Somera Bibiriya kuri Telefone
Sara arapfa; Aburahamu agura ubuvumo bwo kumuhambamo
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp1.
Sara yaramye imyaka ijana na makumyabiri n’irindwi, iyo ni yo myaka Sara yaramye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp2.
Sara apfira i Kiriyataruba (ari ho Heburoni) mu gihugu cy’i Kanani, Aburahamu aza kuborogera Sara, amuririra.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp3.
Aburahamu arahaguruka ava ku ntumbi ye, abwira Abaheti ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp4.
“Ndi umushyitsi n’umusuhuke muri mwe, mumpe gakondo yo guhambamo, mpambe umupfu wanjye, mwivane mu maso.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp5.
Abaheti basubiza Aburahamu bati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp6.
“Databuja, utwumve uri umuntu ukomeye cyane muri twe, uhambe umupfu wawe mu mva yacu uri buhitemo muri zose, nta wo muri twe uri bukwime imva ye ngo we guhambamo umupfu wawe.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp7.
Aburahamu arahaguruka, yikubita imbere ya bene igihugu, ni bo Baheti.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp8.
Avugana na bo arababwira ati “Nimwemera yuko mpamba umupfu wanjye ngo mwivane mu maso, munyumvire, munyingingire Efuroni mwene Sohari,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp9.
ampe ubuvumo bw’i Makipela afite, buri ku mpera y’isambu ye. Abungurishirize hagati yanyu igiciro kibukwiriye kitagabanije, bube gakondo yo guhambamo.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp10.
Efuroni yari yicaye hagati mu Baheti, Efuroni Umuheti asubiza Aburahamu, Abaheti bamwumva, abinjiraga mu irembo ry’umudugudu wabo bose ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp11.
“Ahubwo databuja, nyumva. Iyo sambu ndayiguhaye, n’ubuvumo burimo ndabuguhaye, mbiguhereye imbere y’ab’ubwoko bwacu, hamba umupfu wawe.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp12.
Aburahamu yikubita imbere ya bene igihugu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp13.
Abwira Efuroni bene igihugu bamwumva ati “Ndakwinginze, nyumvira. Ndakwishyura igiciro cy’iyo sambu, cyemere nkiguhe, mpambemo umupfu wanjye.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp14.
Efuroni asubiza Aburahamu ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp15.
“Databuja, nyumvira. Agasambu kaguze shekeli magana ane z’ifeza kanteranya nawe? Nuko hamba umupfu wawe.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp16.
Aburahamu yumvira Efuroni agerera Efuroni ifeza avuze, Abaheti bamwumva, shekeli magana ane z’ifeza, zemerwa n’abagenza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp17.
Nuko isambu ya Efuroni yari i Makipela, iri imbere y’i Mamure, yo n’ubuvumo burimo n’ibiti byo muri yo byose byayigotaga hose ku mpera yayo, bikomerezwa Aburahamu
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp18.
kuba gakondo ye, imbere y’Abaheti, imbere y’abinjiraga mu irembo ry’umudugudu wabo bose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp19.
Hanyuma y’ibyo, Aburahamu ahamba Sara umugore we muri ubwo buvumo bwo mu isambu y’i Makipela, iri imbere y’i Mamure (ni ho Heburoni) mu gihugu cy’i Kanani.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp20.
Nuko Abaheti bakomereza Aburahamu iyo sambu n’ubuvumo buyirimo kuba gakondo yo guhambamo.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma itangiriro igice cya: