Somera Bibiliya kuri Telefone
Indirimbo ya Mose
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Maze Mose n’Abisirayeli baririmbira Uwiteka iyi ndirimbo bati “Ndaririmbira Uwiteka kuko yanesheje bitangaje, Ifarashi n’uwo ihetse yabiroshye mu nyanja.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Uwiteka ni imbaraga zanjye n’indirimbo yanjye, Ampindukiye agakiza. Uwo ni we Mana yanjye, nanjye ndayihimbaza, Ni yo Mana ya data, nanjye ndayishyira hejuru.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Uwiteka ni intwari mu ntambara, Uwiteka ni ryo zina rye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
“Amagare ya Farawo n’ingabo ze yabiroshye mu nyanja, Abatwara imitwe yatoranije barengewe n’Inyanja Itukura.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Imuhengeri habarenzeho, Barokeye imuhengeri nk’ibuye.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
“Uwiteka, ukuboko kwawe kw’iburyo gutewe icyubahiro n’ububasha bwako, Uwiteka, ukuboko kwawe kw’iburyo kwashenjaguye ababisha.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Isumbe ryawe ryinshi ryatumye utura hasi abaguhagurukiye, Watumye umujinya wawe ubakongeza nk’ibitsinsi by’inganagano.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Umwuka wo mu mazuru yawe warundanije amazi, Amazi yatembaga yema nk’ikirundo, Imuhengeri muri nyina w’inyanja haravura.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
“Umubisha yaravuze ati ‘Ndabakurikira mbafatīre, nyage iminyago nyigabane, Nzabimariraho agahinda, Nzakura inkota, ukuboko kwanjye kubarimbure.’
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Wahuhishije umuyaga wawe inyanja irabarengera: Barokera nk’icyuma cy’isasu mu mazi y’umuvumba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
“Uwiteka, mu byitwa imana hari ihwanye nawe? Ni iyihe ihwanye nawe? Kwera kwawe ni ko kuguhesha icyubahiro, Ishimwe ryawe rituma abantu bagutinya kuko ukora ibitangaza!
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Warambuye ukuboko kw’iburyo isi irabamira.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Ku bw’imbabazi zawe wagiye imbere y’abantu wacunguye, Wabayoboje imbaraga zawe inzira ijya mu buturo bwawe bwera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Amahanga yarumvise ahinda imishyitsi, Ubwoba bufata abatuye i Filisitiya.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Icyo gihe abatware ba Edomu baratangara, Intwari z’i Mowabu zifatwa no guhinda imishyitsi, Abatuye i Kanāni bose barayagāra.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Ubwoba no gutinya bizabafata, Gukomera k’ukuboko kwawe kuzabajunjika nk’ibuye. Uwiteka, bageze aho ubwoko bwawe buzarengera urugabano, Bageze aho ubwoko wacunguye buzarurengera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Uzabugezayo ubushinge ku musozi w’umwandu wawe, Ahantu witunganirije kuba ubuturo bwawe, Uwiteka, Ahera amaboko yawe yashyizeho, Mwami.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Uwiteka azahora ku ngoma iteka ryose.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Kuko amafarashi ya Farawo yajyananye mu nyanja n’amagare ye, n’abahetswe n’amafarashi be, Uwiteka agasubiza amazi y’inyanja ahayo akabirengera, ariko Abisirayeli bo bagaca hagati mu nyanja nko ku butaka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Kandi Miriyamu umuhanuzikazi mushiki wa Aroni, ajyana ishako, abagore bose barasohoka bamukurikira bafite amashako babyina.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Miriyamu akabikiriza ati “Muririmbire Uwiteka kuko yanesheje bitangaje, Ifarashi n’uwo ihetse yabiroshye mu nyanja.”
Imana ikiza amazi y’i Mara kurura
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Mose agendesha Abisirayeli bakomeza urugendo, bava ku Nyanja Itukura bajya mu butayu bw’i Shuri, bagenda iminsi itatu mu butayu babura amazi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Bageze i Mara ntibabasha kunywa amazi y’i Mara, kuko yaruraga. Ni cyo cyatumye hitwa Mara.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Abantu bitotombera Mose bati “Turanywa iki?”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Atakira Uwiteka, Uwiteka amwereka igiti akijugunya muri ayo mazi, ahinduka meza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Arababwira ati “Nugira umwete wo kumvira Uwiteka Imana yawe, ugakora ibitunganye mu maso yayo, ukumvira amategeko yayo, ukitondera ibyo yategetse byose, nta ndwara nzaguteza mu zo nateje Abanyegiputa, kuko ari jye Uwiteka ugukiza indwara.”
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Bagera muri Elimu hari amasōko cumi n’abiri n’imikindo mirongo irindwi, babamba amahema kuri ayo mazi.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma kuva igice cya: