Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Utwokurya dukakaye turimo amahoro, Turuta urugo rwuzuye ibyokurya, Ariko rufite intonganya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Umugaragu witonda azarera mwene shebuja ukora ibiteye isoni, Kandi azaragwa hamwe na bo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Uruganda rutunganya ifeza n’itanura ritunganya izahabu, Ariko Uwiteka ni we ugerageza imitima.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Inkozi y’ibibi yumvira imvugo y’ibigoryi, Umunyabinyoma ategera amatwi ururimi rw’inkubaganyi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Ushinyagurira umukene aba atuka Iyamuremye, Uwishimira ibyago by’abandi ntazabura guhanwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Abuzukuru ni ikamba ry’abasaza, Kandi ba se babera abana babo icyubahiro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Imvugo itunganye ntiyizihira umupfapfa, Ariko cyane ururimi rubeshya ntirukwiriye imfura.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Uhabwa impongano yibwira ko afite ikintu cy’igiciro cyinshi, Aho ayerekewe hose abona ko imugiriye akamaro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Uhishīra igicumuro aba ashaka urukundo, Ariko uhozaho urutoto atandukanya incuti z’amagara.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Gucyahwa kugera umunyabwenge ku mutima, Kuruta guhanisha umupfapfa inkoni ijana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Umuntu mubi ashaka ubugome gusa, Ni byo bizamuzanira intumwa y’inkazi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Guhura n’idubu ryibwe ibyana byaryo, Biruta guhura n’umupfu ku bupfu bwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Uwitura ibyiza ibibi, Ntabwo ibibi bizava mu rugo rwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Itangira ry’intonganya ni nk’ugomoroye amazi, Nuko reka impaka zitarabyara intonganya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Uha urubanza ababi kandi utsindisha abakiranutsi, Bombi ni ikizira ku Uwiteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Impiya ziri mu ntoki z’umupfapfa zimaze iki? Zamugurira ubwenge kandi nta mutima agira?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Incuti zikundana ibihe byose, Kandi umuvandimwe avukira gukūra abandi mu makuba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Umuntu ubuze ubwenge arahirira ubwishingire, Akishingira undi imbere y’umuturanyi we.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Ukunda intonganya aba akunze n’ibicumuro, Ushaka gusumbisha abandi urugo aba yishakiye kurimbuka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Ufite umutima unanirana nta byiza abona, Kandi uw’ururimi rugoreka azagwa mu makuba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Ubyaye umupfapfa aba yiteye agahinda, Kandi se w’umupfapfa nta munezero agira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Umutima unezerewe ni umuti mwiza, Ariko umutima ubabaye umutera konda.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Umunyabyaha yakirira impongano zihishwe mu kwaha, Kugira ngo agoreke inzira z’imanza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Ubwenge buba hafi imbere y’ujijutse, Ariko umupfapfa ajya kubushakira ku mpera y’isi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Umwana upfapfana atera se agahinda, Kandi akabera nyina ikirumbo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Si byiza guca umukiranutsi igihano, Cyangwa gukubitira imfura gutunganya kwazo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Uwifata mu magambo ni umunyabwenge, Kandi ufite umutima witonze ni umuntu ujijutse.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Ndetse n’umupfapfa iyo acecetse bagira ngo ni umunyabwenge, Kandi iyo abumbuye umunwa bamwita umunyamakenga.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma imigani igice cya: