Somera Bibiliya kuri Telefone
Bwenge yongera guhugura
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Ntimwumva ko Bwenge ashyira ejuru, Akarangurura ijwi ry’ubuhanga?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Ahagaze mu mpinga z’imisozi, Mu mahuriro y’inzira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Mu marembo no mu miharuro y’umurwa, Ashyira ejuru ari mu bikingi by’amarembo ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
“Yemwe bagabo, ni mwe mpamagara, N’abana b’abantu ni bo ijwi ryanjye ribwira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Yemwe mwa njiji mwe, nimujijuke, Namwe mwa bapfu mwe, mugire umutima usobanukiwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Nimwumve ngiye kuvuga ibikomeye, Kandi umunwa wanjye ndawubumburira kuvuga ibitunganye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Kuko akanwa kanjye kaza kuvuga ukuri, Kandi gukiranirwa ari ikizira kuri jye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Amagambo yo mu kanwa kanjye yose ni akiranuka, Nta buriganya cyangwa ubugoryi buyabamo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Asobanukira ujijutse, Kandi atunganira ababonye ubwenge.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Aho gushaka ifeza mutore ibyo nigisha, Mushake ubwenge kuburutisha izahabu nziza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
“Kuko ubwenge buruta amabuye ya marijani, Kandi mu bintu byifuzwa byose nta gihwanye na bwo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Jyewe Bwenge nagize umurava ho ubuturo bwanjye, Mfite ubwenge bwo kugenzura.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Kūbaha Uwiteka ni ukwanga ibibi, Ubwibone n’agasuzuguro n’inzira y’ibibi, N’akanwa k’ubugoryi ni byo nanga.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Ni jye nyir’inama no kumenya gutunganye, Ni jye Muhanga kandi mfite n’ububasha.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Ni jye wimika abami, Ngaha ibikomangoma guca imanza zitabera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Ni jye uha abatware gutwara, N’imfura na zo ndetse n’abacamanza bo mu isi bose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Nkunda abankunda, Kandi abanshakana umwete bazambona.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Ubukire n’icyubahiro biri iwanjye, Kandi n’ubutunzi buhoraho, no gukiranuka na byo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Imbuto zanjye ziruta izahabu, ni ukuri ziruta izahabu nziza, Kandi indamu yanjye iruta ifeza y’indobanure.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Ngendera mu nzira yo gukiranuka, No mu nzira z’imanza zitabera,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Kugira ngo ntungishe abankunda, Nuzuze ububiko bwabo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
“Uwiteka mu itangira ry’imirimo ye yarangabiye, Ataragira icyo arema.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Uhereye kera kose narimitswe, Uhereye mbere na mbere isi itararemwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Ikuzimu hatarabaho naragaragajwe, Amasōko adudubiza amazi menshi ataraboneka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Imisozi miremire itarahagarikwa, Iyindi itarabaho naragaragajwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Yari itararema isi no mu bweru, N’umukungugu w’isi utaratumuka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Igihe yaringanije amajuru nari mpari, Igihe yashingaga urugabano rw’ikuzimu,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Mu gihe yakomereje ijuru hejuru, No mu gihe amasōko y’ikuzimu yahawe imbaraga,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
Igihe yahaye inyanja urubibi rwayo, Kugira ngo amazi atarenga itegeko ryayo, Kandi no mu gihe yagaragaje imfatiro z’isi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter30.
Icyo gihe nari kumwe na yo ndi umukozi w’umuhanga, Kandi nari umunezero wayo iminsi yose, Ngahora nezerewe imbere yayo,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter31.
Nkishimira mu isi yayo yaremewe guturwamo, Kandi ibinezeza byanjye byari ukubana n’abantu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter32.
“Nuko rero bana banjye nimunyumvire, Kuko hahirwa abakomeza inzira zanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter33.
Mwumve ibyo mbahugura mugire ubwenge, Ntimubwange.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter34.
Hahirwa umuntu unyumvira, Akaba maso mu marembo yanjye iminsi yose, Agategerereza ku nkomo z’imiryango yanjye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter35.
Kuko umbonye wese aba abonye ubugingo, Kandi azahabwa umugisha n’Uwiteka,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter36.
Ariko uncumuraho aba yononnye ubugingo bwe, Abanyanga bose baba bakunze urupfu.”

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma imigani igice cya: