Somera Bibiliya kuri Telefone
Ababanje kuyoboka Dawidi
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Aba ni bo basanze Dawidi i Sikulagi, ubwo yari acyihishe Sawuli mwene Kishi, bari muri za ntwari zamutabaraga mu ntambara.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Batwaraga imiheto bakabasha gutwarira amaboko yombi, bateresha amabuye imihumetso, barashisha n’imyambi imiheto. Bari bene wabo wa Sawuli bo mu Babenyamini.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Umukuru ni Ahiyezeri, agakurikirwa na Yowasi ari bo bene Shemaya w’i Gibeya, na Yeziyeli na Peleti bene Azimaveti, na Beraka na Yehu w’Umunyanatoti.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Ishimaya w’i Gibeyoni yari umunyambaraga muri abo mirongo itatu, ari we wari umutware muri bo,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
na Yeremiya na Yahaziyeli na Yohanani, na Yozabadi w’i Gedera,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
na Eluzayi na Yerimoti na Beyaliya, na Shemariya na Shefatiya w’i Harufu,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
na Elukana na Ishiya na Azarēli, na Yowezeri na Yoshobeyamu b’Abakōra,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
na Yowela na Zebadiya bene Yerohamu w’i Gedori.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Kandi no mu Bagadi hirobanuramo abagabo b’abanyambaraga b’intwari bigishijwe kurwana, babasha gutwara ingabo n’icumu. Amaso yabo yasaga n’ay’intare, bari bafite umuvumbuko nk’uw’impara ziri ku gasozi, basanga Dawidi mu gihome cyo mu butayu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Umukuru ni Ezeri, uwa kabiri ni Obadiya, uwa gatatu ni Eliyabu,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
uwa kane ni Mishumana, uwa gatanu ni Yeremiya,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
uwa gatandatu ni Atayi, uwa karindwi ni Eliyeli,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
uwa munani ni Yohanani, uwa cyenda ni Elizabadi,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
uwa cumi ni Yeremiya, uwa cumi n’umwe ni Makubanayi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Abo Bagadi bari abatware b’ingabo, umutoya muri bo yari ahwanye n’abantu ijana, umukuru agahwana n’igihumbi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Abo ni bambutse Yorodani mu kwezi kwa mbere, Yorodani yuzuye irenze inkombe zose birukana abo mu bibaya bose, ab’iburasirazuba n’ab’iburengerazuba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Bukeye Ababenyamini n’Abayuda baraza, basanga Dawidi mu gihome.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Dawidi asohorwa no kubasanganira arababwira ati “Niba muzanywe no kuntabara munzaniye amahoro, umutima wanjye n’iyanyu bizaba kimwe. Ariko niba muzanywe no kungambanira ku banzi banjye kandi nta rugomo nagize, Imana ya ba sogokuruza banyu ibirebe ibihane.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Maze umwuka aherako aza kuri Amasa, umutware wa ba bandi mirongo itatu aravuga ati “Turi abawe Dawidi, turi mu ruhande rwawe mwana wa Yesayi. Amahoro abe kuri wowe no ku bagutabara, kuko Imana yawe igutabara.” Dawidi aherako arabakira, abagira abatware b’umutwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Kandi no mu Bamanase himūramo bamwe bakeza Dawidi, ubwo yajyanaga n’Abafilisitiya bateye Sawuli. Ariko ntibabavuna kuko abatware b’Abafilisitiya bamaze kujya inama bakamwirukana bagira bati “Azakeza shebuja Sawuli, ashyire imitwe yacu mu kaga.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Ubwo yajyaga i Sikulagi, akezwa na bamwe bo mu Bamanase, Aduna na Yozabadi na Yediyeli na Mikayeli, na Yozabadi na Elihu na Siletayi, abatware b’ibihumbi by’Abamanase.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Batabara Dawidi barwanya wa mutwe w’abanyazi, bose bari abagabo b’abanyambaraga b’intwari kandi bari abatware b’ingabo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Nuko uko bukeye hakajya haza abantu batabara Dawidi, kugeza ubwo babaye ingabo nyinshi nk’ingabo z’Imana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Kandi iyi ni yo mibare y’imitwe y’ingabo zasanze Dawidi i Heburoni zitwaje intwaro, ngo bamuhindūrire ubwami bwa Sawuli nk’uko ijambo ry’Uwiteka ryari riri.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Abayuda bitwazaga amacumu n’ingabo, bari ibihumbi bitandatu na magana inani biteguye kurwana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Abo mu Basimeyoni, abagabo b’abanyambaraga b’intwari mu ntambara, bari ibihumbi birindwi n’ijana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Abo mu Balewi na bo bari ibihumbi bine na magana atandatu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Kandi Yehoyada yari umutware w’inzu ya Aroni, ajyana n’ingabo ibihumbi bitatu na magana arindwi,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
na Sadoki umusore w’imbaraga w’intwari n’abo mu nzu ya se, abatware makumyabiri na babiri.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter30.
Abo mu Babenyamini bene wabo wa Sawuli bari ibihumbi bitatu, kuko kugeza muri icyo gihe abarutaga ubwinshi muri bo bari bakomereye ku nzu ya Sawuli.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter31.
Abo mu Befurayimu, abagabo b’abanyambaraga b’intwari b’ibirangirire mu mazu ya ba sekuruza, bari inzovu ebyiri na magana inani.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter32.
Ab’igice cy’umuryango wa Manase bari inzovu imwe n’ibihumbi munani, abavuzwe mu mazina ngo baze bimike Dawidi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter33.
Abo mu Bisakari b’abanyabwenge bwo kumenya ibihe no kumenya ibyo Abisirayeli bakwiriye gukora, abatware babo bari magana abiri kandi bene wabo bose bumviraga itegeko ryabo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter34.
Abo mu Bazebuluni babashaga kujyana n’ingabo bakarema inteko, bari bafite intwaro z’intambara z’uburyo bwose batari abanyamitima ibiri, bari inzovu eshanu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter35.
Abo mu Banafutali, abatware igihumbi bari kumwe n’abitwaje amacumu n’ingabo, bari inzovu eshatu n’ibihumbi birindwi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter36.
Abo mu Badani ababashije kurema inteko, bari inzovu ebyiri n’ibihumbi munani na magana atandatu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter37.
Abo mu Bashēri babashaga kujya mu rugamba bakirema inteko, bari inzovu enye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter38.
N’abo hakurya ya Yorodani, Abarubeni n’Abagadi n’ab’igice cy’umuryango wa Manase bafite intwaro z’intambara z’uburyo bwose, bari agahumbi n’inzovu ebyiri.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter39.
Izo ngabo zose z’abantu babashaga kwirema inteko, bazanywe i Heburoni bafite umutima utunganye no kwimika Dawidi ngo abe umwami wa Isirayeli yose, kandi n’abandi Bisirayeli bose bari bahuje umutima wo kwimika Dawidi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter40.
Basibirayo gatatu bari kumwe na Dawidi barya banywa, kuko bene wabo bari babahishiye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter41.
Kandi n’abari batuye bugufi bwaho ndetse ukageza Isakari n’i Zebuluni n’i Nafutali, bazanye imitsima ku ndogobe n’ingamiya n’inyumbu no ku nka, n’ibyokurya by’amafu n’imibumbe y’imbuto z’umutini n’amasere y’inzabibu zumye, na vino n’amavuta, n’inka n’intama byinshi cyane kuko mu Isirayeli harimo ibyishimo.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma 1 ibyo ku ngoma igice cya: