Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Kuvugwa neza biruta ubutunzi bwinshi, No gukundwa kuruta ifeza n’izahabu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Umutunzi n’umukene bahurira hamwe, Uwiteka ni we wabaremye bose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Umunyamakenga iyo abonye ibibi bije arabyikinga, Ariko umuswa arakomeza akabijyamo akababazwa na byo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Uwicisha bugufi, akūbaha Uwiteka, Ingororano ye ni ubukire n’icyubahiro n’ubugingo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Amahwa n’imitego biri mu nzira y’ikigoryi, Urinda ubugingo bwe azanyura kure yabyo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Menyereza umwana inzira akwiriye kunyuramo, Azarinda asaza atarayivamo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Umukire ategeka umukene, Kandi uguza aba ari nk’umugaragu w’umugurije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Ubiba gukiranirwa azasarura ishyano,Inkoni y’uburakari bwe izavunika.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Urebana ibambe azahirwa, Kuko agaburira umukene ibyokurya bye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Irukana umukobanyi kandi intonganya zizajyana na we, Ndetse imivurungano no gukozwa isoni bizashira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Ukunda kugira umutima uboneye, Akagira imbabazi mu byo avuga, Umwami azaba incuti ye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Amaso y’Uwiteka arinda ufite ubwenge, Ariko atsembaho iby’abagambanyi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Umunyabute arahwaganya ati “Hanze hari intare, nasohoka yanyicira mu nzira.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Akanwa k’abagore b’inzaduka ni imva ndende, Uwo Uwiteka azinutswe azayigwamo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Ubupfapfa buhambiriwe ku mutima w’umwana, Ariko inkoni ihana izabumucaho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Uwishakira ubutunzi akarenganya abakene, Kandi uhongera abakire, Bombi bazakena nta kabuza.
Inama umunyabwenge atanga
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Tega ugutwi wumve amagambo y’umunyabwenge, Kandi umutima wawe ushishikarire kumenya ubwenge bwanjye,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Kuko ari byiza nubikomeza mu mutima wawe, Bigahora mu kanwa kawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Nabikumenyesheje uyu munsi wowe ubwawe, Kugira ngo ibyiringiro byawe bibe ku Uwiteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Mbese sinakwandikiye ibyiza by’inama n’ibyo kumenya,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Kugira ngo nkwemeze amagambo y’ukuri, Usubiraneyo ayo magambo ku bagutumye?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Ntukanyage umukene kuko ari umukene, Kandi ntukarenganye indushyi mu manza,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Kuko Uwiteka azababuranira, Kandi ababarenganya azabanyaga ubugingo bwabo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Ntugacudike n’umunyamujinya, Kandi ntukagendane n’umunyaburakari,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Kugira ngo utiga ingeso ze, Zikabera ubugingo bwawe umutego.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Ntukabe mu bīshingirisha gukorana mu biganza, Cyangwa abīshingira abanyamyenda.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Niba udafite ibyo kumwishyurira, Washaka ko agutwara uburiri waryamagaho?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Ntugashingure imbago za kera, Izo ba sogokuruza bashinze.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
Hari umuntu w’umunyamwete mu byo akora ubonye? Bene uwo azaba imbere ku mwami, Ntazakorera abagufi.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma imigani igice cya: