Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Inama umuntu yigira mu mutima we ni we nyirayo, Ariko igisubizo cy’ururimi rwe kiva ku Uwiteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Imigenzereze y’umuntu yose itunganira amaso ye, Ariko Uwiteka ni we ugera imitima.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Imirimo yawe yose uyiharire Uwiteka, Ni ho imigambi yawe izakomezwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Ikintu cyose Uwiteka yagitegekeye iherezo ryacyo, Ndetse umunyabyaha yamutegekeye umunsi w’amakuba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Umuntu wese w’ubwibone bwo mu mutima ni ikizira ku Uwiteka, Ni ukuri rwose ntazabura guhanwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Imbabazi n’ukuri ni byo bitwikīra gukiranirwa, Kandi kūbaha Uwiteka ni ko gutuma abantu bareka ibibi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Iyo imigenzereze y’umuntu inezeza Uwiteka, Atuma n’abanzi be buzura na we.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Uduke turimo gukiranuka, Turuta inyungu nyinshi irimo gukiranirwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Umutima w’umuntu utekereza urugendo rwe, Ariko Uwiteka ni we uyobora intambwe ze.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Amateka ameze nk’ay’Imana aba ku rurimi rw’umwami, Ntabwo ijambo rye rigoreka imanza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Iminzani n’ibyuma bipimishwa bitunganye ni iby’Uwiteka, Ibipimishwa byo mu mufuka byose ni umurimo we.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Ni ikizira ku bami gukora ibibi, Kuko ingoma ikomezwa no gukiranuka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Ururimi rukiranuka ni rwo runezeza abami, Kandi bagakunda uvuga ibitunganye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Uburakari bw’umwami ni intumwa y’urupfu, Ariko umunyabwenge arabuhosha.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Iyo mu maso h’umwami hakeye bitera ubugingo, Kandi urukundo rwe rusa n’igicu kimanura imvura y’umuhindo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Kubona ubwenge ni byiza cyane kuruta kubona izahabu, Ni ukuri umuntu yahitamo ubuhanga kuburutisha ifeza nziza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Inzira nyabagendwa y’abakiranutsi ni ukureka ibibi, Uwirinda mu migenzereze ye aba arinda ubugingo bwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Kwibona kubanziriza kurimbuka, Kandi umutima wirarira ubanziriza kugwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Ni byiza kugira umutima woroshye ugafatanya n’aboroheje, Kuruta kugabana iminyago n’abibone.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Uwitondera Ijambo azabona ibyiza, Kandi uwisunga Uwiteka aba ahirwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Ufite umutima w’ubwenge azitwa umunyamakenga, Kandi ururimi ruryoshya amagambo rwungura kwiga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Ubwenge bubera nyirabwo isōko y’ubugingo, Ariko ikibabaza abapfapfa ni ubupfu bwabo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Umutima w’umunyabwenge wigisha ururimi rwe, Kandi umwungura ubwenge mu byo avuga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Amagambo anezeza ni nk’ubuki, Aryohera ubugingo bw’umuntu agakomeza ingingo ze.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Hariho inzira umuntu yibwira ko ari nziza, Ariko iherezo ryayo ni inzira z’urupfu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Inda y’umukozi ni yo imutera gukora, Kandi akanwa ke na ko karamwaka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Imburakamaro igambirira ibibi, Kandi ururimi rwayo rwotsa nk’umuriro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Umuntu ugoreka ukuri aba abiba intonganya, Kandi uneguranira mu byongorerano atandukanya incuti z’amagara.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
Umunyarugomo yoshya umuturanyi we, Kandi akamunyuza mu nzira idatunganye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter30.
Uwica ijisho aba atekereza iby’ubugoryi, Agahekenya amenyo agira ngo asohoze ibibi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter31.
Uruyenzi rw’imvi ni ikamba ry’icyubahiro, Bibonekeshwa no kujya mu nzira yo gukiranuka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter32.
Utihutira kurakara aruta intwari, Kandi utegeka umutima we aruta utsinda umudugudu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter33.
Abantu batera inzuzi, Ariko uko bigenda kose bitegekwa n’Uwiteka.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma imigani igice cya: