Somera Bibiliya kuri Telefone
Ibyo kurema Ihema ry’Imana
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
Uwiteka abwira Mose ati
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
“Bwira Abisirayeli banture amaturo, umuntu wese wemezwa n’umutima we azaba ari we mwakira ituro antura.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Ibi abe ari byo mwakira ho amaturo: izahabu n’ifeza n’imiringa,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
n’ubudodo bw’umukara wa kabayonga n’ubw’umuhengeri, n’ubw’umuhemba n’ubw’ibitare byiza n’ubwoya bw’ihene,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
n’impu z’amasekurume y’intama zizigishijwe inzigo itukura, n’impu z’inyamaswa zitwa tahashi, n’imbaho z’ibiti byitwa imishita,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
n’amavuta y’amatabaza n’ibihumura neza byo kuvangwa n’amavuta ya elayo yo gusīga, n’ibyo kuvangwa bigahinduka umubavu mwiza wo kōsa,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
n’amabuye yitwa shohamu n’andi mabuye yo guhundwa, akaba ku mwambaro witwa efodi no ku mwambaro wo ku gituza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Kandi bandemere ubuturo bwera, nture hagati muri bo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Muzabureme buse n’ibyo ngiye kukwereka byose, icyitegererezo cy’ubuturo n’icy’ibintu byabwo byose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
“Kandi bazabāze isanduku mu giti cyitwa umushita: uburebure bwayo bw’umurambararo bube mikono ibiri n’igice, ubugari bwayo bube mukono umwe n’igice, uburebure bw’igihagararo bube mukono umwe n’igice.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Uzayiyagirizeho izahabu nziza imbere n’inyuma, uyigoteshe umuguno w’izahabu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Uyitekere izahabu zivemo ibifunga bine, ubishyire ku nkokora zayo zo hepfo uko ari enye. Ibifunga bibiri bibe mu rubavu rumwe, ibindi bibiri bibe mu rundi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Ubāze imijisho mu mushita, uyiyagirizeho izahabu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Ushyire iyo mijisho mu bifunga byo mu mbavu z’iyo sanduku, bajye bayiyiremereza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Iyo mijisho igume mu bifunga by’isanduku, ntikabivemo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Ushyire muri iyo sanduku Ibihamya nzaguha.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
“Kandi ucure intebe y’ihongerero mu izahabu nziza, uburebure bwayo bw’umurambararo bube mikono ibiri n’igice, ubugari bwayo bube mukono umwe n’igice.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Kandi ureme abakerubi babiri mu izahabu, ubareme mu izahabu icuzwe, ubareme mu mitwe yombi y’iyo ntebe y’ihongerero.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Ureme umukerubi umwe mu mutwe umwe, n’undi mu wundi, bacuranwe n’intebe y’ihongerero mu mitwe yayo yombi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Abo bakerubi batande amababa yabo hejuru ngo bayakingiririshe iyo ntebe y’ihongerero, berekerane, barebe iyo ntebe y’ihongerero.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Ushyire iyo ntebe y’ihongerero kuri ya sanduku, uyishyiremo Ibihamya nzaguha.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Aho ni ho nzajya mbonanira nawe hejuru y’intebe y’ihongerero, hagati y’abo bakerubi bari ku isanduku y’Ibihamya, ni ho nzajya nkubwirira amategeko yanjye yose ntegeka Abisirayeli.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
“Kandi uzabāze ameza amwe mu mushita, uburebure bwayo bw’umurambararo bube mikono ibiri, ubugari bwayo bube mukono umwe, uburebure bw’igihagararo bube mukono umwe n’igice.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Uyayagirizeho izahabu nziza, uyagoteshe umuguno w’izahabu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Uyabārize igikomeza amaguru kiyagote, ubugari bwacyo bube intambwe imwe, ukigoteshe umuguno w’izahabu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
Uyatekere izahabu zivemo ibifunga bine, ubishyire ku nkokora uko ari enye ziri ku maguru yayo uko ari ane.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
Ibyo bifunga bibe hafi y’igikomeza amaguru, bibe ibyo gushyirwamo imijisho yo kuremerezwa ameza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Ubāze imijisho mu mushita uyiyagirizeho izahabu, aba ari yo ijya iremerezwa ayo meza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
Ucure amasahani n’udukombe byo kuri yo, ucure n’ibikombe n’imperezo byo kuri yo byo gusukisha amaturo y’ibyokunywa, ubicure mu izahabu nziza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter30.
Ujye utereka kuri ayo meza imitsima yo kumurikwa, ihore imbere yanjye iteka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter31.
“Kandi uzareme igitereko cy’amatabaza mu izahabu nziza, bakireme mu izahabu icuzwe: indiba yacyo n’umubyimba wacyo, ibikombe n’ibibumbabumbye n’uburabyo byo kuri cyo bicuranwe na cyo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter32.
Kandi gishamike amashami atandatu: amashami atatu y’icyo gitereko ashamike mu rubavu rumwe, n’ayandi atatu mu rundi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter33.
Ishami rimwe rigire ibikombe bitatu bisa n’uburabyo bw’indōzi, cyose gifatanye n’ikibumbabumbye n’ururabyo, n’iryo ku rundi rubavu rigire ibikombe bitatu bisa n’uburabyo bw’indōzi, cyose gifatanye n’ikibumbabumbye n’ururabyo. Amashami yose uko ari atandatu ashamitse kuri icyo gitereko, abe ari ko amera.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter34.
Umubyimba wacyo ugire ibikombe bine bisa n’uburabyo bw’indōzi, n’ibibumbabumbye n’uburabyo bifatanye na byo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter35.
Ikibumbabumbye kibe munsi y’amashami abiri acuranywe na cyo, n’ikindi kibe munsi y’andi mashami abiri acuranywe na cyo, ikindi kibe munsi y’andi mashami abiri acuranywe na cyo, uko amashami ashamitse kuri icyo gitereko ari atandatu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter36.
Ibibumbabumbye byacyo n’amashami yacyo acuranwe na cyo, cyose gicurirwe hamwe mu izahabu nziza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter37.
Ucure amatabaza yacyo arindwi, bazajye bayagishyiraho uburyo butuma amurikira imbere yacyo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter38.
Icyuma cyacyo cyo gukuraho ibishirira n’udusahani two kubishyiraho, bicurwe mu izahabu nziza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter39.
Italanto y’izahabu nziza abe ari yo icyo gitereko n’ibyo bintu byacyo byose biremeshwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter40.
Ugire umwete wo kubirema, ukurikize icyitegerezo cyabyo werekewe kuri uyu musozi.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma kuva igice cya: