Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Mu mwaka wa cumi n’umunani wo ku ngoma ya Yehoshafati umwami w’Abayuda, Yehoramu mwene Ahabu yimye mu Bisirayeli i Samariya, amara imyaka cumi n’ibiri ari ku ngoma.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Ariko akora ibyangwa n’Uwiteka, icyakora ntiyari ahwanye na se na nyina, kuko yashenye inkingi ya Bāli se yari yarubatse.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Ariko yakomezaga ibyaha Yerobowamu mwene Nebati yoheje Abisirayeli ngo bacumure, ntabivemo.
Umwami w’i Mowabu agomera Abisirayeli, Imana ituma banesha Abamowabu
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Kandi Mesha umwami w’i Mowabu yari atunze intama, akajya atura umwami w’Abisirayeli ubwoya bukemuwe ku ntama ze z’inyagazi agahumbi, n’iz’amapfizi agahumbi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Ariko Ahabu amaze gutanga, umwami w’i Mowabu agomera umwami w’Abisirayeli.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Bukeye Yehoramu ava i Samariya, aragenda ahuruza Abisirayeli bose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Maze atuma kuri Yehoshafati umwami w’Abayuda ati “Umwami w’i Mowabu arangomeye. Mbese wakwemera ko dutabarana tugatera i Mowabu?”Undi ati “Yee, tuzatabarana nk’uwitabara, ingabo zanjye ari nk’ingabo zawe, n’amafarashi yanjye ari nk’ayawe.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Arongera aramubaza ati “Turazamukira mu yihe nzira?”Na we ati “Tuzanyura inzira yose y’ubutayu bwa Edomu.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Nuko umwami w’Abisirayeli atabarana n’umwami w’Abayuda n’umwami wa Edomu, bamara iminsi irindwi banyura mu nzira izigura, ingabo zibura amazi zibura n’ay’amatungo bari bafite.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Umwami w’Abisirayeli aravuga ati “Iri ni ishyano! Uwiteka yahuruje aba bami uko ari batatu kubahāna mu maboko y’Abamowabu!”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Yehoshafati aravuga ati “Mbese nta muhanuzi w’Uwiteka uri hano ngo tumugishirizemo Uwiteka inama?” Umwe mu bagaragu b’umwami w’Abisirayeli arababwira ati “Hariho Elisa mwene Shafati wajyaga akarabisha Eliya.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Yehoshafati aravuga ati “Ijambo ry’Uwiteka riri muri we.” Nuko umwami w’Abisirayeli na Yehoshafati n’umwami wa Edomu baramanuka baramusanga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Elisa abwira umwami w’Abisirayeli ati “Mpuriye he nawe? Sanga abahanuzi ba so n’abahanuzi ba nyoko.” Umwami w’Abisirayeli aramusubiza ati “Oya, kuko Uwiteka yahuruje aba bami batatu kubahāna mu maboko y’Abamowabu.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Elisa aravuga ati “Nkurahiye Uwiteka uhoraho uwo nkorera, ni ukuri iyaba ntagiriye Yehoshafati umwami w’Abayuda uri aha, simba nkuroye n’irihumye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Ariko noneho nzanira umucuranzi n’inanga.” Nuko baramumuzanira. Agicuranga, ukuboko k’Uwiteka kujya kuri Elisa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Arahanura ati “Uwiteka aravuze ngo nimukwize iki kibaya mo impavu,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
kuko Uwiteka agize ngo ntimuza kumva umuyaga, ntimuza kubona n’imvura, ariko iki kibaya kizuzura amazi, munywe mwuhire n’amashyo yanyu n’imikumbi yanyu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Icyakora byo biroroshye ku Uwiteka, ndetse azabagabiza n’Abamowabu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Muzatsinda imidugudu yaho yose igoswe n’inkike z’amabuye, n’imidugudu iruta iyindi ubwiza, igiti cyiza cyaho cyose muzagitema, musibe n’amasōko yaho yose, kandi n’imirima myiza yaho yose muzayisibishe amabuye.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Bukeye bwaho igihe cyo gutamba cyenda kugera, babona amazi aratemba aturuka mu nzira ya Edomu. Nuko igihugu cyuzura amazi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Abamowabu bose bumvise ko abo bami bazamutse kubatera, baherako baterana bose uko bangana, uhereye ku basore b’imigenda bashobora kwambara ibyo kurwanisha, baragenda bategera ku rugabano.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Abamowabu bazinduka kare mu gitondo, babona izuba rirasiye ku mazi aberekeye atukura nk’amaraso,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
baravuga bati “Dore amaraso. Ni ukuri ba bami bararimbutse, ingabo zabo zisubiranyemo ubwazo. Noneho yemwe Bamowabu, nimuze tujye kwinyagira.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Maze bageze mu rugerero rwa Isirayeli, Abisirayeli barabahagurukana barabanesha, bituma Abamowabu bahunga. Abisirayeli basesekara mu gihugu cyabo, babakubita umugenda.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Bagezeyo basenya imidugudu yabo, umurima mwiza wose babonye, umuntu wese ajugunyamo ibuye bakawuzuza. Basiba amasōko y’amazi yose, batema ibiti byiza byose, hasigara i Kiri Hareseti honyine ari ho hagifite inkike z’amabuye, ariko abanyamihumetso baraza barahagota na ho, bahatera amabuye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Maze umwami w’i Mowabu abonye ko urugamba rumugasiye, ajyana abagabo magana arindwi bitwaje inkota, kugira ngo babatwaze bagere ku mwami wa Edomu, ariko ntibabishobora.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Bibananiye ni ko kwenda umwana we w’imfura w’umuragwa uzima ingoma ye, amutamba ho igitambo cyoswa hejuru y’inkike z’amabuye. Bituma Abamowabu barakarira Abisirayeli cyane, Abisirayeli baherako baramureka, basubira iwabo.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma 2 abami igice cya: