Somera Bibiriya kuri Telefone
Yakobo arapfa baramwosa, bamujyana i Kanani bamuhambayo
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp1.
Yosefu yubama mu maso ha se amuririraho, aramusoma.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp2.
Yosefu ategeka abagaragu be b’abavuzi kosa se, abo bavuzi bosa Isirayeli.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp3.
Bamara iminsi mirongo ine bakimwosa, uko ni ko iminsi yo koserezamo ingana. Abanyegiputa bamara iminsi mirongo irindwi bamuririra.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp4.
Iminsi yo kumuririra ishize, Yosefu abwira abo mu rugo rwa Farawo ati “Niba mbagiriyeho umugisha, ndabinginze mubwire Farawo muti
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp5.
‘Se yamurahirije ibi: dore ngiye gupfa, mu mva nicukuriye mu gihugu cy’i Kanani abe ari mo uzampamba. None ngo arakwinginga azamuke ahambe se, kandi ngo azagaruka.’ ”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp6.
Farawo ati “Zamuka uhambe so, nk’uko yakurahirije.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp7.
Yosefu arazamuka ajya guhamba se, ajyana n’abagaragu ba Farawo bose, abakuru bo mu rugo rwe, n’abakuru bo mu gihugu cya Egiputa bose,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp8.
n’abo mu rugo rwa Yosefu bose, na bene se n’abo mu rugo rwa se, abana babo bato, n’imikumbi yabo n’amashyo yabo, ibyo byonyine ni byo basize mu gihugu cy’i Gosheni.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp9.
Ajyana n’amagare y’intambara n’abahetswe n’amafarashi, bagenda ari itara rinini cyane.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp10.
Bagera ku mbuga y’igosorero yo muri Atadi, hari hakurya ya Yorodani, bacurirayo umuborogo mwinshi ukomeye cyane, amara aho iminsi irindwi aharirira se amwiraburiye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp11.
Bene igihugu b’Abanyakanani babonye baririra ku mbuga y’igosorero yo muri Atadi, baravuga bati “Uyu ni umuborogo mwinshi w’Abanyegiputa.” Ni cyo cyatumye bahita Abeli Misirayimu, hari hakurya ya Yorodani.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp12.
Abana ba Isirayeli bamukorera uko yabategetse,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp13.
bamujyana mu gihugu cy’i Kanani, bamuhamba mu buvumo bwo mu isambu y’i Makipela iri imbere ya Mamure, ubwo Aburahamu yaguranye n’iyo sambu kuba gakondo yo guhambamo, abuguze na Efuroni Umuheti.
Yosefu ahumuriza bene se, arapfa
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp14.
Amaze guhamba se, Yosefu asubirana muri Egiputa na bene se, n’abandi bose bajyanye na we kumuhambisha se.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp15.
Bene se wa Yosefu babonye ko se yapfuye, baravugana bati “Ahari Yosefu azatwanga, atwiture rwose inabi twamugiriye.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp16.
Batuma kuri Yosefu bati “So atarapfa yaradutegetse ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp17.
‘Muzabwire Yosefu ibi: arakwinginze, babarira bene so igicumuro cyabo n’icyaha cyabo kuko bakugiriye nabi.’ None turakwinginze, babarira abagaragu b’Imana ya so igicumuro cyabo.” Yosefu babimubwiye ararira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp18.
Ndetse bene se baragenda bamwikubita imbere, baramubwira bati “Dore turi abagaragu bawe.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp19.
Yosefu arababwira ati “Mwitinya. Mbese ndi mu cyimbo cy’Imana?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp20.
Ku bwanyu mwari mushatse kungirira nabi, ariko Imana yo yashakaga kubizanisha ibyiza, kugira ngo isohoze ibi biriho none, ikize abantu benshi urupfu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp21.
None mwe gutinya, nzajya mbagaburirana n’abana banyu bato.” Arabahumuriza ababwira neza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp22.
Yosefu aturana muri Egiputa n’umuryango wa se, Yosefu arama imyaka ijana n’icumi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp23.
Yosefu abona abuzukuru ba Efurayimu, n’abana ba Makiri mwene Manase bavukiye ku mavi ya Yosefu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp24.
Yosefu abwira bene se ati “Ngiye gupfa, ariko Imana ntizabura kubagenderera ikabakura muri iki gihugu, ikabajyana mu gihugu yarahiriye Aburahamu na Isaka na Yakobo ko izabaha.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp25.
Yosefu arahiza abana ba Isirayeli ati “Imana ntizabura kubagenderera, namwe muzajyane amagufwa yanjye, muyakure ino.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp26.
Nuko Yosefu apfa aramye imyaka ijana n’icumi. Baramwosa, bamushyirira muri Egiputa mu isanduku yo guhambamo.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma itangiriro igice cya: