Somera Bibiliya kuri Telefone
Yakobo ahanurira abana be ibizababaho
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Yakobo ahamagaza abana be arababwira ati “Nimuterane, mbabwire ibizababaho mu minsi izabaho kera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
“Nimuterane mwumve bana ba Yakobo, Mwumve Isirayeli so.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
“Rubeni uri imfura yanjye, n’imbaraga zanjye. Uwo gushobora kubyara kwanjye kwatangiriyeho, Urushaho icyubahiro, urushaho gukomera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Uri nk’amazi kuko adahama hamwe, ntuzabona ubutware. Kuko wuriye uburiri bwa so, Ni ho wabuhumanije. Yuriye indyamo yanjye!
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
“Simiyoni na Lewi ni abavandimwe, Inkota zabo ni intwaro z’urugomo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Mutima wanjye, ntuzajye mu nama zabo za rwihereranwa, Bwiza bwanjye, ntugafatanye n’iteraniro ryabo. Kuko bicishije abantu uburakari, Bagatema ibitsi by’inka kugira ngo bimare agahinda.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Uburakari bwabo buvumwe kuko bwari bwinshi, Umujinya wabo uvumwe kuko wari uw’agashinyaguro. Nzabagabanya mu ba Yakobo, Nzabatataniriza mu Bisirayeli.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
“Yuda, bene so bazagushima, Ukuboko kwawe kuzaba ku ijosi ry’abanzi bawe, Bene so bazakwikubita imbere.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Yuda ni icyana cy’intare, Urazamutse, mwana wanjye uvuye mu muhigo. Yunamye, abunda nk’intare, Kandi nk’intare y’ingore. Ni nde wayivumbura?
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Inkoni y’ubwami ntizava kuri Yuda, Inkoni y’ubutware ntizava hagati y’ibirenge bye, Nyirayo ataraza, Uwo ni we amahanga azumvira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Aziritse ishashi ye y’indogobe ku muzabibu, N’icyana cye cy’indogobe akiziritse ku muzabibu urutaho ubwiza, Ameshesha imyenda ye vino, Imyambaro ye ayimeshesha amaraso y’inzabibu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Amaso ye atukujwe na vino, Amenyo ye yejejwe n’amata.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
“Zebuluni azatura ku kibaya cy’inyanja, Azaba ku kibaya kiriho inkuge, Urugabano rwe ruzerekera i Sidoni.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
“Isakari ni indogobe y’inyamaboko, Iryamye hagati y’ingo z’intama.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Abona aho kuruhukira ko ari heza, N’igihugu ko ari icyo kwishimiramo. Yunamishirije urutugu rwe kwikorera, Ahinduka umuretwa utegekwa icyate.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
“Dani azacira abantu be imanza, Ubwo ari umwe mu miryango y’Abisirayeli.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Dani azaba inzoka mu nzira, N’incira mu kayira, Irya ibinono by’ifarashi, Uhekwa na yo akagaranzuka inyuma akagwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
“Uwiteka ntegereje agakiza kawe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
“Gadi umutwe uzamutera, Ariko na we azabatera abirukane, abakurikire hafi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
“Kuri Asheri hazava ibyokurya biryoha neza, Azatanga ibyokurya byiza bikwiriye abami.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
“Nafutali ni ibuguma ry’isha izituwe, Avuga amagambo meza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
“Yosefu ni ishami ry’igiti cyera cyane, Ishami ry’igiti cyera cyane kiri hagati y’isoko, Amashami yacyo arenga inkike y’igihome.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Abarashi bamugiriye iby’urwango, Bamurashe imyambi y’akarengane.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Ariko umuheto we nturakabanguka, Amaboko ye n’intoki ze bikomezwa n’amaboko ya ya ntwari ya Yakobo. Ni yo yakomotsweho n’Umushumba, Igitare cy’Abisirayeli.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Ibyo byakozwe n’Imana ya so, izagufasha, Byakozwe n’Ishoborabyose, izaguha umugisha. Imigisha iva hejuru mu ijuru, N’imigisha iva mu mazi y’ikuzimu, N’imigisha yo mu mabere n’iyo mu nda.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Imigisha so ahesha, Irenze iyaheshejwe na data na sogokuru, Igera ku rugabano rw’imisozi ihoraho. Izaba ku mutwe wa Yosefu, Mu izingiro rye, ni we mutware wa bene se.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
“Benyamini ni isega ritanyagura, Mu gitondo rirya umuhigo, Nimugoroba akagabanya iminyago.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Abo bose ni imiryango y’Abisirayeli uko ari cumi n’ibiri. Ibyo ni byo se yababwiye abasabira umugisha, umuntu wese amusabira uwe mugisha.
Yakobo ategeka abana be aho bakwiriye kuzamuhamba
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
Arabihanangiriza arababwira ati “Ngiye gusanga ubwoko bwanjye, muzampambe hamwe na data na sogokuru, mu buvumo buri mu isambu ya Efuroni Umuheti,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter30.
mu buvumo buri mu isambu y’i Makipela iri imbere y’i Mamure mu gihugu cy’i Kanani, ni bwo Aburahamu yaguranye n’iyo sambu kuba gakondo yo guhambamo, abuguze na Efuroni Umuheti.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter31.
Ni bwo bahambyemo Aburahamu na Sara umugore we, ni bwo bahambyemo Isaka na Rebeka umugore we, kandi ni bwo nahambyemo Leya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter32.
Ya sambu n’ubuvumo buyirimo byaguzwe ku Baheti.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter33.
Yakobo amaze kwihanangiriza abana be, asubiza amaguru ku rutara, umwuka urahera asanga ubwoko bwe.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma itangiriro igice cya: