Somera Bibiliya kuri Telefone
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Ucyahwa kenshi agashinga ijosi,Azavunagurika atunguwe nta kizamukiza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Iyo abakiranutsi bagwiriye abantu barishima,Ariko iyo hategeka umunyabyaha abantu bacura imiborogo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Ukunda ubwenge anezeza se, Ariko ubana n’abamaraya yiyaya ibintu bye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Umwami akomeresha igihugu imanza zitabera,Ariko uhongesha aragitsinda.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Umuntu ushyeshya umuturanyi we, Aba asa nk’uteze amaguru ye ikigoyi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Mu gicumuro cy’umunyabyaha harimo umutego ategewemo, Ariko umukiranutsi arishima akavuza impundu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Umukiranutsi azi urubanza rw’abakene, Ariko umunyabyaha nta bwenge afite bwo kurumenya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Abakobanyi bakongeza umudugudu imivurungano, Ariko abanyabwenge bahosha uburakari.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Umunyabwenge iyo agiye impaka n’umupfapfa, Naho yarakara cyangwa agaseka ntabwo zakoroha.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Abakunda kwicana banga intungane, Kandi n’umukiranutsi bashaka uko bamwica.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Umupfapfa agaragaza uburakari bwe bwose, Ariko umunyabwenge arifata akabucubya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Iyo umutware yumviye amazimwe, Abagaragu be bose baba abanyabyaha.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Umukene n’urenganya amahuriro yabo ni amwe, Uwiteka ahwejesha amaso ya bombi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Umwami ucira abakene imanza zitabera, Ingoma ye izakomera iteka ryose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Umunyafu no gucyaha byigisha ubwenge, Ariko umwana bandaritse akoza nyina isoni.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Iyo abanyabyaha bagwiriye, Ibicumuro na byo biragwira, Ariko abakiranutsi bazabitegereza bahenebera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Hana umwana wawe azakuruhura, Ndetse azanezeza umutima wawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Aho guhishurirwa kutari abantu bigira ibyigenge, Ariko ukomeza amategeko aba ahirwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Ikiretwa ntigihanishwa amagambo, N’iyo kiyumvise ntikiyitaho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Mbese wabonye umuntu uhuta amagambo? Bakwemera umupfapfa kumurutisha uwo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Umugaragu warezwe neza uhereye mu bwana bwe,Hanyuma azabera shebuja umwana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Umunyamujinya abyutsa intonganya, Kandi umuntu w’inkazi agwiza ibicumuro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Ubwibone bw’umuntu buzamucisha bugufi, Ariko uwicisha bugufi mu mutima azabona icyubahiro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Uwiyuzuza n’umujura aba yiyanga, Yumva uko arahizwa akanga kubivuga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Gutinya abantu kugusha mu mutego,Ariko uwiringira Uwiteka azaba amahoro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Benshi bashaka gutona ku mutware,Ariko Uwiteka ni we ucira abantu imanza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Ukiranirwa azirana n’abakiranutsi, Kandi ugenda ari intungane azirana n’abanyabyaha.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma imigani igice cya: