Somera Bibiliya kuri Telefone
Akavuro k’ubwenge
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Mwana wanjye, niwemera amagambo yanjye,Ugakomeza amategeko yanjye,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Bituma utegera ubwenge amatwi,Umutima wawe ukawuhugurira kujijuka,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Niba uririra ubwenge bwo guhitamo, Kandi ijwi ryawe ukarangurura urihamagaza kujijuka,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Ukabushaka nk’ifeza, Ubugenzura nk’ugenzura ubutunzi buhishwe,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Ni bwo uzamenya kubaha Uwiteka icyo ari cyo, Ukabona kumenya Imana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Uwiteka ni we utanga ubwenge, Mu kanwa ke havamo kumenya no kujijuka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Abikira abakiranutsi agakiza, Abagendana umurava ababera ingabo,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Kugira ngo arinde amayira y’imanza zitabera, Kandi atunganye inzira z’abera be.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Ni bwo uzamenya gukiranuka n’imanza zitabera, No gutungana ndetse n’inzira zose zitunganye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Nuko ubwenge buzinjira mu mutima wawe, Kandi kumenya kuzanezeza ubugingo bwawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Amakenga azakubera umurinzi, Kujijuka kuzagukiza,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Kugira ngo bigukure mu nzira y’ibibi, No mu bantu bavuga iby’ubugoryi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Ni bo bareka inzira zitunganye, Bakagendera mu nzira z’umwijima.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Banezezwa no gukora ibibi, Kandi bakishimira ubugoryi bw’abanyabyaha.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Bagendera mu nzira zigoramye, Bakaba ibigande mu migenzereze yabo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Nuko uzakizwa umugore w’inzaduka, Ndetse uw’inzaduka ushyeshyengesha amagambo ye,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Wari wahukanye n’uwamurongoye mu bukumi bwe, Akirengagiza isezerano ry’Imana ye,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Kuko inzu ye yerekeye urupfu, Kandi inzira ze zigana ikuzimu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Mu bamugenderera nta n’umwe ugaruka, Kandi ntabwo basubira mu nzira z’ubugingo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Byose ubimenye neza, Kugira ngo ubone kugendera mu nzira z’abantu bitonda, No gukomeza imigenzereze y’abakiranutsi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Abakiranutsi bazatura mu isi, Kandi intungane zizahaguma.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Ariko inkozi z’ibibi zizacibwa mu isi, Kandi abariganya bazayirandurwamo.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma imigani igice cya: