Somera Bibiliya kuri Telefone
Iyindi migani ya Salomo
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Iyi na yo ni imigani ya Salomo yimuwe, yandikwa n’abagaragu ba Hezekiya umwami w’u Buyuda.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Icyubahisha Imana ni uko ikinga ibintu,Ariko abami bo bubahishwa no kubigenzura.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Uko ijuru riri hejuru cyane n’isi igera ikuzimu,Ni ko n’imitima y’abami itamenyekana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Kura inkamba mu ifeza,Maze hazavamo icyuma gihabwa umusennyi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Kura abagome imbere y’umwami,Maze ingoma ye izakomezwa no gukiranuka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Ntukibonabone imbere y’umwami,Kandi ntugahagarare mu mwanya w’abakomeye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Kuko ibyiza ari uko wahamagarwa ngo “Ngwino witabe”,Biruta ko wasubizwayo imbere y’umwami murebana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Ntukihutire kuburanya mugenzi wawe,Yagutsinda wakorwa n’isoni,Hanyuma ukabura uko ugira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Ahubwo mwikiranure muri ukwanyu,Kandi ntukabitarange,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Kugira ngo ubyumva atazakugaya,Kandi umugayo wawe ukazaguhamaho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Ijambo ryizihiye rivuzwe mu gihe gikwiriye,Ni nk’amatunda y’izahabu ku mbehe y’ifeza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Gucyaha k’umunyabwenge gutunganira ubyumva,Nk’impeta y’izahabu cyangwa imitamirizo y’izahabu nziza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Uko imbeho ya shelegi imera mu gihe cy’isarura,Ni ko intumwa idatenguha imerera abayitumye,Kuko inyura umutima wa ba shebuja.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Nk’uko imvura irimo umuyaga ikuba igapfa,Ni ko uwo muntu amera wishimiriza ibyo azatanga kandi abeshya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Kwitonda ukarindīra byemeza umutware,Kandi ururimi rworoheje ruvuna igufwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Mbese ubonye ubuki?Uryeho ubuguhagije,Nturenze urugero kugira ngo utaburuka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Ntugahoze ikirenge cyawe mu nzu y’umuturanyi,Kugira ngo ataguhararuka akakwanga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Umuntu ushinja umuturanyi we ibinyoma,Ni nk’imangu n’inkota n’umwambi utyaye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Kwizera umuhemu mu gihe cy’amakuba,Ni nk’iryinyo ricitse n’ikirenge gitanye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Udabagirira umuntu ubabaye mu mutima,Ameze nk’uwiyambika ubusa mu mbeho,Cyangwa nk’umushari wa vino usutswe ku munyu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Umwanzi wawe nasonza umugaburire,Nagira inyota umuhe amazi yo kunywa,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Kuko uzaba urunze amakara yaka ku mutwe we,Kandi Uwiteka azakugororera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Umuyaga uva ikasikazi uzana imvura,Ni ko n’ururimi ruzimura rutera kwiraburirwa mu maso.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Kuba mu gakinga k’urusenge,Biruta kubana n’umugore w’ingare mu nzu y’inyumba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Nk’uko amazi afutse amerera umutima waka,Ni ko n’inkuru nziza zimera zivuye mu gihugu cya kure.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Umukiranutsi wiyoroshya imbere y’abanyabyaha,Ameze nk’iriba ritobamye n’isōko yandujwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Si byiza kurya ubuki bwinshi,Kandi icyubahiro abantu bishakira si cyo cyubahiro nyakuri.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Umuntu utitangīra mu mutima,Ameze nk’umudugudu usenyutse utagira inkike.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma imigani igice cya: