Somera Bibiriya kuri Telefone
Yosefu atoneshwa na se, bene se bamugirira ishyari
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp1.
Yakobo aba mu gihugu cy’ubusuhuke bwa se, ni cyo gihugu cy’i Kanani.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp2.
Uru ni rwo rubyaro rwa Yakobo. Yosefu amaze imyaka cumi n’irindwi avutse yaragiranaga na bene se intama, mu busore bwe yabanaga na bene Biluha na bene Zilupa baka se, akajya abarira se inkuru y’ibibi bakora.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp3.
Isirayeli atonesha Yosefu, amukunda birusha iby’abana be bose kuko ari we yabyaye ashaje, amudodeshereza ikanzu ndende.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp4.
Bene se bamenya yuko se amukunda birusha ibyabo bose baramwanga, ntibajya bagira ineza bamubwira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp5.
Yosefu arota inzozi azirotorera bene se, barushaho kumwanga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp6.
Arababwira ati “Ndabinginze nimwumve inzozi narose:
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp7.
ngo twahambiraga imiba mu murima, umuba wanjye urahagarara urema, iyanyu miba ikikiza uwanjye, iwikubita imbere.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp8.
Bene se baramubaza bati “Ni ukuri wowe uzaba umwami wacu? Ni ukuri wowe uzadutwara?” Izo nzozi ze n’ayo magambo ye bituma barushaho kumwanga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp9.
Yongera kurota izindi nzozi, azirotorera bene se ati “Nongeye kurota izindi nzozi: ngo izuba n’ukwezi n’inyenyeri cumi n’imwe binyikubise imbere.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp10.
Azirotorera se na bene se, se aramucyaha aramubaza ati “Izo nzozi ni nzozi ki? Ni ukuri jye na nyoko na bene so tuzaza twikubite hasi imbere yawe?”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp11.
Bene se bamugirira ishyari, ariko se ajya yibuka ayo magambo.
Bene se ba Yosefu bamugurisha
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp12.
Bene se bajya kuragirira umukumbi wa se i Shekemu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp13.
Isirayeli abwira Yosefu ati “Bene so ntibaragiriye umukumbi i Shekemu? Ngwino ngutume kuri bo.” Aramusubiza ati “Ntuma.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp14.
Aramubwira ati “Genda umenye yuko bene so ari amahoro, n’umukumbi yuko uri amahoro, maze ugaruke umbwire.” Nuko aramutuma, ava mu gikombe cy’i Heburoni, agera i Shekemu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp15.
Umugabo amubona azerera mu gasozi, uwo mugabo aramubaza ati “Urashaka iki?”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp16.
Aramusubiza ati “Ndashaka bene data, ndakwinginze mbwira aho baragiriye.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp17.
Uwo mugabo aramusubiza ati “Baragiye kuko numvise bavuga bati ‘Tujye i Dotani.’ ” Yosefu akurikira bene se, abasanga i Dotani.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp18.
Bamwitegera akiri kure, bamugira inama yo kumwica atarabigira hafi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp19.
Baravugana bati “Dore Karosi araje.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp20.
Nuko nimuze tumwice, tumujugunye mu rwobo rumwe muri izi zacukuriwe kubika amazi, tuzavuge tuti ‘Inyamaswa y’inkazi yaramuriye’, tuzamenya inzozi ze, uko zizaba.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp21.
Rubeni arabyumva aramubakiza, arababwira ati “Twe kumuhwanya.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp22.
Kandi ati “Mwe kuvusha amaraso, ahubwo mumujugunye muri uru rwobo ruri mu butayu, ariko amaboko yanyu ye kumubaho.” Kwari ukugira ngo amubakize, amusubize se.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp23.
Yosefu ageze kuri bene se, bamwambura ya kanzu ndende,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp24.
baramufata bamujugunya muri rwa rwobo, kandi rwarimo ubusa nta mazi yari arurimo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp25.
Bicazwa no kurya umutsima, bubuye amaso babona itara ry’Abishimayeli bavuye i Galeyadi, bagenda bafite ingamiya zihetse imibavu n’umuti womora n’ishangi, babijyana muri Egiputa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp26.
Yuda abwira bene se ati “Kwica mwene data no guhisha amaraso ye byatumarira iki?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp27.
Nimuze tumugure na bariya Bishimayeli, amaboko yacu ye kumubaho kuko ari mwene data, tukaba akara kamwe.” Bene se baramwumvira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp28.
Hahita Abamidiyani batundaga, bakurura Yosefu, bamukura muri rwa rwobo bamugura na ba Bishimayeli ibice by’ifeza makumyabiri. Bajyana Yosefu muri Egiputa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp29.
Rubeni agaruka kuri rwa rwobo, asanga Yosefu atarimo, ashishimura imyenda ye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp30.
Asubira kuri bene se arababwira ati “Umwana ntakirimo, nanjye ndajya he?”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp31.
Benda ya kanzu ya Yosefu, babaga isekurume y’ihene binika ikanzu mu maraso yayo,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp32.
bohereza ya kanzu ndende, bategeka ko bayijyana kwa se, bamutumaho bati “Twabonye iyi, none umenye ko yaba ikanzu y’umwana wawe cyangwa ko atari yo.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp33.
Arayimenya aravuga ati “Ni ikanzu y’umwana wanjye, inyamaswa y’inkazi yaramuriye nta gushidikanya, Yosefu yatanyaguwe na yo.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp34.
Yakobo ashishimura imyenda ye, akenyera ibigunira, amara iminsi myinshi ababaye yiraburiye umwana we.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp35.
Abahungu be bose n’abakobwa be bose barahaguruka ngo bamumare umubabaro, ariko yanga kumarwa umubabaro ati “Nzarinda nsanga umwana wanjye ikuzimu nkirira.” Nuko se aramuririra.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp36.
Ba Bamidiyani bajyana Yosefu muri Egiputa, bamugurirayo na Potifari, umutware wa Farawo, watwaraga abamurinda.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma itangiriro igice cya: