Somera Bibiriya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp1.
Zaburi iyi ni indirimbo ya Asafu yahimbishijwe ubwenge. Mana, ni iki cyakudutesheje iteka? Ni iki gituma umujinya wawe ugirira intama zo mu cyanya cyawe, ucumba umwotsi?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp2.
Ibuka iteraniro ryawe waguze kera, Iryo wacunguriye kuba ubwoko bwawe bw’umwandu, N’umusozi wa Siyoni watuyeho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp3.
Shingura ibirenge byawe ujye mu matongo y’iteka, Ababisha bakoreye ahera ibibi byose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp4.
Ababisha bawe batontomeye hagati y’inzu twateraniragamo kugusenga, Bashingiye amabendera yabo kuba ibimenyetso.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp5.
Basa nk’abantu bamanikira intorezo, Gutema ibiti by’intsikane.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp6.
None isuku y’ababaji y’aho yose, Barayimenaguza intorezo n’inyundo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp7.
Batwitse Ahera hawe, Bahumanishije ubuturo bw’izina ryawe kubusenya rwose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp8.
Baribwiye bati “Tubarimbure rwose”, Batwitse amazu yose yo mu gihugu, Twateraniragamo gusenga Imana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp9.
Ntitureba ibimenyetso byacu, Nta muhanuzi ukiriho, Kandi nta n’umwe muri twe uzi aho ibyo bizagarukira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp10.
Mana, umubisha azageza he kudutuka? Umwanzi azatuka izina ryawe iteka?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp11.
Ni iki gituma uhina ukuboko, Ukuboko kwawe kw’iburyo? Gukure mu gituza cyawe ubarimbure.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp12.
Ariko Imana yahoze ari Umwami wanjye na kera, Ikorera iby’agakiza hagati y’isi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp13.
Ni wowe watandukanishije inyanja imbaraga zawe, Wameneye imitwe y’ibinyamaswa mu mazi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp14.
Ni wowe wamenaguye imitwe ya Lewiyatani, Warayitanze iba ibyokurya by’ibyo mu butayu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp15.
Ni wowe watoboye isōko n’umugezi, Wakamije inzuzi zidakama.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp16.
Amanywa ni ayawe kandi n’ijoro ni iryawe, Waremye umucyo n’izuba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp17.
Ni wowe washyizeho ingabano zose z’isi, Waremye icyi n’itumba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp18.
Ibuka ibi yuko ababisha bacyashye Uwiteka, Ishyanga ritagira ubwenge ryatutse izina ryawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp19.
Ntuhe inyamaswa ubugingo bw’inuma yawe, Ntiwibagirwe ubugingo bw’abanyamubabaro bawe iteka ryose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp20.
Ite kuri rya sezerano, Kuko ahantu h’umwijima ho mu isi huzuye ubuturo bw’urugomo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp21.
Uhatwa ye kugaruka akojejwe isoni, Umunyamubabaro n’umukene bashime izina ryawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp22.
Mana, haguruka wiburanire, Ibuka yuko umupfapfa yiriza umunsi agutuka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp23.
Ntiwibagirwe amajwi y’ababisha bawe, Urusaku rw’abaguhagurukira rutumbagira iteka.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma zaburi igice cya: