Somera Bibiliya kuri Telefone
Ibintu by’Ihema ry’Imana (Kuva 36.8-38)
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
“Kandi uzareme ubwo buturo, ubusakaze imyenda cumi, uyiboheshe ubudodo bw’ibitare bwiza buboheranije, n’ubw’umukara wa kabayonga n’ubw’umuhengeri n’ubw’umuhemba, bayibohemo ibishushanyo by’abakerubi, abahanga b’ibyo abe ari bo babiboha.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Uburebure bw’umwenda wose bube mikono makumyabiri n’umunani, ubugari bwawo bube mikono ine, imyenda yose ibe urugero rumwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Imyenda itanu ikombatwe ukwayo, n’iyindi itanu ikombatwe ukwayo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Kandi udode imikondo y’udutambaro tw’imikara ya kabayonga ku musozo w’umwenda uhera igikombate kimwe, udode yindi nka yo ku musozo w’umwenda uhera ikindi gikombate.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Udode imikondo mirongo itanu ku mwenda umwe, n’indi mirongo itanu uyidode ku musozo w’umwenda uhera ikindi gikombate, iyo mikondo yerekerane.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Ucure ibikwasi by’izahabu mirongo itanu ubifatanishe ibyo bikombate, ubwo buturo bube bumwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
“Kandi uzabohe imyenda yo gusakara y’ubwoya bw’ihene, ibe ihema risakara ubwo buturo, ubohe imyenda cumi n’umwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Uburebure bw’umwenda wose bube mikono mirongo itatu, ubugari bwawo bube mikono ine, iyo myenda uko ari cumi n’umwe ibe urugero rumwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
Ukombate imyenda itanu ukwayo, n’iyindi itandatu uyikombate ukwayo, uwa gatandatu uwubindūre imbere y’ihema.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Udode imikondo mirongo itanu ku musozo w’umwenda uhera igikombate kimwe, n’indi mirongo itanu uyidode ku musozo w’umwenda uhera ikindi gikombate.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
Ucure ibikwasi by’imiringa mirongo itanu ubishyire muri iyo mikondo, ufatanye iryo hema ribe rimwe.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Igice cy’imyenda y’ihema gisagaho kikarērēta, ni cyo gice gisagaho cy’umwenda umwe kingana n’ikindi, kirērētere inyuma y’ubwo buturo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Ubwo ibikombate by’ihema bisagaho mukono umwe mu burebure bw’uruhande rumwe, n’indi ibiri mu rundi, irērētere mu mbavu z’ubuturo zombi, iritwikīre.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
“Kandi uzaciranye igisakara iryo hema mu mpu z’amasekurume y’intama zizigishijwe inzigo itukura, ukirenzeho igicirane cy’impu z’inyamaswa zitwa tahashi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
“Kandi uzabāze imbaho z’imiganda y’ubwo buturo mu mushita, uzishinge.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Uburebure bw’urubaho rwose bube mikono cumi, ubugari bwarwo bube mukono umwe n’igice.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Kandi ku rubaho rwose habe inkarwe ebyiri zifatanye, abe ari ko uzibāza ku mbaho z’ubwo buturo zose.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Ubāze imbaho z’imiganda yabwo, iz’uruhande rw’iburyo zibe makumyabiri.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Kandi uzacure imyobo mirongo ine mu ifeza, ibe hasi y’izo mbaho uko ari makumyabiri. Imyobo ibiri ibe hasi y’urubaho rumwe, ishingwemo inkarwe zarwo zombi, bityo bityo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
Kandi uzabāze imbaho makumyabiri z’urundi ruhande rw’ubwo buturo rw’ibumoso,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
uzicurire imyobo mirongo ine mu ifeza, imyobo ibiri ibe hasi y’urubaho rumwe, bityo bityo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter22.
Kandi uzabāze imbaho esheshatu zo mu mwinjiro w’ubwo buturo, iburengerazuba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter23.
Ubāze imbaho ebyiri z’impfuruka zabwo zo mu mwinjiro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter24.
Hasi zibe izivuyemo nk’ebyiri, kandi zibe imyishyikire zigere ku mpeta ya mbere, abe ari ko biba kuri zombi zibe izo ku mpfuruka zo mu mwinjiro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter25.
Nuko izo mbaho zizabe umunani, imyobo y’ifeza yo kuzishingamo izabe cumi n’itandatu, imyobo ibiri ibe hasi y’urubaho rumwe, bityo bityo.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter26.
“Kandi uzabāze imbumbe mu mushita, imbumbe eshanu zo ku mbaho z’imiganda y’uruhande rumwe rw’ubwo buturo,
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter27.
na zindi eshanu zo ku mbaho z’imiganda y’urundi ruhande rwabwo, n’izindi eshanu zo mu mwinjiro wabwo, iburengerazuba.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter28.
Imbumbe yo hagati y’izindi iringanije imbaho, ibe umwishyikire.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter29.
Kandi izo mbaho uzaziyagirizeho izahabu, ucure impeta mu izahabu zo kuzishyiraho, zisesekwemo izo mbumbe, imbumbe na zo uziyagirizeho izahabu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter30.
Uzashinge ubwo buturo buhwanye n’icyitegererezo cyabwo werekewe kuri uyu musozi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter31.
“Kandi umwenda ukingiriza uzawuboheshe ubudodo bw’umukara wa kabayonga, n’ubw’umuhengeri n’ubw’umuhemba, n’ubw’ibitare byiza buboheranije, bawubohemo ibishushanyo by’abakerubi, abahanga b’ibyo abe ari bo babiboha.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter32.
Uwumanike ku nkingi enye zibajwe mu mushita ziyagirijweho izahabu, inkonzo zo kuri zo zicurwe mu izahabu, zishingwe mu myobo ine y’ifeza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter33.
Umanike uwo mwenda munsi ya bya bikwasi, ushyire hirya yawo ya sanduku y’Ibihamya, uwo mwenda ubabere urugabano rw’Ahera n’Ahera cyane.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter34.
Kandi uzashyire ya ntebe y’ihongerero kuri iyo sanduku y’Ibihamya, iri Ahera cyane.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter35.
Kandi ya meza uyashyire hino y’uwo mwenda, na cya gitereko cy’amatabaza ugishyire mu ruhande rw’iburyo rw’ubwo buturo, kibangikane n’ayo meza, ameza uyashyire mu ruhande rw’ibumoso.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter36.
“Kandi umwenda wo gukinga umuryango w’iryo Hema, uzawuremeshe ubudodo bw’umukara wa kabayonga, n’ubw’umuhengeri n’ubw’umuhemba, n’ubw’ibitare byiza buboheranije, abahanga b’ibyo abe ari bo bawudodaho amabara.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter37.
Kandi uzawubārize inkingi eshanu mu mushita uziyagirizeho izahabu, inkonzo zo kuri zo zicurwe mu izahabu, kandi utekere izo nkingi imiringa, ivemo imyobo itanu yo kuzishingamo.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma kuva igice cya: