Somera Bibiliya kuri Telefone
Ibyo ku ngoma ya Ahazi (2 Abami 16.1-5)
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Ahazi atangira gutegeka yari amaze imyaka makumyabiri avutse, amara imyaka cumi n’itandatu i Yerusalemu ari ku ngoma, ntiyakora ibishimwa n’Uwiteka nka sekuruza Dawidi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Ahubwo agendana ingeso z’abami b’Abisirayeli, aremera Bāli ibishushanyo biyagijwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Kandi yosereza imibavu mu gikombe cya mwene Hinomu, atwika abana be mu muriro akurikiza ibizira byakorwaga n’abanyamahanga Uwiteka yirukanye imbere y’Abisirayeli.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Agatamba, akosereza imibavu mu ngoro no ku misozi, no munsi y’igiti kibisi cyose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Ni cyo cyatumye Uwiteka Imana ye imutanga, ikamugabiza umwami w’i Siriya. Abasiriya baramunesha, banyaga mu bantu be abanyagano benshi cyane, babajyana i Damasiko. Kandi arongera aratangwa, agabizwa umwami w’Abisirayeli aramunesha, yica benshi cyane.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Nuko uwo Mwami Peka mwene Remaliya yica mu Bayuda abantu agahumbi n’inzovu ebyiri ku munsi umwe, bose bari abantu b’intwari, kuko bimuye Uwiteka Imana ya ba sekuruza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Zikuri, umugabo w’umunyamaboko wo mu Befurayimu yica Māseya umwana w’umwami, na Azirikamu w’umunyarugo na Elukana uwa kabiri ku mwami.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Nuko Abisirayeli bajyana bene wabo ho abanyagano abantu uduhumbi tubiri, abagore n’abana b’abahungu n’ab’abakobwa, babanyagamo n’iminyago myinshi babijyana i Samariya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Ariko hariyo umuhanuzi w’Uwiteka witwaga Odedi, ajya gusanganira ingabo zijya i Samariya arazibwira ati “Uwiteka Imana ya ba sogokuruza banyu yarakariye Abayuda bituma ibabagabiza, kandi mwabicanye uburakari bwinshi bugeze mu ijuru.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Kandi mugambiriye kunyitsa Abayuda n’ab’i Yerusalemu, ngo mubagire abaretwa n’abaja. Ariko aho mwebwe nta bicumuro mwacumuye ubwanyu ku Uwiteka Imana yanyu?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Nuko rero none nimunyumvire musubizeyo abanyagano mwanyaze muri bene wanyu, kuko uburakari bw’inkazi bw’Uwiteka buri kuri mwe.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Nuko bamwe mu batware b’Abefurayimu, Azariya mwene Yohanani na Berekiya mwene Meshilemoti, na Yehizikiya mwene Shalumu na Amasa mwene Hadulayi, barahaguruka bahagarika abava mu ntambara.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Barababwira bati “Abanyagano ntimubageze hano, kuko icyo mugambiriye gukora kizatuzanira igicumuro ku Uwiteka, kikongerwa ku byaha byacu no ku bicumuro byacu, kuko ibicumuro byacu ari byinshi kandi ku Bisirayeli hariho uburakari bw’inkazi.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Nuko abagabo bitwaje intwaro barekurira abanyagano, barekera n’iminyago imbere y’abantu n’iteraniro ryose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Maze abagabo bavuze mu mazina barahaguruka bajyana abanyagano, abari bambaye ubusa bose bo muri bo babambika iminyago, babaha imyambaro babambika n’inkweto, barabagaburira babaha n’ibyokunywa, barabahezura, n’abanyantegenke bo muri bo bose babaheka ku ndogobe babageza i Yeriko umudugudu w’imikindo kwa bene wabo, baherako basubira i Samariya.
Abayuda batewe n’Abedomu batabaza abami ba Ashūri (2 Abami 16.7-9)
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Muri iyo minsi Umwami Ahazi atabaza abami ba Ashūri ngo bamuvune,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
kuko Abedomu bongeye gutera Abayuda bakabanesha, babajyana ari imbohe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Kandi Abafilisitiya na bo bari bateye imidugudu yo mu bibaya n’iy’u Buyuda bw’ikusi, bahindūra i Betishemeshi na Ayaloni, n’i Gederoti n’i Soko hamwe n’ibirorero byaho, n’i Timuna n’ibirorero byaho, n’i Gimuzo n’ibirorero byaho barahatura,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
kuko Uwiteka yacishije Abayuda bugufi, abahōra Ahazi umwami wa Isirayeli kuko yakoze iby’ubugome i Buyuda, agacumura ku Uwiteka cyane.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Bukeye Tigulatipileneseri umwami wa Ashūri aza aho ari, ariko aho kumukomeza amukura umutima.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Kuko Ahazi yenze ibintu bimwe byo mu nzu y’Uwiteka, no mu nzu y’umwami no mu mazu y’ibikomangoma akabitura umwami wa Ashūri, ariko ntibyagira icyo bimumarira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Umwami Ahazi mu gihe cyo gushoberwa akabya gucumura ku Uwiteka,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
kuko yatambiye imana z’i Damasiko zamunesheje akavuga ati “Imana z’abami b’i Siriya zabafashije, ni cyo kizantera kuzitambira ngo zimfashe.” Ariko zamurimburanye n’Abisirayeli bose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Nuko Ahazi ateranya ibintu byo mu nzu y’Imana arabitemagura, akinga inzugi z’inzu y’Uwiteka, yiremera ibicaniro ahantu hose h’i Yerusalemu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
No mu midugudu yose y’i Buyuda yubakamo ingoro zo kosereza imibavu izindi mana, arakaza Uwiteka Imana ya ba sekuruza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Ariko indi mirimo ye n’ingeso ze zose, ibyabanje n’ibyaherutse, byanditswe mu gitabo cy’abami b’Abayuda n’ab’Abisirayeli.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Ahazi aratanga asanga ba sekuruza, bamuhamba mu murwa w’i Yerusalemu, kuko batamuhambye mu mva z’abami ba Isirayeli, maze umuhungu we Hezekiya yima ingoma ye.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma 2 ibyo ku ngoma igice cya: