Somera Bibiliya kuri Telefone
Iby’Umwami Abiyamu (2 Ngoma 13.1-23)
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Mu mwaka wa cumi n’umunani wo ku ngoma y’Umwami Yerobowamu mwene Nebati, ni bwo Abiyamu yimye i Buyuda.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Amara imyaka itatu i Yerusalemu ari ku ngoma, kandi nyina yitwaga Māka umukobwa wa Abishalomu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Abiyamu uwo akomeza kugendera mu bibi bya se yahoze akora byose, kuko umutima we utari utunganiye Uwiteka Imana ye nk’uwa sekuruza Dawidi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Nyamara kuko Uwiteka Imana ye yagiriye Dawidi imusigira imbuto i Yerusalemu, yimika umwana we wamuzunguye, imukomeza i Yerusalemu,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
kuko Dawidi yakoraga ibyiza imbere y’Uwiteka, ntateshuke ngo ave mu ijambo yamutegetse ryose iminsi yose yo kubaho kwe, keretse mu bya Uriya w’Umuheti.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Nuko hakajya habaho intambara hagati ya Rehobowamu na Yerobowamu iminsi yose yo kubaho kwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Ariko imirimo yose ya Abiyamu n’ibyo yakoze byose, mbese ntibyanditswe mu gitabo cy’ibyo ku ngoma z’abami b’Abayuda? Kandi habaho intambara hagati ya Abiyamu na Yerobowamu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Bukeye Abiyamu aratanga asanga ba sekuruza, bamuhamba mu mudugudu wa Dawidi, maze umuhungu we Asa yima ingoma ye.
Iby’Umwami Asa (2 Ngoma 15.16--16.6)
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Mu mwaka wa makumyabiri wo ku ngoma ya Yerobowamu umwami w’Abisirayeli, Asa yimye i Buyuda.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Amara imyaka mirongo ine n’umwe i Yerusalemu ari ku ngoma, kandi nyina yitwaga Māka umukobwa wa Abishalomu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Asa uwo yakoraga ibitunganiye Uwiteka nk’uko sekuruza Dawidi yakoraga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Yirukanye abatinganyi abakura mu gihugu, akuraho n’ibishushanyo byose ba se bari bariremeye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Ndetse yirukana na nyina Māka mu bugabekazi, kuko yari aremesheje igishushanyo cy’ikizira cya Ashera. Asa amutemera igishushanyo, agitwikira ku kagezi kitwa Kidironi,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
ariko ingoro zo ku tununga ntizakurwaho. Icyakora umutima wa Asa wari utunganiye Uwiteka iminsi ye yose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Kandi acyura ibintu se yejeje mu nzu y’Uwiteka n’ibyo yejeje ubwe, iby’ifeza n’iby’izahabu n’ibindi bintu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Ariko hakajya habaho intambara hagati ya Asa na Bāsha umwami w’Abisirayeli iminsi yabo yose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Muri izo ntambara Bāsha umwami w’Abisirayeli aratabara atera i Buyuda, yubaka i Rama ngo yimīre abajya kwa Asa umwami w’Abayuda cyangwa abavayo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Umwami Asa abibonye yenda ifeza n’izahabu byari byasigaye byose by’ubutunzi bwo mu nzu y’Uwiteka n’ibyo mu nzu y’umwami, abiha abagaragu be abyoherereza Benihadadi mwene Taburimoni, mwene Heziyoni umwami w’i Siriya wari utuye i Damasiko aramubwira ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
“Jyewe nawe dufitanye isezerano, ndetse ni irya data na so. Dore nkoherereje ituro ry’ifeza n’izahabu, genda ureke isezerano ryawe na Bāsha umwami w’Abisirayeli ripfe, kugira ngo andeke.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Nuko Benihadadi yumvira Umwami Asa, yohereza abagaba b’ingabo ze, batera imidugudu y’Abisirayeli batsinda Iyoni n’i Dani na Abeli Betimāka n’i Kinereti hose, n’igihugu cyose cya Nafutali.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Bāsha abyumvise arorera kubaka i Rama, ajya i Tirusa agumayo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Umwami Asa aherako akoranya Abayuda bose nta n’umwe wemerewe gusigara, bajya i Rama bakurayo amabuye n’ibiti Bāsha yubakishaga, maze Umwami Asa abyubakisha i Geba y’i Bubenyamini n’i Misipa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Ariko indi mirimo yose ya Asa n’ibyo yakoresheje imbaraga ze byose, mbese ntibyanditswe mu gitabo cy’ibyo ku ngoma z’abami b’Abayuda? Ariko hanyuma ageze mu za bukuru arwara ibirenge.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Bukeye Asa aratanga asanga ba sekuruza, bamuhamba hamwe na bo mu murwa wa sekuruza Dawidi, maze umuhungu we Yehoshafati yima ingoma ye.
Imana ihōra inzu ya Yerobowamu ibyaha bye
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Mu mwaka wa kabiri wo ku ngoma ya Asa umwami w’Abayuda, Nadabu mwene Yerobowamu yimye muri Isirayeli, amara imyaka ibiri ategeka Abisirayeli.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Ariko akora ibyangwa n’Uwiteka agendana ingeso za se, n’ibyaha yoheje Abisirayeli ngo bacumure.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Bukeye Bāsha mwene Ahiya wo mu muryango wa Isakari aramugomera, Bāsha amwicira i Gibetoni y’Abafilisitiya, kuko ubwo Nadabu n’Abisirayeli bose bari bagose i Gibetoni.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Mu mwaka wa gatatu wo ku ngoma ya Asa umwami w’Abayuda ni bwo Bāsha yamwishe, yima mu cyimbo cye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
Akimara kwima yica ab’inzu ya Yerobowamu bose, ntiyamusigira n’umwe uhumeka kugeza aho yamutsembeye rwose, nk’uko Uwiteka yavugiye mu kanwa k’umugaragu we Ahiya w’i Shilo,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter30.
abahoye ibyaha Yerobowamu yakoze, n’ibyo yoheje Abisirayeli ngo bacumure, n’uko yarakazaga Uwiteka Imana ya Isirayeli.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter31.
Ariko indi mirimo yose ya Nadabu n’ibyo yakoze byose, mbese ntibyanditswe mu gitabo cy’ibyo ku ngoma z’abami b’Abisirayeli?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter32.
Hanyuma habaho intambara hagati ya Asa na Bāsha umwami w’Abisirayeli iminsi yabo yose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter33.
Mu mwaka wa gatatu wo ku ngoma ya Asa umwami w’i Buyuda, Bāsha mwene Ahiya yimye muri Isirayeli hose atura i Tirusa, amara imyaka makumyabiri n’ine ari ku ngoma.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter34.
Ariko akora ibyangwa n’Uwiteka agendana ingeso za Yerobowamu, n’icyaha cye yoheje Abisirayeli ngo bacumure.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma 1 abami igice cya: