Somera Bibiliya kuri Telefone
Indirimbo ya Dawidi (Zab. 18)
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Dawidi yabwiye Uwiteka amagambo y’iyi ndirimbo, umunsi Uwiteka yamukirije amaboko y’abanzi be bose n’aya Sawuli, aravuga ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
“Uwiteka ni igitare cyanjye, Ni igihome cyanjye, Ni umukiza wanjye ubwanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Ni Imana igitare cyanjye, Ni yo nziringira. Ni yo ngabo inkingira, Ni ihembe ry’agakiza kanjye, Ni igihome cyanjye kirekire kinkingira, Ni ubuhungiro bwanjye. Ni umukiza wanjye unkiza urugomo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Ndambaza Uwiteka, ukwiriye gushimwa, Ni ko nzakizwa abanzi banjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
“Imiraba y’urupfu yarangose, Imyuzure y’ubugoryi yanteye ubwoba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Ingoyi z’ikuzimu zantaye hagati, Ibigoyi by’urupfu byantanze imbere.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Mu mubabaro wanjye nambaje Uwiteka, Ni koko natakiye Imana yanjye, Yumvira ijwi ryanjye mu rusengero rwayo, Ibyo nayitakiye biyinjira mu matwi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
“Maze isi iratigita, ihinda umushyitsi, Imfatiro z’ijuru ziranyeganyega, Zitigiswa n’uburakari bwayo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Umwotsi ucumba mu mazuru yayo, Umuriro uva mu kanwa kayo, uratwika, Havamo n’amakara yaka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Yunamisha ijuru, iramanuka, Umwijima w’icuraburindi wari munsi y’ibirenge byayo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Iguruka ihetswe na Kerubi, Ni ukuri ibonwa ku mababa y’umuyaga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Umwijima iwugira ihema ryayo riyigose, Igotwa n’ibirundo by’amazi, Ni byo bicu bya rukokoma byo mu ijuru.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Ubwiza burabagirana buri imbere yayo, Butuma amakara yaka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Uwiteka ahindishiriza inkuba mu ijuru, Usumbabyose avuga ijwi rye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Arasa imyambi ye arabatatanya, Ni yo mirabyo ibakura umutima.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Maze ubutaka bwo hasi y’inyanja buraboneka, Imfatiro z’isi ziratwikururwa, Ku bwo guhana k’Uwiteka, Ku bw’inkubi y’umwuka uva mu mazuru ye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
“Ari mu ijuru, arambura ukuboko aramfata, Ankura mu mazi y’isanzure.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Ankiza umwanzi wanjye ukomeye n’abanyambaraga, Kuko bandushaga amaboko.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Bari baranteye ku munsi nagiriyeho amakuba, Ariko Uwiteka ni we wambereye ubwishingikirizo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Abinkuramo anshyira ahantu hagari, Yankirije kuko yanyishimiraga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
“Uwiteka yangororeye ibikwiye gukiranuka kwanjye, Nk’uko amaboko yanjye atanduye, Ni ko yangiriye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Kuko nitondeye inzira z’Uwiteka, Kandi ntakoze icyaha cyo kureka Imana yanjye,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Kuko amateka yayo yose yari imbere yanjye, Kandi amategeko yayo sinyaveho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Naramutunganiraga, Nirinze gukiranirwa kwanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Ni cyo cyatumye Uwiteka anyitura ibikwiriye gukiranuka kwanjye, Kandi ibikwiriye kutandura kwanjye imbere ye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
“Ku munyambabazi uziyerekana nk’umunyambabazi, Ku utunganye, uziyerekana nk’utunganye,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Ku utanduye, uziyerekana nk’utanduye. Ku kigoryi, uziyerekana nk’ugoramye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Abacishijwe bugufi ni bo uzakiza, Ariko igitsure cyawe kiri ku bibone, Kugira ngo ubacishe bugufi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
Ni wowe tabaza ryanjye, Uwiteka, Uwiteka ni we uvira umwijima wanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter30.
Kuko ari wowe umpa gutwaranira umutwe w’ababisha, Kandi ari wowe Imana yanjye impa gusimbuka inkike z’ibihome.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter31.
“Inzira y’Imana itungana rwose, Ijambo ry’Uwiteka ryaravugutiwe, Ni ingabo ikingira abamwiringira bose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter32.
Ni nde Mana itari Uwiteka? Ni nde gitare kitari Imana yacu?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter33.
Imana ni igihome cyanjye gikomeye, Ishorerera umukiranutsi mu nzira yayo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter34.
Ihindura ibirenge bye nk’iby’imparakazi, Impagarika ku misozi yanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter35.
Yigisha amaboko yanjye kurasana, Bituma amaboko yanjye afora umuheto w’icyuma.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter36.
Kandi wampaye ingabo inkingira, Ni yo gakiza kawe, Ubugwaneza bwawe bwampinduye ukomeye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter37.
Intambwe zanjye wazāguriye inzira, Ibirenge byanjye ntibyanyereye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter38.
“Nirukanye ababisha banjye ndabarimbura, Sinagaruka kugeza aho barimbukiye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter39.
Narabarimbuye ndabamenagura babura uko babyuka, Ni koko baguye munsi y’ibirenge byanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter40.
Wankenyeje imbaraga zo kurwana, Abampagurukiye bakantera warabancogoreje.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter41.
Watumye ababisha banjye bampa ibitugu, Kugira ngo ndimbure abanyanga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter42.
Barakebaguje, babura ubakiza, Batumbiriye Uwiteka ntiyabarora.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter43.
Maze mbasya nk’umukungugu, Mbaribata nk’ibyondo byo mu nzira, ndabatatanya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter44.
“Kandi wankijije imirwano y’abantu banjye, Wandindirije kuzaba umutware w’amahanga, Ishyanga ntigeze kumenya rizankorera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter45.
Abanyamahanga bazanyoboka, Nibamara kumva inkuru yanjye, bazanyumvira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter46.
Abanyamahanga bazacogora, Bazava mu bihome byabo bahinde imishyitsi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter47.
“Uwiteka ahoraho, Igitare cyanjye gihimbazwe, Imana y’igitare cy’agakiza kanjye ishyirwe hejuru.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter48.
Ni yo Mana imporera, Ikangomorera amahanga nkayatwara,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter49.
Ikankura mu babisha banjye. Ni koko unshyira hejuru y’abampagurukiye, Unkiza umunyarugomo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter50.
Ni cyo kizatuma ngushimira mu mahanga, Uwiteka, Ndirimba ishimwe ry’izina ryawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter51.
Uwo yimitse amuha agakiza gakomeye, Agirira imbabazi uwo yimikishije amavuta, Ni we Dawidi n’urubyaro rwe iteka ryose.”

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma 2 samweli igice cya: