Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
“Yemwe bagabo bene Data na ba data, nimwumve amagambo nireguza kuri mwe.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Bumvise ababwiye mu Ruheburayo barushaho guceceka. Aravuga ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
“Ndi Umuyuda wavukiye i Taruso y’i Kilikiya, ariko nakuriye muri uyu murwa, nigishirizwa ku birenge bya Gamaliyeli kwitondera cyane amategeko ya ba sogokuruza yose, ngira ishyaka ry’Imana nk’uko namwe mwese murigira none.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Kandi narenganyaga ab’iyi Nzira ya Yesu ngo bicwe, nkababoha nkabashyira mu nzu y’imbohe, abagabo n’abagore.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Kandi n’umutambyi mukuru ni umugabo wanjye w’ibyo, n’abakuru bose b’abanyarukiko na bo ni uko, kuko ari bo bampaye inzandiko zandikiwe bene Data b’i Damasiko, njyanwayo no kuzana n’ab’aho i Yerusalemu ari imbohe kugira ngo bahanwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
“Nuko nkigenda ngeze hafi y’i Damasiko, nko ku manywa y’ihangu mbona umucyo mwinshi uvuye mu ijuru untunguye, urangota.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Nikubita hasi numva ijwi rimbaza riti ‘Sawuli, Sawuli, undenganiriza iki?’
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Nanjye ndabaza nti ‘Uri nde, Mwami?’ Aransubiza ati ‘Ndi Yesu w’i Nazareti uwo urenganya.’
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Abari bari kumwe nanjye babona umucyo, ariko ntibumva ijwi ry’uwo tuvugana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Ndamubaza nti ‘Ngire nte, Mwami?’ Umwami aransubiza ati ‘Haguruka ujye i Damasiko, ni ho uzabwirirwa ibyo ugenewe gukora byose.’
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Kandi ubwiza bw’uwo mucyo burampumisha, ni cyo cyatumye ndandatwa n’abo twari turi kumwe njya i Damasiko.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
“Umuntu witwa Ananiya wubahaga Imana, akumvira amategeko kandi yashimwaga n’Abayuda bose bari batuyeyo,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
aransanga ampagarara iruhande arambwira ati ‘Sawuli mwene Data, humuka.’ Uwo mwanya ndahumuka ndamureba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Aravuga ati ‘Imana ya ba sogokuruza yagutoranirije kera kumenya ibyo ishaka, no kubona wa Mukiranutsi, no kumva ijwi riva mu kanwa ke,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
kuko uzaba umugabo we wo guhamiriza abantu bose ibyo wabonye n’ibyo wumvise.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
None ikigutinza ni iki? Haguruka ubatizwe, wiyuhagire ibyaha byawe, wambaje izina rye.’
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
“Nuko maze gusubira i Yerusalemu ndi mu rusengero nsenga, mba nk’urota
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
mbona Yesu ambwira ati ‘Ihute uve i Yerusalemu vuba, kuko batazemera ibyo umpamya.’
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Nanjye nti ‘Mwami, na bo ubwabo bazi yuko nashyiraga abakwizeye mu nzu y’imbohe, nkabakubitira mu masinagogi yose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Kandi ubwo bavushaga amaraso ya Sitefano wahamyaga ibyawe, nanjye nari mpari mbyishimiye, ndinda imyenda y’abamwicaga.’
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Aransubiza ati ‘Genda kuko nzagutuma kure mu banyamahanga.’ ”
Abayuda batera hejuru ngo Pawulo yicwe
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Baramwumviriza kugeza kuri iryo jambo, maze bavuga ijwi rirenga bati “Kura icyo kigabo mu isi, ntigikwiriye kubaho.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Barasakuza kandi bajugunya hejuru imyenda yabo, batumurira umukungugu mu kirere,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
bigeza aho umutware w’ingabo abategeka kumwinjiza mu rugo rw’igihome, ababwira kumutatisha ibiboko kugira ngo amenye icyateye abantu kumuvugiriza iyo nduru.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Bamaze kumubohesha imishumi, Pawulo abaza umutware utwara umutwe wari uhagaze aho ati “Mbese amategeko yemera ko mukubita umuntu w’Umuroma, ari nta rubanza rwamutsinze?”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Uwo mutware abyumvise ajya kubibwira umutware w’ingabo, aramubaza ati “Urenda gukora iki, ko uyu muntu ari Umuroma?”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Umutware w’ingabo araza aramubaza ati “Mbwira, mbese uri Umuroma koko?” Na we ati “Yee.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Umutware w’ingabo aramusubiza ati “Jyeweho nagombye kugura Uburoma impiya nyinshi.” Pawulo ati “Ariko jyeweho narabuvukanye.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
Nuko abari bagiye kumutata baherako baramureka, kandi umutware w’ingabo aratinya, amenya yuko ari Umuroma kandi yamuboshye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter30.
Bukeye bw’aho ashatse kumenya neza icyo Abayuda bamurega icyo ari cyo, aramubohora ategeka abatambyi bakuru guterana n’abanyarukiko bose, amanura Pawulo amushyira imbere yabo.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma ibyakozwe n intumwa igice cya: