Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Ndi umuntu wabonye umubabaro,Yankubise inkoni y’uburakari bwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Yaranshoreye ancisha mu mwijima,Atari mu mucyo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Ni ukuri yakomeje kumbangurira ukuboko hato na hato,Burinda bwira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Inyama yanjye n’umubiri wanjye bishajishijwe na we,Amagufwa yanjye yarayamenaguye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Yanyubatseho anzingiraho indurwe n’umuruho,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Yantuje mu mwijima nk’abapfuye kera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Yankubiye mu nkike kugira ngo ntahinguka mu irembo,Yatumye umunyururu wanjye undemerera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Ni ukuri iyo mutakiye mutabaza,Gusenga kwanjye aguheza hanze.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Inzira zanjye yazīcishije inkike z’amabuye,Aho nanyuraga yarahagoretse.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Amereye nk’idubu yubikiye,Nk’intare iciye igico.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Yayobeje inzira zanjye,Kandi yarantanyaguye angira indushyi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Yamforeye umuheto,Angira intego y’umwambi we.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Yatumye imyambi yo mu kirimba cye impinguranya impyiko,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Nahindutse urw’amenyo mu bwoko bwanjye bwose,Bangize indirimbo umunsi wose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Yanyujujemo ibisharira,Yampagije apusinto.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Amenyo yanjye yayahongoje amabuye,Yandengeje ivu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Kandi watandukanije ubugingo bwanjye,N’amahoro akamba kure,Guhirwa narakwibagiwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Maze ndavuga nti“Imbaraga zanjye no kwiringira kwanjye nari mfite ku Uwiteka, birashize.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Ibuka umubabaro wanjye n’amakuba yanjye,Apusinto n’indurwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Ubugingo bwanjye buracyabyibuka,Kandi burihebye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Iki ni cyo nibuka,Ni byo bindema umutima.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Imbabazi z’Uwiteka ni zo zituma tudashiraho,Kuko ibambe rye ritabura.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Zihora zunguka uko bukeye,Umurava wawe ni munini.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Umutima wanjye uravuga uti“Uwiteka ni we mugabane wanjye,Ni cyo gituma nzajya mwiringira.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Uwiteka abereye mwiza abamutegereje,N’ubugingo bw’umushaka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Ni byiza ko umuntu yiringira,Ategereje agakiza k’Uwiteka atuje.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Bikwiriye umuntu kuremererwa akiri umusore.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Yicare yiherereye kandi yihoreye,Kuko Imana yabimushyizeho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
Nakubite akanwa ke mu mukungugu,Niba hariho ibyiringiro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter30.
Ategere umusaya we umukubita,Bamuhaze ibitutsi,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter31.
Kuko Uwiteka atazagira ubwo areka umuntu iteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter32.
Naho yababaza umuntu ariko azamugirira ibambe,Nk’uko imbabazi ze nyinshi zingana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter33.
Kuko atanezezwa no kubabaza abantu,Cyangwa kubatera agahinda.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter34.
Umwami ntakunda ko banyukanyukira imbohe zose zo mu isi,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter35.
Cyangwa ko bacira umuntu urubanza,Imbere y’Isumbabyose barwirengagiza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter36.
Kandi kugoreka urubanza rw’umuntu,Umwami ntabyemera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter37.
Ni nde wahanura bikabaho,Kandi Umwami atari we ubitegetse?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter38.
Mbese ku bushake bw’Isumbabyose,Ntihaturuka ibibi n’ibyiza?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter39.
Umuntu ukiriho uhaniwe ibyaha bye,Yakwinubira iki se?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter40.
Dutekereze inzira zacu tuzigenzure,Tubone kugarukira Uwiteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter41.
Twerekeze imitima yacu ku Mana iri mu ijuru,Tuyitegere n’amaboko yacu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter42.
“Twaracumuye kandi turagoma,Nawe ntiwatubabarira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter43.
Watumiramirijeho uburakari bwawe uraduhiga,Waratwishe ntiwatubabarira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter44.
Wikingiye igicu,Kugira ngo gusenga kwacu kudahita ngo kukugereho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter45.
Waduhinduye ibishishwa n’ibishingwe hagati y’amoko,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter46.
Abanzi bacu bose baratwasamiye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter47.
Ubwoba n’urwobo, gusenya no kurimbuka,Byose byatugezeho.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter48.
Ijisho ryanjye riratembamo imigezi y’amazi,Ndizwa no kurimbuka k’umukobwa w’ubwoko bwanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter49.
Ijisho ryanjye ntirihwema gutembamo amarira ubutitsa,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter50.
Kugeza igihe Uwiteka azitegereza,Akareba hasi ari mu ijuru.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter51.
Amarira y’ijisho ryanjye yandembeje,Mbitewe n’abakobwa bose bo mu murwa wanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter52.
Abanyangira ubusa bampize cyane nk’inyoni,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter53.
Banyiciye ubugingo mu rwobo rw’inzu y’imbohe,Bambirinduriraho ibuye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter54.
Amazi yarandengeye ku mutwe,Maze ndavuga nti “Ndapfuye.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter55.
Natakiye izina ryawe, Uwiteka,Ndi mu rwobo rw’imbohe rw’ikuzimu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter56.
Wumviye ijwi ryanjye, ntunyime ugutwi kwawe,Ngo utumva kuniha kwanjye no gutaka kwanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter57.
Umunsi nagutakiraga wanje hafi,Uravuga uti “Witinya.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter58.
Ayii, Mwami,Wamburaniye urubanza rw’umutima wanjye,Wacunguye ubugingo bwanjye!
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter59.
Ayii, Uwiteka,Wabonye akarengane kanjye,None ncira urubanza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter60.
Wabonye guhōra kwabo kose,N’imigambi yabo yose bangīra.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter61.
Wumvise ibitutsi byabo, ayii Uwiteka,N’imigambi yabo yose bangīra,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter62.
N’iminwa y’abahagurutswa no kuntera,N’inama zabo zose bangīra umunsi ukira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter63.
Itegereze imyicarire yabo,Reba imihagurukire yabo,Bangize indirimbo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter64.
Ayii, Uwiteka,Uzabiture ibihwanye n’imirimo y’amaboko yabo!
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter65.
Uzabahe umutima uhumye,Umuvumo wawe ubagereho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter66.
Uzabakurikirane ufite uburakari,Kandi ubarimbure ngo bashire munsi y’ijuru ry’Uwiteka.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma amaganya igice cya: