ni ho yumvikanishirizamo amagambo ye ngo:
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp22.
“Yemwe mwa baswa mwe, muzakunda ubuswa mugeze ryari? Namwe bakobanyi, muzageza ryari kwishimira ubukobanyi, N’abapfu mukanga kumenya ubwenge?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp23.
Nimuhindurwe n’imiburo yanjye, Dore nzabasukaho umwuka wanjye, Nzabamenyesha amagambo yanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp24.
Narabahamagaye muraninira, Nabaramburiye ukuboko ntihagira ubyitaho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp25.
Ahubwo mwahinyuye inama zanjye zose, No kubacyaha kwanjye ntimubyitaho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp26.
Nuko nanjye rero nzabakina ku mubyimba mwagize ibyago, Nzabaseka icyo mwatinyaga kibagezeho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp27.
Igihe muzatungurwa n’ubwoba nk’umugaru, Ibyago byanyu bikaza nka serwakira, Igihe umubabaro n’uburibwe bizabageraho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp28.
“Ni bwo bazantakambira nkabihorera, Bazanshakana umwete ntibazambona.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp29.
Kuko banze kumenya, Kandi ntibahisemo kubaha Uwiteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp30.
Ntibemeye inama zanjye, Bahinyuye guhana kwanjye kose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp31.
Ni cyo gituma bazarya ibiva mu ngeso zabo, Kandi bazahazwa n’imigambi yabo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp32.
Ubuhemu bw’abaswa buzabicisha, Kandi kugubwa neza kw’abapfu kuzabarimbura.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp33.
Ariko unyumvira wese azaba amahoro, Adendeze kandi atikanga ikibi.”

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma imigani igice cya: