Somera Bibiriya kuri Telefone
Yakobo yuzura na Esawu; agura ubutaka i Shekemu
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp1.
Yakobo yubura amaso, arebye abona Esawu azanye n’abantu magana ane. Agabanya abana, aha Leya abe, na Rasheli abe, n’inshoreke zombi abazo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp2.
Ashyira imbere inshoreke n’abana bazo, akurikizaho Leya n’abana be, basezererwa na Rasheli na Yosefu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp3.
Maze ubwe abarangaza imbere, yikubita hasi karindwi, arinda agera aho yegereye mwene se.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp4.
Esawu arirukanka ajya kumusanganira, aramuhobera begamiranya amajosi, aramusoma, bombi bararira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp5.
Esawu yubura amaso abona ba bagore n’abana, aramubaza ati “Abo muri kumwe bariya ni abahe?” Aramusubiza ati “Abo ni abana Imana yahereye umugaragu wawe ubuntu bwayo.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp6.
Maze za nshoreke zigira hafi zo n’abana bazo, bikubita hasi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp7.
Na Leya n’abana be bigira hafi, bikubita hasi, hakurikiraho Yosefu na Rasheli, bigira hafi, bikubita hasi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp8.
Aramubaza ati “Umukumbi twahuye wose ni uw’iki?” Aramusubiza ati “Ni ukugira ngo nkugirireho umugisha, databuja.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp9.
Esawu aramusubiza ati “Ibyo mfite birahagije. Mwana wa data, ibyo ufite ubyiharire.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp10.
Yakobo aramubwira ati “Oya ndakwinginze, niba nkugiriyeho umugisha, emera impano nguhaye, kuko mbonye mu maso hawe nk’uko umuntu abona mu maso h’Imana, ukanezererwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp11.
Ndakwinginze, emera impano yanjye bakuzaniye, kuko Imana yampereye ubuntu, kandi mfite ibinkwiriye byose.” Aramugomera, arayemera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp12.
Aramubwira ati “Dukomeze urugendo tugende, nanjye ndakujya imbere.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp13.
Aramubwira ati “Databuja, uzi yuko abana badafite imbaraga kandi ko imikumbi n’amashyo mfite byonsa, babigendesha uruhato, naho waba umunsi umwe gusa, byapfa byose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp14.
Ndakwinginze databuja, ujye imbere y’umugaragu wawe, nanjye ndagenda buhoro, nk’uko kugenda kw’amatungo nshoreye kuri, kandi nk’uko kugenda kw’abana kuri, ngusange databuja, i Seyiri.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp15.
Esawu aramusubiza ati “Reka ngusigire bamwe mu bo turi kumwe.” Yakobo aramubaza ati “Ni ab’iki? Nkugirireho umugisha databuja.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp16.
Nuko Esawu uwo munsi asubirayo, agumya kugenda, ajya i Seyiri.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp17.
Yakobo ajya i Sukoti yubakayo inzu, acirayo amatungo ye ibiraro. Ni cyo cyatumye aho hantu hitwa i Sukoti.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp18.
Yakobo asohora amahoro mu mudugudu Shekemu, wo mu gihugu cy’i Kanani, ubwo yavaga i Padanaramu, abamba amahema imbere y’umudugudu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp19.
Isambu yabambyeho ihema rye ayigura na bene Hamori, se wa Shekemu, ibice by’ifeza ijana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp20.
Yubakayo igicaniro, acyita “Eli Elohe Isirayeli.”

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma itangiriro igice cya: