Somera Bibiriya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp1.
Zaburi iyi yahimbiwe umutware w’abaririmbyi babwirisha inanga ijwi ryitwa “Amarebe.” Ni Zaburi ya Dawidi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp2.
Mana, nkiza kuko amazi ageze no ku bugingo bwanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp3.
Ndigise mu byondo birebire, Bidafite aho umuntu yahagarara, Ngeze muri nyina umuvumbi urantembana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp4.
Kurira kuranduhije umuhogo wanjye urumye, Amaso yanjye yarerutse ngitegereza Imana yanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp5.
Abanyangira ubusa baruta umusatsi wo ku mutwe wanjye ubwinshi Abashaka kundimbura bampora impamvu z’ibinyoma barakomeye, Ni bwo narihishijwe icyo ntanyaze.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp6.
Mana, ni wowe uzi ubupfu bwanjye, Ibyaha byanjye ntubihishwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp7.
Mwami, Uwiteka Nyiringabo, Abagutegereza be kumwazwa n’ibyanjye, Mana y’Abisirayeli, Abagushaka be guterwa igisuzuguriro n’ibyanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp8.
Kuko nihanganira ibitutsi bakuntukira, Mu maso hanjye huzuye ipfunwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp9.
Mpindutse umushyitsi kuri bene data, N’umunyamahanga kuri bene mama.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp10.
Kuko ishyaka ry’inzu yawe rindya, Ibitutsi by’abagutuka byaguye kuri jye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp11.
Ubwo nariraga ngahanisha umutima wanjye kwiyiriza ubusa, Byampindukiye ibitutsi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp12.
Ubwo nambaraga ibigunira, Nabaye iciro ry’imigani kuri bo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp13.
Abicara mu marembo baramvuga, Ndi indirimbo y’abasinzi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp14.
Ariko jyeweho ni wowe nsenga Uwiteka, Mana, mu gihe cyo kwemererwamo, Ku bwo kugira neza kwawe kwinshi, Unsubirishe umurava w’agakiza kawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp15.
Unsayure mu byondo ne kurigita, Nkire abanyanga nkire n’amazi maremare.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp16.
Umuvumba we kuntembana, Imihengeri he kumira, Rwa rwobo rwe kumbumbiraho umunwa warwo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp17.
Uwiteka, unsubize kuko imbabazi zawe ari nziza, Unkebuke nk’uko kugira neza kwawe ari kwinshi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp18.
Kandi jyewe umugaragu wawe ntumpishe mu maso hawe, Kuko mfite umubabaro unsubize vuba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp19.
Wegere ubugingo bwanjye ubukize, Uncungure ku bw’abanzi banjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp20.
Ni wowe uzi uko ntukwa, N’isoni zanjye n’igisuzuguriro cyanjye na byo urabizi, Abanzi banjye bose bari imbere yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp21.
Ibitutsi byamenaguye umutima ndarwaye cyane, Nashatse uwangirira imbabazi ariko ntihaboneka n’umwe, Nashatse abo kumara umubabaro ndababura.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp22.
Kandi bampaye indurwe kuba ibyokurya byanjye, Ngize inyota bampa umushari wa vino.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp23.
Ameza yabo imbere yabo ahinduke ikigoyi, Bakiri mu mahoro ahinduke umutego.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp24.
Amaso yabo ahumwe batareba, Uhindishe umushyitsi ikiyunguyungu cyabo iteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp25.
Ubasukeho uburakari bwawe, Umujinya w’inkazi wawe ubagereho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp26.
Iwabo hasigare ubusa, Kandi ntihakagire uba mu mahema yabo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp27.
Kuko bagenza uwo wakubise, Kandi bavuga umubabaro w’abo wakomerekeje.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp28.
Rundanya ibyaha ku byaha byabo, Be kwinjira mu byo gukiranuka kwawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp29.
Basibanganywe mu gitabo cy’ubugingo, Be kwandikanwa n’abakiranutsi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp30.
Ariko jyeweho ndi umunyamubabaro ndaribwa, Mana, agakiza kawe kanshyire hejuru.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp31.
Nzashimisha izina ry’Imana indirimbo, Nzayihimbarisha ishimwe ry’ibyo yankoreye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp32.
Ibyo bizanezeza Uwiteka birushe impfizi, Cyangwa ikimasa gifite amahembe cyatūye inzara.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp33.
Abagwaneza bazabireba bishime, Mwa bashaka Imana mwe, Imitima yanyu isubizwemo ubugingo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp34.
Kuko Uwiteka yumva abakene, Ntasuzugura abe bari mu nzu y’imbohe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp35.
Ijuru n’isi bimushime, N’inyanja n’ibizigendamo byose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp36.
Kuko Imana izakiza i Siyoni, Ikubaka imidugudu ya Yuda, Bazayibamo igihugu kibabere gakondo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp37.
Kandi urubyaro rw’abagaragu bayo ruzakiragwa, Abakunda izina ryayo bazagituramo.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: