Somera Bibiliya kuri Telefone
Abayuda bikomeza
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Nuko Rehobowamu ageze i Yerusalemu ateranya umuryango wa Yuda n’uwa Benyamini, ayirobanuramo abagabo batoranije bo kurwanya Abisirayeli agahumbi n’inzovu munani, ngo bagarurire Rehobowamu igihugu cye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Ariko ijambo ry’Uwiteka riza kuri Shemaya umuntu w’Imana riti
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
“Bwira Rehobowamu mwene Salomo umwami w’Abayuda, n’Abisirayeli bose bari i Buyuda n’i Bubenyamini uti
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
‘Uku ni ko Uwiteka avuze: Ntimuzamuke kandi ntimuzarwanye bene wanyu, musubireyo umuntu wese ajye iwe, kuko ibyo ari jye byaturutseho.’ ” Nuko bumvira amagambo y’Uwiteka barorera gutera Yerobowamu, basubirayo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Maze Rehobowamu aba i Yerusalemu, yubaka i Buyuda imidugudu y’ibihome.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Yubaka i Betelehemu na Etamu n’i Tekowa,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
n’i Betisuri n’i Sōko na Adulamu,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
n’i Gati n’i Maresha n’i Zifu,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
na Adorayimu n’i Lakishi na Azeka,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
n’i Sora na Ayaloni n’i Heburoni, imidugudu y’i Buyuda n’i Bubenyamini igoswe n’inkike.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Kandi akomeza ibihome abishyiramo abatware, abikamo n’ibyokurya n’amavuta na vino.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Kandi mu mudugudu wose ashyiramo ingabo n’amacumu, arayikomeza cyane. I Buyuda n’i Bubenyamini haba ahe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Maze abatambyi n’Abalewi babaga i Bwisirayeli hose, bava mu migabane yabo yose baramusanga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Basiga ibikingi byabo na gakondo yabo bajya i Buyuda n’i Yerusalemu, kuko Yerobowamu n’abahungu be babirukanye ngo be gukorera Uwiteka umurimo wabo w’ubutambyi,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
ahubwo yitorera abandi batambyi bo gutambira ibigirwamana n’ibishushanyo by’inyana yaremye, mu ngoro zabyo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Maze bakurikirwa n’abari bafite umwete wo gushaka Uwiteka Imana ya Isirayeli bo mu miryango ya Isirayeli yose, bajya i Yerusalemu gutambira Uwiteka Imana ya ba sekuruza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Nuko bamara imyaka itatu bakomeje ubwami bw’Abayuda, bakomeza na Rehobowamu mwene Salomo, kuko muri iyo myaka itatu bagendanaga ingeso nziza za Dawidi n’iza Salomo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Rehobowamu arongora Mahalati umukobwa wa Yerimoti mwene Dawidi, yabyaranye na Abihayili umukobwa wa Eliyabu mwene Yesayi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Babyarana abana b’abahungu, Yewushi na Shemariya na Zahamu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Hanyuma y’uwo arongora Māka umukobwa wa Abusalomu, babyarana Abiya na Atayi, na Ziza na Shelomiti.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Kandi Rehobowamu akunda Māka umukobwa wa Abusalomu kumurutisha abagore be bose n’inshoreke ze, (kuko yorongoye abagore cumi n’umunani akagira n’inshoreke mirongo itandatu, abyara abana b’abahungu makumyabiri n’umunani n’abakobwa mirongo itandatu).
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Rehobowamu atanga Abiya mwene Māka ngo abe umutware mukuru muri bene se, kuko yashakaga ko azaba umwami.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Maze agira ubwenge atataniriza abana be b’abahungu mu bihugu byose by’i Buyuda, n’i Bubenyamini mu midugudu yose igoswe n’inkike, akajya abagerera igerero ry’ibyokurya byinshi kandi abashakira n’abagore benshi.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma 2 ibyo ku ngoma igice cya: