Somera Bibiriya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp1.
Uwitandukanya n’abandi aba ashaka ibyo ararikiye, Akanga ubwenge bwose butunganye afite ubukana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp2.
Umupfapfa ntanezezwa no kujijuka, Ahubwo anezezwa no kugaragaza ibiri mu mutima we.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp3.
Iyo hatungutse inkozi z’ibibi haba haje umugayo, Kandi ubushizi bw’isoni buzana n’igitutsi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp4.
Amagambo yo mu kanwa k’umunyabwenge ni nk’amazi maremare, Kandi isōko y’ubwenge ni nk’akagezi gasūma.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp5.
Si byiza kwita ku cyubahiro cy’umunyabyaha mu rubanza, Kandi si byiza kwirengagiza urubanza rw’umukiranutsi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp6.
Amagambo y’umupfapfa azana intonganya, Kandi ururimi rwe rusemera agasaya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp7.
Akanwa k’umupfapfa ni ko kazamurimbura, Kandi ikigusha umutima we mu mutego ni ururimi rwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp8.
Amagambo y’inzimuzi aryohera amatwi, Aba nk’uturyohera umuntu asamuye tujya mu nda ye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp9.
Ugira ubute ku murimo we, Aba ameze nk’umuvandimwe w’umurimbuzi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp10.
Izina ry’Uwiteka ni umunara ukomeye, Umukiranutsi awuhungiramo, agakomera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp11.
Ubutunzi bw’umukire ni umudugudu we ukomeye, Kandi ibyo yibwira bimugota nk’inkike ndende zihomye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp12.
Kwishyira hejuru k’umutima kubanziriza kurimbuka, Kandi kwicisha bugufi kubanziriza guhabwa icyubahiro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp13.
Usubiza bakimubwira, Bigaragaza ubupfu bwe n’ubushizi bw’isoni.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp14.
Umutima wihanganye ukomeza umuntu mu ndwara ye, Ariko umutima wihebye ni nde wawihanganira?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp15.
Umutima w’umunyamakenga uronka kumenya, Kandi ugutwi k’umunyabwenge ni cyo gushaka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp16.
Amaturo y’umuntu amuhesha inzira, Akamugeza imbere y’abakomeye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp17.
Mu rubanza ubanje kuvuga asa n’ukiranuka, Ariko uwo yaregaga iyo aje aramuhinyuza cyane.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp18.
Ubufindo bumara impaka, Kandi bukiranura abakomeye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp19.
Umuntu ubabajwe n’uwo bava inda imwe, Kumugorora biraruhije biruta guhindūra umurwa ukomeye, Kandi intonganya zabo zimeze nk’ibyuma byugariye ibihome.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp20.
Ururimi rwiza ni rwo ruhaza inda y’umuntu, Kandi amagambo meza yunguka ni yo amuhesha guhaga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp21.
Ururimi ni rwo rwica kandi ni rwo rukiza, Abarukunda bazatungwa n’icyo ruzana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp22.
Ubonye umugore mwiza aba abonye ikintu cyiza, Akaba agize umugisha ahawe n’Uwiteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp23.
Umukene avuga yihonga, Ariko umukire asubizanya umwaga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp24.
Incuti nyinshi zisenya urugo, Ariko haba incuti iramba ku muntu, Imurutira umuvandimwe.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma imigani igice cya: