Somera Bibiliya kuri Telefone
Abefurayimu batonganya Gideyoni, abasubizanya ineza
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Abefurayimu baramubaza bati “Ni iki cyatumye utaduhuruza ugiye kurwana n’Abamidiyani? Waduketse iki?” Baramutonganya cyane.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Na we arababaza ati “Nakoze iki gihwanye n’ibyanyu? Mbese impumbano z’imizabibu y’Abefurayimu ntizirusha umwengo wose w’Ababiyezeri kuryoha?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Kandi abatware b’i Midiyani Orebu na Zēbu, Uwiteka yarababagabije. Mbese mbarushije iki mu byo mwakoze?” Amaze kuvuga atyo, umujinya bari bamufitiye uracogora.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Nuko Gideyoni ageze kuri Yorodani, yambukana n’ingabo ze magana atatu zari kumwe na we baguye isari, ariko rero bakomeza gukurikirana Abamidiyani.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Ageze i Sukoti abwira abaho ati “Ndabinginze mumfunguririre abantu twazanye kuko baguye isari, kandi turacyakurikiranye abami b’i Midiyani, Zeba na Salumuna.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Abatware b’i Sukoti baramusubiza bati “Mbese Zeba na Salumuna ubwo urabafite tukabona gufungurira ingabo zawe?”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Gideyoni aravuga ati “Uwiteka namara kungabiza Zeba na Salumuna, nzaza ntanyagurishe imibiri yanyu amahwa yo mu ishyamba n’imifatangwe.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Maze Gideyoni avayo ajya i Penuweli, n’abaho ababwira bene ibyo, na bo bamusubiza nk’uko ab’i Sukoti bamushubije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Nuko abwira ab’i Penuweli ati “Ningaruka amahoro, nzamenagura uyu munara.”
Gideyoni yica Zeba na Salumuna
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Kandi Zeba na Salumuna bari i Karikori n’ingabo zabo zacitse ku icumu zo mu ngabo zose z’ab’iburasirazuba, bose bari abantu nk’inzovu imwe n’ibihumbi bitanu, kuko abaguye ku rugamba bose bitwaje inkota bari agahumbi n’inzovu ebyiri.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Maze Gideyoni azamukana mu nzira ijya mu banyamahema iburasirazuba bw’i Noba n’i Yogibeha, anesha izo ngabo kuko zari zīraye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Nuko Zeba na Salumuna barahunga ariko arabakurikirana, afata abo bami b’i Midiyani Zeba na Salumuna, atatanya ingabo zabo zose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Gideyoni mwene Yowasi agarukira ku musozi w’i Heresi aratabaruka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Ahura n’umusore wo mu b’i Sukoti, aramufata amubaza iby’iwabo, na we amwandikira amazina y’abatware b’i Sukoti n’ibisonga byaho, bose baba mirongo irindwi na barindwi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Ageze mu b’i Sukoti arababwira ati “Nimurebe Zeba na Salumuna mwari mukinca umugani ngo ‘Mbese Zeba na Salumuna ubwo urabafite tukabona gufungurira abantu bawe barushye?’ ”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Nuko ajyana abatware bo muri uwo mudugudu, aca amahwa yo mu ishyamba n’imifatangwe, abizitagurisha ab’i Sukoti.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Maze asenya wa munara w’i Penuweli, yica abantu bo muri uwo mudugudu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Aherako abaza Zeba na Salumuna ati “Mbese abantu mwiciye i Tabora basaga bate?” Baramusubiza bati “Basaga nawe. Umuntu wese muri bo yasaga n’umwana w’umwami.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Arababwira ati “Bari abavandimwe, ndetse ni bene mama. Mbarahiye Uwiteka uhoraho, iyaba mwarabakijije sinajyaga kubica.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Nuko abwira imfura ye Yeteri ati “Haguruka ubice.” Ariko uwo musore atinya gukura inkota ye kuko yari akiri muto.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Nuko Zeba na Salumuna baravuga bati “Haguruka utwiyicire ubwawe, kuko uko umuntu ari, ari ko imbaraga ze zingana.” Gideyoni aherako arahaguruka yica Zeba na Salumuna, yambura ingamiya zabo ibirezi byari ku majosi yazo.
Gideyoni yanga kwimikwa
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Maze Abisirayeli babwira Gideyoni bati “Noneho udutegeke wowe ubwawe, uzaturage umwana wawe n’umwuzukuru kuko wadukijije Abamidiyani.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Gideyoni arabasubiza ati “Sinemeye kubategeka, n’umuhungu wanjye ntabwo azabategeka, ahubwo Uwiteka ni we uzabategeka.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Maze arababwira ati “Hariho icyo mbasaba: umuntu wese muri mwe ampe impeta zo ku matwi z’iminyago mwazanye.” (Abamidiyani bambaraga impeta z’izahabu ku matwi yabo, kuko bari Abishimayeli).
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Baramusubiza bati “Turaziguhera ineza.” Nuko basasa umwenda bazirundaho, umuntu wese azanye impeta zo ku matwi z’iminyago.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Kandi kuremera ku izo mpeta z’izahabu yabasabye kwari shekeli igihumbi na magana arindwi z’izahabu, udashyizeho ibirezi n’imishunzi n’imyambaro y’imihengeri abami b’i Midiyani bambaraga, kandi udashyizeho imisibo yo ku majosi y’ingamiya zabo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Maze Gideyoni abikoresha umwambaro witwa efodi, awushyira mu mudugudu we witwa Ofura. Nuko Abisirayeli bose bakajya baza kuwuramya bakawurarikira, ubera Gideyoni umutego n’abo mu nzu ye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Hanyuma Abamidiyani bacogozwa n’Abisirayeli, ntibongera kubyutsa umutwe. Mu gihe cya Gideyoni igihugu gihabwa ihumure, kimara imyaka mirongo ine.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
Yerubāli mwene Yowasi arataha, aguma iwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter30.
Gideyoni uwo abyara abahungu mirongo irindwi, kuko yari afite abagore benshi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter31.
Kandi yari afite inshoreke i Shekemu, na yo ayibyaraho umwana w’umuhungu amwita Abimeleki.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter32.
Maze Gideyoni mwene Yowasi apfa ageze mu za bukuru, bamuhamba mu mva ya se Yowasi kuri Ofura ha bene Abiyezeri.
Abisirayeli basubira inyuma Gideyoni amaze gupfa
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter33.
Nuko Gideyoni amaze gupfa, uwo mwanya Abisirayeli bahindukirira Bāli barabaramya barabararikira, kandi Bāliberiti bayigira imana yabo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter34.
Ntibaba bacyibuka Uwiteka Imana yabo, yabakijije amaboko y’ababisha babo babagotaga bose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter35.
Kandi ntibagirira neza inzu ya Yerubāli ari we Gideyoni, nk’uko yagiriraga neza Abisirayeli.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma abacamanza igice cya: