Somera Bibiliya kuri Telefone
Ibyo kwishingira
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Mwana wanjye, niba wishingiye umuturanyi wawe, Cyangwa ukarahirira ko wishingiye umunyamahanga,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Uba ufashwe n’indahiro warahiye, Ukaba uboshywe n’amagambo y’ururimi rwawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Noneho mwana wanjye, genza utya kandi wikize, Ubwo waguye mu maboko y’umuturanyi wawe, Genda wicishe bugufi umwinginge.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Ntureke amaso yawe agoheka, Ntuhunikire.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Ikize nk’isirabo iva mu maboko y’umuhigi, Nk’inyoni iva mu kuboko k’umutezi.
Iby’ubute
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Wa munyabute we, sanga ikimonyo, Witegereze uko kigenza kandi ugire ubwenge.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Ntikigira umutware cyangwa igisonga cyangwa shebuja,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Ariko gihunika ibiryo byacyo mu cyi, Kandi mu isarura kikishakira ibigitunga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Uzasinzira ugeze ryari, wa munyabute we? Uzakanguka ryari?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Uti “Henga nsinzire gato, nihweture kanzinya, Kandi nipfunyapfunye nsinzire.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Nuko ubukene buzakugeraho nk’umwambuzi, N’ubutindi bugutere nk’ingabo.
Ibyo Imana yanga
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Umuntu w’ikiburaburyo, umuntu w’inkozi y’ibibi, Ni we ugendana umunwa ugoreka,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Akicirana amaso akavugisha ibirenge, Agacisha amarenga intoki ze.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Umutima we urimo ubugoryi, Ahorana imigambi yo gukora ibibi, Akabiba ibiteranya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Ni cyo gituma amakuba ye azamutungura, Azavunika vuba kandi ntazungwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Hariho ibintu bitandatu ndetse birindwi, Uwiteka yanga bimubera ikizira ni ibi:
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Amaso y’ubwibone, ururimi rubeshya, Amaboko avusha amaraso y’utariho urubanza,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Umutima ugambirira ibibi, Amaguru yihutira kugira urugomo,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Umugabo w’indarikwa uvuga ibinyoma, N’uteranya abavandimwe.
Iby’abamaraya
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Mwana wanjye, komeza icyo so yagutegetse, Kandi we kureka icyo nyoko yakwigishije.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Uhore ubikomeje ku mutima wawe, Ubyambare mu ijosi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Nugenda bizakuyobora, Nujya kuryama bizakurinda, Kandi nukanguka bizakubwiriza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Kuko itegeko ari itabaza, amategeko ari umucyo, Kandi ibihano byo guhugura ari inzira y’ubugingo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Byakurinda umugore w’inkozi z’ibibi, No gushyeshya ku ururimi rw’umunyamahangakazi,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
We kwifuza ubwiza bwe mu mutima wawe, Kandi ntukunde ko akwicira ijisho.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Kuko maraya akenesha umuntu, Agasigara ku gasate k’umutsima, Kandi umugore usambana ahīga ubugingo bw’igiciro cyinshi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Mbese umuntu yashyira umuriro mu gituza cye, Imyambaro ye ntishye?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Cyangwa hari uwabasha gukandagira amakara yaka, Ibirenge bye ntibibabuke?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
Ni ko bimera no ku muntu usanga muka mugenzi we, Kandi umukoraho wese ntazabura kugibwaho igihano.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter30.
Abantu ntibagaya umujura wibishijwe n’inzara,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter31.
Ariko iyo afashwe abiriha karindwi, Agatanga ibyo afite mu rugo rwe byose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter32.
Usambana n’umugore nta mutima afite, Ugenza atyo aba arimbuye ubugingo bwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter33.
Inguma no gukorwa n’isoni ni byo azabona, Kandi umugayo we ntuzahanagurwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter34.
Kuko ifuhe ry’umugabo w’umugore ari uburakari bukaze, Kandi ntazamubabarira ku munsi wo guhōra.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter35.
Ntazita ku mpongano, Ntabwo azatuza naho wamuhongera byinshi.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma imigani igice cya: