Somera Bibiriya kuri Telefone
Icyago cya gatanu: hatera muryamo
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp1.
Uwiteka abwira Mose ati “Injira mu nzu ya Farawo umubwire uti ‘Uwiteka, Imana y’Abaheburayo aravuze ngo reka ubwoko bwe bugende bumukorere.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp2.
Niwanga kuburekura ukagumya kubufata,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp3.
dore ukuboko k’Uwiteka kuri ku matungo yawe yo mu gasozi, no ku mafarashi no ku ndogobe no ku ngamiya, no ku mashyo no ku mikumbi, muryamo nyinshi cyane izabitera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp4.
Kandi Uwiteka azarobanura hagati y’amatungo y’Abisirayeli n’amatungo y’Abanyegiputa, ntihazapfa na rimwe mu y’Abisirayeli yose.’ ”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp5.
Uwiteka ategeka igihe ati “Ejo ni ho Uwiteka azakora ibyo mu gihugu.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp6.
Bukeye bwaho Uwiteka arabikora, amatungo yose y’Abanyegiputa arapfa, ariko mu matungo y’Abisirayeli ntihapfa na rimwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp7.
Farawo aratuma asanga mu matungo y’Abisirayeli hatapfuye na rimwe. Maze umutima wa Farawo uranangira ntiyareka ubwo bwoko bugenda.
Icyago cya gatandatu: hatera ibisebe
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp8.
Uwiteka abwira Mose na Aroni ati “Nimujyane amashyi y’ivu ryo mu itanura, Mose aritumurire hejuru imbere ya Farawo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp9.
Rirahinduka umukungugu w’ifu ukwire mu gihugu cya Egiputa cyose, utere ibishyute bivamo ibishega, bifate abantu n’amatungo mu gihugu cya Egiputa cyose.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp10.
Bajyana ivu ryo mu itanura bahagarara imbere ya Farawo, Mose aritumurira hejuru riba ibishyute bivamwo ibishega, bifata abantu n’amatungo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp11.
Ba bakonikoni bananizwa n’ibyo bishega guhagarara imbere ya Mose, kuko ibishega byari bifashe abo bakonikoni n’Abanyegiputa bose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp12.
Uwiteka anangira umutima wa Farawo ntiyumvira Mose na Aroni, uko Uwiteka yari yarabwiye Mose.
Icyago cya karindwi: hatera urubura
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp13.
Uwiteka abwira Mose ati “Uzazinduke kare mu ruturuturu uhagarare imbere ya Farawo, umubwire uti ‘Uwiteka, Imana y’Abaheburayo iravuze iti: reka ubwoko bwanjye bugende bunkorere.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp14.
Uhereye none, nzohereza ibyago ntera byose ku mutima wawe no ku bagaragu bawe no ku bantu bawe, kugira ngo umenye yuko ari nta wuhwanye nanjye mu isi yose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp15.
None mba ndambuye ukuboko kwanjye, nkaguterana mugiga n’abantu bawe ukarimburwa mu isi,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp16.
ariko ni ukuri iyi ni yo mpamvu itumye nguhagarika: ni ukugira ngo nkwereke imbaraga zanjye, kandi ngo izina ryanjye ryamamare mu isi yose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp17.
Na n’ubu uracyishyira hejuru, ukabuza ubwoko bwanjye ntureke bugenda?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp18.
Dore ejo bugingo ubu nzavuba urubura ruremereye cyane, rutari rwaboneka muri Egiputa uhereye igihe hatwariwe ukageza ubu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp19.
Nuko none tuma ucyuze amatungo yawe n’ibyo ufite mu gasozi byose, umuntu wese n’itungo ryose ruzasanga mu gasozi kidatashye, urubura ruzakigwaho gipfe.’ ”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp20.
Uwubashye ijambo ry’Uwiteka wo mu bagaragu ba Farawo, ahungishiriza abagaragu be n’amatungo ye mu mazu no mu biraro,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp21.
utitaye ku ijambo ry’Uwiteka arekera abagaragu be n’amatungo ye mu gasozi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp22.
Uwiteka abwira Mose ati “Tunga ukuboko kwawe mu ijuru urubura rugwe mu gihugu cya Egiputa cyose, ku bantu no ku matungo no ku nyamaswa, no ku byatsi byo mu gasozi byose no ku myaka yo mu mirima yose mu gihugu cya Egiputa cyose.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp23.
Mose atunga inkoni ye mu ijuru, Uwiteka akubitisha inkuba, avuba urubura, umuriro ugwa hasi. Uwiteka avubira igihugu cya Egiputa urubura.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp24.
Nuko hagwa urubura n’umuriro uvanze na rwo, by’icyago gikomeye bitigeze kuba mu gihugu cya Egiputa cyose uhereye aho hatwariwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp25.
Urwo rubura rwica icyari mu gasozi cyose mu gihugu cya Egiputa cyose, abantu n’amatungo n’inyamaswa, rwica n’ibyatsi byo mu gasozi byose n’imyaka yo mu mirima yose, ruvuna ibiti byo mu gasozi byose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp26.
Mu gihugu cy’i Gosheni aho Abisirayeli bari bari, ni ho rutaguye honyine.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp27.
Farawo atumira Mose na Aroni arababwira ati “Ubu bwo nkoze icyaha. Uwiteka arakiranuka, jye n’abantu banjye turatsinzwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp28.
Munsabire Uwiteka kuko uku guhinda gukomeye k’urubura bimpagije, nanjye ndabareka mugende mwe kuguma ino.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp29.
Mose aramubwira ati “Nimara kuva mu rurembo ndaramburira Uwiteka amaboko guhinda gushire, kandi ntihari bwongere kugwa urubura kugira ngo umenye yuko Uwiteka ari we nyir’isi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp30.
Ariko wowe n’abagaragu bawe, nzi yuko muri bube mutarubaha Uwiteka Imana.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp31.
Imigwegwe na sayiri birapfa kuko sayiri zari zeze, n’imigwegwe yari irabije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp32.
Ariko ingano na kusemeti ntibyapfa, kuko byari bitaramera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp33.
Mose ava mu rurembo imbere ya Farawo aramburira Uwiteka amaboko, guhinda kw’inkuba n’urubura birashira, imvura ntiyongera kugwa mu isi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp34.
Maze Farawo abonye imvura n’urubura n’inkuba zihinda bishize, arushaho gukora icyaha, yinangira umutima we n’abagaragu be.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp35.
Umutima wa Farawo uranangira ntiyareka Abisirayeli bagenda, uko Uwiteka yavugiye mu kanwa ka Mose.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma kuva igice cya: