Somera Bibiriya kuri Telefone
Abagibeyoni bigira inama zo kwikiza barahanwa
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp1.
Nuko abami bose bo hakuno ya Yorodani, bo mu misozi no mu bibaya no mu mpande z’Inyanja Nini ahagana i Lebanoni, Abaheti n’Abamori n’Abanyakanāni, n’Abaferizi n’Abahivi n’Abayebusi babyumvise,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp2.
bateranira hamwe bahuza inama yo kurwanya Yosuwa n’Abisirayeli.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp3.
Ariko Abagibeyoni bumvise ibyo Yosuwa yakoze i Yeriko no kuri Ayi,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp4.
bahimba ubwenge baragenda bīhindura intumwa, bajyana amasaho ashaje ku ndogobe zabo, n’imvumba za vino zishaje ziteye ibiremo zibaririye,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp5.
bambaye inkweto mu birenge zishaje ziteye indomo, n’imyenda ishaje y’ubushwambagara, kandi imitsima yose y’impamba yari yaragwengeye iguye uruhumbu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp6.
Barahaguruka basanga Yosuwa n’Abisirayeli mu ngando y’i Gilugali barababwira bati “Turaturuka mu gihugu cya kure, nuko mudusezeranye isezerano.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp7.
Nuko Abisirayeli basubiza Abahivi bati “Ahari muri abaturanyi bacu. None twabasha dute gusezerana namwe?”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp8.
Babwira Yosuwa bati “Turi abagaragu bawe.” Yosuwa arababaza ati “Muri bwoko ki? Muturuka he?”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp9.
Baramusubiza bati “Twebwe abagaragu bawe turaturuka mu gihugu cya kure, twazanywe ino n’izina ry’Uwiteka Imana yawe, kuko twumvise kwamamara kwayo n’ibyo yakoze muri Egiputa byose,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp10.
n’ibyo yakoreye abami babiri b’Abamori bo hakurya ya Yorodani, Sihoni umwami w’i Heshiboni, na Ogi umwami w’i Bashani wari muri Ashitaroti.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp11.
Nuko abakuru bacu n’abari mu gihugu cyacu bose baratubwira bati ‘Nimujyane impamba y’urugendo mujye kubasanganira mubabwire muti: Turi abagaragu banyu none mudusezeranye isezerano.’
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp12.
Kandi iyi mitsima yacu, twayihambiriye mu mazu y’iwacu igishyushye umunsi duhaguruka tukaza kubareba, none yaragwengeye iguye uruhumbu,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp13.
kandi n’izi mvumba twazujuje vino zikiri nshya none dore ziratobaguritse, imyambaro n’inkweto bidusaziyeho ku bw’urugendo rurerure cyane.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp14.
Abisirayeli bemezwa n’ibyokurya byabo batabishobanuje Uwiteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp15.
Nuko Yosuwa asezerana na bo isezerano ry’amahoro no kutazabica, n’abatware b’iteraniro barabarahira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp16.
Nuko iminsi itatu ishize bamaze gusezerana na bo, bumva ko ari abaturanyi babo kandi ko batuye hagati yabo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp17.
Abisirayeli baragenda bagera mu midugudu yabo ku munsi wa gatatu. Imidugudu yabo yari i Gibeyoni n’i Kefira, n’i Bēroti n’i Kiriyatiyeyarimu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp18.
Abisirayeli ntibabica kuko abatware b’iteraniro bari barabarahiye Uwiteka Imana y’Abisirayeli, iteraniro ryose ryitotombera abatware.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp19.
Ariko abatware bose babwira iteraniro bati “Twabarahiye Uwiteka Imana y’Abisirayeli, ntitwabasha kubākura
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp20.
ahubwo tubagire dutya: tubasige ari bazima kugira ngo uburakari butatubaho ku bwa ya ndahiro twabarahiye.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp21.
Abatware barababwira bati “Nimubareke ari bazima, mubagire abashenyi n’abavomyi b’iteraniro ryose nk’uko twababwiye.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp22.
Nuko Yosuwa arabahamagaza arababaza ati “Ni iki cyatumye muturyarya mukavuga yuko muri kure yacu cyane, kandi duturanye?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp23.
Nuko rero muravumwe, ntabwo muzabura kuba abaretwa n’abashenyi n’abavomyi b’inzu y’Imana yanjye.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp24.
Basubiza Yosuwa bati “Erega abagaragu bawe twabwiwe neza yuko Uwiteka Imana yawe, yategetse Mose umugaragu wayo kubaha igihugu cyose no kurimbura bene igihugu ngo bashire imbere yanyu. Ni cyo cyatumye tubatinya cyane ku bw’amagara yacu tugakora dutyo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp25.
None dore turi mu maboko yawe, icyo ushima ko ari cyiza kigutunganiye abe ari cyo udukorera.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp26.
Nuko abagirira atyo, abakiza amaboko y’Abisirayeli ntibabica.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp27.
Yosuwa abagira abashenyi n’abavomyi b’iteraniro n’ab’igicaniro cy’Uwiteka, aho azatoranya hose. Ni ko bagikora na bugingo n’ubu.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma yosuwa igice cya: