Somera Bibiliya kuri Telefone
Yobu aramusubiza
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Maze Yobu arasubiza ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
“Nimuhugukire ibyo mvuga, Bimbere guhumuriza kwanyu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Nimunyihanganire kugira ngo nanjye mvuge, Nimara kuvuga mukomeze museke.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Mbese umuntu ni we ntakira? Icyatuma ntareka kwihangana ni iki?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Nimunyitegereze mwumirwe, Maze mwifate ku munwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Iyo niyibutse ngira ubwoba, Kandi umushyitsi ugatigisa umubiri wanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
-8 “Ni iki gituma abanyabyaha babaho, Bakisāzira ndetse bakarushaho gukomera? Urubyaro rwabo rukomerana na bo barureba, N’ababakomokaho na bo bakabakomerera imbere.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Ingo zabo zibamo amahoro ntizigire icyo zīkanga, Kandi inkoni y’Imana ntibabanguriwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Amapfizi yabo arabyara ntabwo acogora, N’inka zabo zihora zibyara ntabwo ziramburura.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Abana babo bato babagenda imbere nk’umukumbi, Kandi abana babo barabyina.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Baririmbishwa n’ishako n’inanga, Bakishimira ijwi ry’umwironge.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Iminsi yabo bayimara baguwe neza, Hanyuma bakamanukira ikuzimu badatinze.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Bakabwira Imana kandi bati ‘Tuveho kuko tudashaka kumenya inzira zawe.’
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Bati ‘Ishoborabyose ni iki kugira ngo tuyikorere? Kandi nituyisenga bizatumarira iki?’
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Dore ihirwe ryabo ntiriri mu maboko yabo, Inama y’inkozi z’ibibi imbe kure.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
“Ni kangahe itabaza ry’abanyabyaha rijya rizima, Ibyago byabo bikabageraho, Imana ikabagororera imibabaro, Ibitewe n’uburakari bwayo,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Kugira ngo bamere nk’ibishakashaka bigurukanwa n’umuyaga, Nk’umurama utumurwa n’ishuheri?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
“Muravuga muti ‘Imana ibikira abana b’umunyabyaha igihano cy’ibyaha bye.’ Ahubwo umunyabyaha ubwe abe ari we ihana, Kugira ngo abimenye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Amaso ye abe ari yo areba kurimbuka kwe, Kandi anywe uburakari bw’Ishoborabyose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Mbese ibizaba ku b’inzu ye bamukurikiye azabyitaho, Kandi apfuye akenyutse?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Hari uzigisha Imana ubwenge, Kandi ari yo icira urubanza abakomeye?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
“Umwe apfa agifite imbaraga zishyitse, Aguwe neza rwose kandi afite amahoro
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Ibicuba bye byuzuye amata, Kandi umusokoro wo mu magufwa ye urayagirana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Undi apfa afite intimba mu mutima, Atigeze kubona ibyiza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Bombi baryamana mu mukungugu, Inyo zikabatwikira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
“Dore nzi ibyo mutekereza, N’imigambi mujya yo kungirira nabi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Kuko muvuga muti ‘Inzu y’igikomangoma iri he? N’urugo abanyabyaha babagamo ruri he?’
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
“Mbese ntimurakabaza abagenzi? Ntimuzi icyo bahamije,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
Yuko umunyabyaha abikiwe umunsi w’amakuba, Kandi ko bajyanywe mu munsi w’uburakari?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter30.
Ni nde wamugaragariza inzira ye bahanganye? Ni nde wamwitura ibyo yakoze?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter31.
Nyamara azajyanwa mu mva, Kandi abantu bazarinda igituro cye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter32.
Ibisinde byo mu gikombe bizamuryohera, Kandi abantu bose bazamukurikira, Nk’abamubanjirije batabarika.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma yobu igice cya: