Somera Bibiliya kuri Telefone
Uwiteka atoranya abahanga bo kuremesha rya Hema n’ibyaryo byose (Kuva 35.30--36.1)
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Uwiteka abwira Mose ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
“Dore mpamagaye mu izina Besalēli mwene Uri ya Huri, wo mu muryango wa Yuda,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
mwuzuza Umwuka w’Imana ngo agire ubwenge bwo guhimba n’ubwo gutora, n’ubuhanga n’ubukorikori bwose
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
byo guhimba imirimo y’ubuhanga, no gucura izahabu n’ifeza n’imiringa,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
no gukeba amabuye yo gukwikirwa no kubāza, no kugira ubukorikori bwose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Nanjye dore mushyiranyeho Oholiyabu mwene Ahisamaki wo mu muryango wa Dani. Kandi mu mitima y’abahanga bose nashyizemo ubwenge ngo bakore ibyo nagutegetse byose:
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
ihema ry’ibonaniro na ya sanduku y’Ibihamya, na ya ntebe y’ihongerero iyiriho n’ibindi bintu byose byo kuba muri iryo hema.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Ya meza n’ibintu byayo byose, na cya gitereko cy’amatabaza cy’izahabu nziza n’ibintu byacyo byose, na cya gicaniro cyo koserezaho imibavu,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
na cya gicaniro cyo koserezaho ibitambo n’ibintu byacyo byose, na cya gikarabiro n’igitereko cyacyo,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
na ya myambaro y’imirimo yera, ni yo myambaro yejejwe yo kwambarwa na Aroni umutambyi n’iy’abana be, ngo bankorere umurimo w’ubutambyi,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
na ya mavuta yo gusīga, na wa mubavu w’ikivange wo koserezwa ahera. Uko nagutegetse kose abe ari ko bakora.” Itegeko ry’isabato. Mose ahabwa ibisate by’amabuye biriho Ibihamya
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Uwiteka abwira Mose ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
“Kandi ubwire Abisirayeli uti ‘Ntimukabure kuziririza amasabato yanjye, kuko ari yo kimenyetso hagati yanjye namwe mu bihe byanyu byose, kugira ngo mumenye yuko ndi Uwiteka ubeza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Nuko mujye muziririza isabato kuko ari iyera kuri mwe, uyiziruye ntakabure kwicwa. Umuntu wese uzagira umurimo akora kuri yo azakurwe mu bwoko bwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Mu minsi itandatu abe ari mo imirimo ijya ikorwa, ariko uwa karindwi ni isabato yo kuruhuka yerejwe Uwiteka. Uzagira umurimo akora ku munsi w’isabato ntakabure kwicwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Nuko Abisirayeli baziririze isabato, bajye bayitondera mu bihe byabo byose, ibe isezerano ridakuka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Ni ikimenyetso cy’iteka ryose hagati yanjye n’Abisirayeli, kuko iminsi itandatu ari yo Uwiteka yaremeyemo ijuru n’isi, ku wa karindwi akarorera, akaruhuka.’ ”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Amaze kuvuganira na Mose ku musozi Sinayi, Uwiteka amuha ibisate by’amabuye bibiri, biriho Ibihamya byandikishijweho urutoki rw’Imana.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma kuva igice cya: