Somera Bibiriya kuri Telefone
Imidugudu y’ubuhungiro
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp1.
Uwiteka abwira Yosuwa ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp2.
“Bwira Abisirayeli uti ‘Mwitoranyirize imidugudu y’ubuhungiro, iyo nabategekesheje ururimi rwa Mose,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp3.
kugira ngo gatozi wishe umuntu wese, atabyitumye cyangwa atabizi ayihungiremo, kandi izajye ibabera ubuhungiro bwo guhunga umuhōzi.’
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp4.
Gatozi uhungiye muri umwe muri iyo midugudu, azahagarare ku irembo ry’uwo mudugudu yisobanurire abatware bawo, na bo bazaherako bamwinjiza mu mudugudu bamuhe aho aba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp5.
Kandi umuhōzi namukurikirayo ntibazamuhe gatozi ngo amuhore, kuko yishe mugenzi we atabyitumye, adasanzwe ari umwanzi we.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp6.
Nuko azagume muri uwo mudugudu kugeza ubwo azahagarara imbere y’iteraniro gucirwa urubanza na bo, ukageza n’igihe umutambyi mukuru yasanze mu butambyi azapfira, maze gatozi azaherako agaruke iwabo mu rugo rwe mu mudugudu yahunzemo.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp7.
Nuko bitoranyiriza i Kedeshi y’i Galilaya mu gihugu cy’imisozi y’i Bunafutali, n’i Shekemu mu gihugu cy’imisozi y’i Bwefurayimu, n’i Kiriyataruba (ari yo Heburoni) mu gihugu cy’imisozi y’i Buyuda.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp8.
Kandi hakurya ya Yorodani iburasirazuba bw’i Yeriko, batoranyayo i Beseri mu butayu bwo mu bitwa h’umuryango w’Abarubeni, n’i Ramoti y’i Galeyadi h’umuryango w’Abagadi, n’i Golani y’i Bashani h’umuryango w’Abamanase.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp9.
Iyo ni yo midugudu yakubitiwe Abisirayeli bose n’umunyamahanga wese ubasuhukiyemo, kugira ngo uwishe umuntu wese atabyitumye azahungireyo ye kwicwa n’umuhōzi, kugeza ubwo azahagarara imbere y’iteraniro.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma yosuwa igice cya: