Somera Bibiliya kuri Telefone
Dawidi ajya kwenda isanduku y’Uwiteka. Uza apfa. Isanduku iguma kwa Obededomu (2 Sam.6 1-11)
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Nuko Dawidi ajya inama n’abatware batwara ibihumbi, n’abatwara amagana n’abandi batware bose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Dawidi abwira iteraniro ry’Abisirayeli ryose ati “Ibi niba mubishima kandi niba bivuye ku Uwiteka Imana yacu, dutume hose kuri bene wacu basigaye mu gihugu cya Isirayeli cyose, no ku batambyi n’Abalewi bari mu midugudu yabo n’ibikingi byabo, kugira ngo bateranire aho turi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Tujye kugarura isanduku y’Imana yacu muri twe, kuko tutayitayeho ku ngoma ya Sawuli.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Abahateraniye bose bemera ko bagiye gukora batyo, kuko iyo nama abantu bose bayishimye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Nuko Dawidi ateranya Abisirayeli bose, uhereye i Shihori ku kagezi ka Egiputa ukageza aharasukirwa i Hamati, kugira ngo bajye kwenda isanduku y’Imana bayikure i Kiriyatiyeyarimu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Dawidi azamukana n’Abisirayeli bose bajya i Bāla, ari yo Kiriyatiyeyarimu y’Abayuda, kugira ngo bakureyo isanduku y’Uwiteka Imana, ari yo yicara ku Bakerubi ikitwa rya Zina.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Maze baheka isanduku y’Imana ku igare rishya, bayikura mu nzu ya Abinadabu, Uza na Ahiyo barayishorera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Nuko Dawidi n’Abisirayeli bose biyerekera imbere y’Imana n’imbaraga zabo zose, baririmba bacuranga inanga na nebelu n’amashako n’ibyuma bivuga, bavuza n’amakondera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Bageze ku mbuga ya Kidoni, Uza arambura ukuboko kuramira isanduku, kuko inka zari zitsikiye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Uburakari bw’Uwiteka bugurumanira kuri Uza aramwica, kuko yaramburiye ukuboko isanduku, agwa aho ngaho imbere y’Imana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Dawidi ababazwa n’uko Uwiteka asumiye Uza. Aho hantu ahahimba Peresuza na bugingo n’ubu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Uwo munsi Dawidi atinya Imana aravuga ati “Najyana nte isanduku y’Imana imuhira iwanjye?”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Nuko Dawidi ntiyacumbukura iyo sanduku ngo ayicyure iwe mu rurembo rwa Dawidi, ahubwo ayinyuza hirya ayicyura mu rugo rwa Obededomu w’Umugiti.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Isanduku y’Uwiteka imara amezi atatu mu bo kwa Obededomu, iri mu rugo rwe. Uwiteka aha umugisha urugo rwa Obededomu n’ibyo yari afite byose.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma 1 ibyo ku ngoma igice cya: