Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Imigani ya Salomo mwene Dawidi, umwami w’Abisirayeli.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Ni iyo kumenyesha ubwenge n’ibibwirizwa,Ni iyo gusobanura amagambo y’ubuhanga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Ni yo ihesha ubwenge bw’imigenzereze,No gukiranuka no gutunganya no kutabera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Ni yo iha umuswa kujijuka,N’umusore ikamuha kumenya no kugira amakenga,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Kugira ngo umunyabwenge atege amatwi yunguke ubwenge, Kandi umuhanga agere ku migambi itunganye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Amenye gusobanura imigani n’amarenga, Kandi n’amagambo n’ibisakuzo by’abanyabwenge.
Ahugura kureka ingeso mbi
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Kubaha Uwiteka ni ishingiro ryo kumenya, Ariko umupfapfa ahinyura ubwenge n’ibibwiriza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Mwana wanjye, jya wumva icyo so akwigisha, Kandi we kureka icyo nyoko agutegeka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Bizakubera imitamirizo y’imbabazi ku mutwe, N’imikufi mu ijosi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Mwana wanjye, abanyabyaha nibakoshya ntukemere.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Nibavuga bati “Ngwino tujyane,Twubikirire kuvusha amaraso,Ducire ibico abatariho urubanza tubahore ubusa,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Tubamire bunguri ari bazima nk’uko imva imira abantu, Ndetse ari bataraga nk’abamanuka bajya muri rwa rwobo,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Tuzabona ibintu byiza byinshi, Kandi tuzuzuza amazu yacu iminyago,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Uzakubira hamwe natwe,Twese tuzagire uruhago rumwe.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Mwana wanjye, ntukajyane na bo, Urinde ibirenge byawe kujya mu nzira yabo,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Kuko ibirenge byabo byirukira gukora ibibi, Kandi bihutira kuvusha amaraso.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Gutega umutego ikiguruka kiwureba, Ni ukurushywa n’ubusa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Amaraso bubikira ni ayabo, Ubwabo bugingo ni bwo bacira ibico.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Uko ni ko inzira z’urarikira indamu wese zimeze,Iryo rari ryica bene ryo.
Bwenge arahugura
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Bwenge arangururira mu nzira, Yumvikanisha ijwi rye mu miharuro,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Aterera hejuru mu mahuriro yo mu marembo, Mu mudugudu ni ho yumvikanishirizamo amagambo ye ngo:
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
“Yemwe mwa baswa mwe, muzakunda ubuswa mugeze ryari? Namwe bakobanyi, muzageza ryari kwishimira ubukobanyi, N’abapfu mukanga kumenya ubwenge?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Nimuhindurwe n’imiburo yanjye, Dore nzabasukaho umwuka wanjye, Nzabamenyesha amagambo yanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Narabahamagaye muraninira, Nabaramburiye ukuboko ntihagira ubyitaho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Ahubwo mwahinyuye inama zanjye zose, No kubacyaha kwanjye ntimubyitaho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Nuko nanjye rero nzabakina ku mubyimba mwagize ibyago, Nzabaseka icyo mwatinyaga kibagezeho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Igihe muzatungurwa n’ubwoba nk’umugaru, Ibyago byanyu bikaza nka serwakira, Igihe umubabaro n’uburibwe bizabageraho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
“Ni bwo bazantakambira nkabihorera, Bazanshakana umwete ntibazambona.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
Kuko banze kumenya, Kandi ntibahisemo kubaha Uwiteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter30.
Ntibemeye inama zanjye, Bahinyuye guhana kwanjye kose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter31.
Ni cyo gituma bazarya ibiva mu ngeso zabo, Kandi bazahazwa n’imigambi yabo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter32.
Ubuhemu bw’abaswa buzabicisha, Kandi kugubwa neza kw’abapfu kuzabarimbura.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter33.
Ariko unyumvira wese azaba amahoro, Adendeze kandi atikanga ikibi.”

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma imigani igice cya: