Somera Bibiliya kuri Telefone
Imidugudu y’ubuhungiro (Kub 35.9-28; Yos 20.1-9)
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Uwiteka Imana yawe nimara kurimbura amahanga ya ba nyir’igihugu iguha, ukayazungura ugatura mu midugudu yabo no mu mazu yabo,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
uzirobanurire imidugudu itatu yo hagati mu gihugu cyawe, Uwiteka Imana yawe iguha guhindūra.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Uziharurire inzira, ugabanye igihugu cyawe Uwiteka Imana yawe iguha ho gakondo mu bice bitatu, kugira ngo uwishe umuntu wese abone uko ahungira muri umwe muri iyo midugudu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Iri ni ryo tegeko rya gatozi wishe umuntu, agahungiramo, akabaho. Uzica mugenzi we atabyitumye adasanzwe amwanga,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
nk’uko umuntu yajyana na mugenzi we mu ishyamba guca ibiti, akamanika intorezo, akihanukira kuyikubita ku giti ngo agice, igakuka ikikubita kuri mugenzi we ikamwica, azahungire muri umwe muri iyo midugudu, abeho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Bibere bityo kugira ngo uhōrera amaraso y’uwapfuye adakurikira gatozi uwo akirakaye, akamufatīra kuko urugendo ari rurerure, akamukubita ikimwicakandi yari adakwiriye kwicwa, kuko adasanzwe amwanga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Ni cyo gitumye ngutegeka nti “Uzirobanurira imidugudu itatu.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Kandi Uwiteka Imana yawe niyagura urugabano rwawe, nk’uko yarahiye ba sekuruza banyu, akaguha igihugu cyose yarahiye ba sekuruza banyu ko izabaha,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
(kandi izakiguha niwitondera aya mategeko yose ukayumvira, ayo ngutegeka uyu munsi ngo ukunde Uwiteka Imana yawe, ugahora ugenda mu nzira ikuyoboye), uziyongerere indi midugudu itatu uyongere kuri ya yindi uko ari itatu,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
kugira ngo amaraso y’abatacumuye atavushirizwa hagati mu gihugu cyawe Uwiteka Imana yawe iguha ho gakondo, ukagibwaho n’urubanza rw’ayo maraso.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Ariko umuntu niyanga mugenzi we, akamwubikira akamutera, akamukubita ikimwica agahungira muri umwe muri iyo midugudu
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
abakuru bo mu mudugudu w’iwabo bazamutumire, bamukureyo, bamugabize uhōrera amaraso y’uwapfuye amuhōre.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Ntuzamubabarire ukure ku Bisirayeli amaraso y’utacumuye, kugira ngo ubone ibyiza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Ntuzahine imbago z’urubibi rwa mugenzi wawe zashinzwe n’aba kera, muri gakondo yawe uzahabwa mu gihugu Uwiteka aguha guhindūra.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Umugabo umwe ntazahagurutswe no gushinja umuntu gukiranirwa cyangwa icyaha uko kiri kose, guhamya kw’abagabo babiri cyangwa batatu azabe ari ko gukomeza ijambo ryose. 1 Tim 5.19; Heb 10.28
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Umugabo w’ibinyoma nahagurutswa no gushinja umuntu icyaha,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
ababurana bombi bazahagarare imbere y’Uwiteka, imbere y’abatambyi n’abacamanza bazabaho muri icyo gihe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Abo bacamanza babibaririze cyane, nibabona uwo mugabo ari indarikwa washinje mwene wabo ibinyoma,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
muzamushyire aho yashakaga gushyirisha mwene wabo uwo. Uko azabe ari ko mukura ikibi hagati muri mwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Abasigaye bazabyumva batinye, be kongera gukorera ikibi kingana gityo hagati muri mwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Ntuzababarire umeze atyo, ubugingo buhōrerwe ubundi, ijisho rihōrerwe irindi, iryinyo rihōrerwe irindi, ikiganza gihōrerwe ikindi, ikirenge gihōrerwe ikindi.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma gutegeka kwa kabiri igice cya: