Somera Bibiriya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp1.
Mutima wanjye, himbaza Uwiteka, Uwiteka Mana yanjye urakomeye cyane, Wambaye icyubahiro no gukomera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp2.
Wambara umucyo nk’umwenda, Usanzura ijuru nk’umwenda ukinze mu ihema.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp3.
Ashinga inkingi z’insenge ze ku mazi, Ibicu abigira igare rye, Agendera ku mababa y’umuyaga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp4.
Agira abamarayika be imiyaga, Abagaragu be abagira umuriro waka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp5.
Yashyiriyeho imfatiro z’isi, Kugira ngo itanyeganyega iteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp6.
Wayambitse inyanja nk’umwenda, Amazi atwikīra imisozi miremire.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp7.
Ahungishwa no guhana kwawe, Yirukishwa no guhinda kw’inkuba yawe,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp8.
(Imisozi ishyirwa hejuru, ibikombe birīka), Agera ahantu wayategekeye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp9.
Wayategekeye ingabano atabasha kurenga, Kugira ngo atagaruka akarengera isi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp10.
Yohereza amasōko mu bikombe, Imigezi itemba hagati y’imisozi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp11.
Inyobwa n’inyamaswa zose zo mu ishyamba, Imparage na zo zishira inyota.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp12.
Inyoni n’ibisiga byo mu kirere biba kuri iyo migezi, Bijwigirira mu mashami.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp13.
Ivubira imisozi imvura ivuye ku nsenge ze, Ubutaka buhazwa n’imbuto z’imirimo yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp14.
Amereza inka ubwatsi, Ameza imboga zo kugaburira abantu, Kugira ngo abakurire umutsima mu butaka,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp15.
Na vino yishimisha imitima y’abantu, Ngo aboneranishe mu maso habo amavuta, Kandi ngo umutsima uhe imitima y’abantu gukomera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp16.
Ibiti by’Uwiteka birahaga, Imyerezi y’i Lebanoni yateye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp17.
Iyo inyoni n’ibisiga byarikaho ibyari, Inzoyo ifite inzu yayo ku miberoshi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp18.
Imisozi miremire ni iy’ihene zo mu ishyamba, Ibitare ni ubuhungiro bw’inkwavu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp19.
Yashyiriyeho ukwezi kumenyekanisha ibihe, Izuba rizi igihe rirengera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp20.
Uzana umwijima rikaba ijoro, Ni bwo inyamaswa zo mu ishyamba zose zisohoka zomboka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp21.
Imigunzu y’intare yivugira umuhīgo wayo, Ku Mana ni ho ishakira ibyokurya byayo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp22.
Izuba ryarasa zikagenda, Zikaryama mu masenga yazo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp23.
Abantu bagasohoka bakajya ku mirimo yabo, No ku muruho wabo bakageza nimugoroba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp24.
Uwiteka, erega imirimo yawe ni iy’uburyo bwinshi! Yose wayikoresheje ubwenge, Isi yuzuye ubutunzi bwawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp25.
Dore iriya nyanja nini ngari, Irimo ibigenda bitabarika, Inyamaswa ntoya n’inini.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp26.
Ni ho inkuge zigenda, Ni ho Lewiyatani iri waremeye kuyikiniramo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp27.
Ibyo byose bigutegerereza, Kugira ngo ubigaburire ibyokurya byabyo igihe cyabyo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp28.
Biyora ibyo ubihaye, Upfumbatura igipfunsi cyawe bigahaga ibyiza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp29.
Uhisha mu maso hawe bigahinda imishyitsi, Ubikuramo umwuka bigapfa, Bigasubira mu mukungugu wabyo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp30.
Wohereza umwuka wawe bikaremwa, Ubutaka ubusubizaho ubugingo bushya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp31.
Icyubahiro cy’Uwiteka gihoreho iteka, Uwiteka yishimira imirimo ye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp32.
Ni we ureba isi igahinda umushyitsi, Akora ku misozi igacumba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp33.
Nzajya ndirimbira Uwiteka nkiriho, Nzajya ndirimbira Imana yanjye ishimwe ngifite ubugingo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp34.
Ibyo nibwiye biyinezeze, Nanjye nzajya nishimira Uwiteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp35.
Abanyabyaha barimbuke bashire mu isi, Ababi be kubaho ukundi. Mutima wanjye, himbaza Uwiteka. Haleluya.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: