Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Igihe wicajwe no gusangira n’umutware,Ushyire umutima kuri uwo uri imbere yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Niba uzi yuko uri umunyandanini,Wifatira icyuma ku muhogo wawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Ntiwishinge ibyokurya bye biryoshye,Kuko bishukana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Ntukarushywe no gushaka ubutunzi,Ihebere bwa bwenge bwawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Mbese wahanga amaso ku bitariho?Kuko ubutunzi butabura kwitera amababa,Bukaguruka nk’uko igisiga kirenga mu bushwi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Ntukarye ibyokurya by’ufite ijisho ribi,Kandi ntukifuze ibyokurya bye biryoshye,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Kuko uko atekereza ku mutima ari ko ari.Yenda arakubwira ati “Ngwino ngufungurire”,Ariko umutima we ntabwo uba uhuje nawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Intore wamize uzayiruka,Kandi uzaba wapfushije ubusa amagambo yawe wamushimishije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Ntukagire icyo uvuga umupfapfa akumva,Kuko azahinyura ubwenge bw’amagambo yawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Ntugashingure imbago zerekana imbibi za kera,Kandi ntukarengēre mu mirima y’impfubyi,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Kuko Umurengezi wabo akomeye,Azakuburanya ababuranira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Hugurira umutima wawe kwigishwa,N’amatwi yawe ku magambo yo kumenya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Ntukange guhana umwana,Kuko numukubita umunyafu atazapfa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Uzamukubita umunyafu,Maze uzakiza ubugingo bwe kujya ikuzimu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Mwana wanjye, umutima wawe nugira ubwenge,Uwanjye na wo uzanezerwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Ni ukuri umutima wanjye uzanezerwa,Nuvuga ibitunganye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Ntugakundire umutima wawe kwifuza iby’abanyabyaha,Ahubwo uhore wubaha Uwiteka burinde bwira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Kuko hariho ingororano koko,Kandi ibyiringiro byawe ntibizakurwaho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Tega amatwi mwana wawe, ugire ubwenge,Kandi uyobore umutima wawe mu nzira nziza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Ntukabe mu iteraniro ry’abanywi b’inzoga,No mu ry’abanyandanini bagira amerwe y’inyama.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Kuko umusinzi n’umunyandanini bazakena,Kandi umunyabitotsi bizamwambika ubushwambagara.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Umvira so wakubyaye,Kandi ntugahinyure nyoko ageze mu za bukuru.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Gura ukuri ntuguranure,Gura ubwenge no kwigishwa n’ubuhanga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Se w’umukiranutsi azishima cyane,Kandi ubyara umwana ufite ubwenge azamwishimira,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
So na nyoko bishime,Kandi utere nyoko wakubyaye kuvuza impundu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Mwana wanjye, mpa umutima wawe,Kandi amaso yawe yishimire inzira zanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Kuko umugore wa maraya ari uruhavu rurerure,Kandi umugore w’inzaduka ari urwobo rufunganye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Ni ukuri aca igico nk’umwambuzi,Kandi atuma hagwira abagambanyi mu bantu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
Ni nde ubonye ishyano?Ni nde utaka?Ni nde ufite intonganya?Ni nde wiganyira?Ni nde ufite inguma zitagira impamvu?Ni nde utukuza amaso?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter30.
Ni abarara inkera,N’abagenda bavumba inturire.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter31.
Ntukarebe vino uko itukura,Igihe ibirira mu gikombe,Ikamanuka neza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter32.
Amaherezo iryana nk’inzoka,Igatema nk’impiri.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter33.
Amaso yawe ukayahanga ku by’inzaduka,Kandi umutima wawe ukavuga ibigoramye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter34.
Ni ukuri ukazengerezwa nk’uryamye mu nyanja hagati,Cyangwa nk’umuntu uryamye hejuru y’umuringoti wo mu nkuge.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter35.
Ukavuga uti “Bankubise nyamara nta cyo mbaye,Bampondaguye kandi sinumvise, Ndakanguka ryari ngo nongere njye kuvumba?”

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma imigani igice cya: