Somera Bibiliya kuri Telefone
Itegeko ry’igitambo gikuraho urubanza
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
“Iri ni itegeko ry’igitambo gikuraho urubanza, ni icyera cyane.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Aho babīkīrira igitambo cyoswa abe ari ho babīkīrira igitambo gikuraho urubanza, amaraso yacyo umutambyi ajye ayamisha impande zose z’igicaniro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Kandi atambe urugimbu rwacyo rwose, atambe umurizo, n’uruta rutwikira amara,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
n’impyiko zombi, n’urugimbu rwo kuri zo rufatanye n’urukiryi, n’umwijima w’ityazo, awukurane n’impyiko.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Umutambyi abyosereze ku gicaniro, bibe igitambo gitambirwa Uwiteka kigakongorwa n’umuriro. Icyo ni igitambo gikuraho urubanza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Umutambyi w’umugabo wese yakiryaho, kijye kirirwa ahantu hera, ni icyera cyane.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
“Uko biri ku gitambo gitambirwa ibyaha ni ko biri no kugikuraho urubanza, itegeko ryabyo ni rimwe: umutambyi ubihonga abe ari we biba umwanya we.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Kandi umutambyi utambiriye umuntu igitambo cyoswa, abe ari we ujyana uruhu rw’igitambo atambye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Kandi ituro ry’ifu ryose ryokerejwe mu cyokezo cy’imitsima, n’irikarangishijwe amavuta, n’irikaranze ubukuzagara, azabe ay’umutambyi uyatuje.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Ituro ry’ifu ryose rivanze n’amavuta cyangwa ry’ubukuzagara, bene Aroni bose barigabane banganye.
Itegeko ry’igitambo cy’uko bari amahoro
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
“Iri ni itegeko ry’igitambo cy’uko umuntu ari amahoro, icyo atambira Uwiteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Nagitamba ho igitambo cy’ishimwe, aturane n’icyo gitambo cy’ishimwe udutsima tutasembuwe twavuganywe n’amavuta ya elayo, n’udutsima tutasembuwe dusa n’amabango dusizwe amavuta ya elayo, n’udutsima tw’ifu y’ingezi itoshejwe n’amavuta ya elayo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Utwo dutsima atwongereho n’imitsima yasembuwe, abiturane n’igitambo cy’uko ari amahoro, atambira gushima Uwiteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Ku ituro ry’iyo mitsima iciye kwinshi ryose, akureho umwe umwe ibe ituro ryerererezwa Uwiteka, ribe iry’umutambyi umisha amaraso y’igitambo cy’uko uwo muntu ari amahoro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Kandi inyama z’igitambo cy’uko umuntu ari amahoro cyatambiwe ishimwe, zijye ziribwa ku munsi cyatambiweho, ntizikarare.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
“Ariko niba ari igitambo umuntu atambiye guhigura umuhigo, cyangwa ari icyo atambishwa n’umutima ukunze, kijye kiribwa ku munsi agitambiyeho, kandi ikiraye kiribwe ku wa kabiri.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Ariko inyama z’icyo gitambo zisigaye, nizigeza ku wa gatatu zoswe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Ariko nihagira inyama z’igitambo cy’uko ari amahoro ziribwa ku wa gatatu ntikizemerwa, ntikizabarwa ku wagitambye, kizaba ikizira ukiriyeho azagibwaho no gukiranirwa kwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Inyama zakoze ku kintu cyose gihumanya ntizikaribwe, zijye zoswa. “Inyama z’icyo gitambo umuntu wese udahumanye ajye akiryaho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Ariko umuntu wese uzarya ku nyama z’igitambo cy’uko umuntu ari amahoro, agihumanye, kandi nyiracyo ari Uwiteka, azakurwe mu bwoko bwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Kandi umuntu nakora ku kintu cyose gihumanya, igihumanya kiva mu muntu, cyangwa itungo rihumanya, cyangwa inyamaswa ihumanya, cyangwa ikindi cyose gihumanya kikazira, akarya ku nyama z’igitambo cy’uko umuntu ari amahoro, kandi nyiracyo ari Uwiteka, uwo muntu azakurwe mu bwoko bwe.”
Urugimbu n’amaraso ni ibizira
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Uwiteka abwira Mose ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
“Bwira Abisirayeli uti: Ntimukarye urugimbu rw’inka cyangwa rw’intama cyangwa rw’ihene.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Urw’intumbyi n’urw’ikirīra mwarukoresha ikindi mushaka cyose, ariko kurya ntimukaruryeho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Umuntu wese uzarya urugimbu rw’itungo ryo mu matungo yatambirwa Uwiteka ho ibitambo bikongorwa n’umuriro, umuntu ururiye azakurwe mu bwoko bwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Kandi ntimukarire amaraso y’uburyo bwose mu buturo bwanyu bwose, naho yaba ay’ibiguruka cyangwa ay’amatungo cyangwa ay’inyamaswa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Umuntu wese uzarya amaraso y’uburyo bwose azakurwe mu bwoko bwe.”
Andi mategeko y’ibitambo by’uko bari amahoro
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Uwiteka abwira Mose ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
“Bwira Abisirayeli uti: Utambire Uwiteka igitambo cy’uko ari amahoro, azanire Uwiteka igitambo akuye kuri icyo gitambo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter30.
Ubwe mu ze ntoki yizanirire Uwiteka ibyo gutambirwa Uwiteka bigakongorwa n’umuriro, azane urugimbu n’inkoro, kugira ngo iyo nkoro ibe ituro rijungurijwe imbere y’Uwiteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter31.
Kandi umutambyi yosereze rwa rugimbu ku gicaniro, ariko iyo nkoro ibe umwanya wa Aroni n’abana be.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter32.
Kandi ku bitambo byanyu by’uko muri amahoro, mujye muha umutambyi urushyi rw’ukuboko kw’iburyo ho ituro ryererejwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter33.
Uwo muri bene Aroni utambye amaraso n’urugimbu by’ibitambo by’uko umuntu ari amahoro, abe ari we uhabwa urushyi rw’ukuboko kw’iburyo ho umwanya we.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter34.
Kuko inkoro yo kuzunguzwa n’urushyi rw’ukuboko rwo kwererezwa mbyatse Abisirayeli, mbikuye mu bitambo byabo by’uko bari amahoro nkabiha Aroni umutambyi n’abana be, Abisirayeli babitegetswe n’itegeko ritazakuka iteka ryose.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter35.
Uwo ni wo mwanya Aroni n’abana be bazaheshwa no gusīgwa kwabo, ukurwa mu bitambo bitambirwa Uwiteka bigakongorwa n’umuriro, bazahabwa ku munsi bazazanirwa gukorera Uwiteka umurimo w’ubutambyi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter36.
Uwo mwanya Uwiteka yategetse Abisirayeli kujya bawubaha, uhereye ku munsi yabasīgiyeho. Iryo ribabereye itegeko ritazakuka mu bihe byabo byose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter37.
Iryo ni ryo tegeko ry’igitambo cyoswa, n’iry’ituro ry’ifu, n’iry’igitambo gitambirwa ibyaha, n’iry’igitambo gikuraho urubanza n’iry’ibyo mu iyezwa, n’iry’igitambo cy’uko abantu bari amahoro,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter38.
ibyo Uwiteka yategekeye Mose ku musozi wa Sinayi, ku munsi yategekeyemo Abisirayeli gutura Uwiteka amaturo yabo mu butayu bwa Sinayi.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma abalewi igice cya: