Somera Bibiliya kuri Telefone
Ibindi bintu by’Ihema ry’Imana (Kuva 38.1-19)
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter1.
“Kandi uzabāze igicaniro mu mushita, uburebure bwacyo bw’umurambararo bube mikono itanu, n’ubugari bwacyo bube mikono itanu, kingane impande zose, uburebure bwacyo bw’igihagararo bube mikono itatu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter2.
Mu nkokora zacyo uko ari enye, uzabāzeho amahembe uyabazanye na cyo, ukiyagirizeho imiringa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter3.
Kandi uzagicurire ibibindi byo kuyoreramo ivu ryacyo n’ibintu byo kuriyoza, n’inzabya zacyo n’ibyo kwaruza inyama, n’ibyo gushyiramo umuriro w’amakara, ibyo bintu byacyo byose ubicure mu miringa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter4.
Kandi uzagicurire mu miringa igisobekerane nk’urushundura, mu nkokora z’icyo gisobekerane uko ari enye, ushyireho ibifunga bine by’imiringa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter5.
Ugishyire munsi y’umuguno ugose icyo gicaniro, gihere hasi kiringanize igicaniro.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter6.
Kandi ubārize icyo gicaniro imijisho mu mushita, uyiyagirizeho imiringa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter7.
Iyo mijisho yacyo ijishwe muri ibyo bifunga, ibe mu mbavu zacyo zombi, nibakiremērwa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter8.
Ukibāze mu mbaho kibe umurangara mu nda, uko werekewe icyitegererezo cyacyo kuri uyu musozi, abe ari ko bakibāza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter9.
“Kandi uzareme urugo rw’ubwo buturo, iburyo rube imyenda ikinzwe iboheshejwe ubudodo bw’ibitare byiza buboheranije, umuhururu warwo w’urwo ruhande ube mikono ijana.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter10.
Inkingi zayo zibe makumyabiri, n’imyobo yo kuzishingamo ibe makumyabiri, bicurwe mu miringa, inkonzo zo kuri zo n’imitambiko yo kuri zo bicurwe mu ifeza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter11.
No mu ruhande rw’ibumoso urugo rube imyenda ikinzwe, umuhururu warwo ube mikono ijana, inkingi zayo zibe makumyabiri, n’imyobo yo kuzishingamo ibe makumyabiri bicurwe mu miringa, inkonzo zo kuri zo n’imitambiko yo kuri zo bicurwe mu ifeza.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter12.
Mu ruhande rw’iburengerazuba urugo rube imyenda ikinzwe, ubugari bwarwo bube mikono mirongo itanu, inkingi zayo zibe icumi n’imyobo yo kuzishingamo ibe icumi.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter13.
Mu ruhande rw’iburasirazuba, ubugari bw’urwo rugo bube mikono mirongo itanu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter14.
Mu ruhande rw’irembo rumwe, ubugari bw’imyenda ikinzwe bube mikono cumi n’itanu, inkingi zayo zibe eshatu, n’imyobo yo kuzishingamo ibe itatu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter15.
Mu rundi ruhande rwaryo, habe imyenda ikinzwe y’ubugari bwa mikono cumi n’itanu, inkingi zayo zibe eshatu, n’imyobo yo kuzishingamo ibe itatu.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter16.
Irembo ry’urwo rugo ryugarirwe n’imyenda y’ubugari bwa mikono makumyabiri iremeshejwe ubudodo bw’umukara wa kabayonga, n’ubw’umuhengeri n’ubw’umuhemba, n’ubw’ibitare byiza buboheranije, abahanga b’ibyo abe ari bo bayidodaho amabara, inkingi zayo zibe enye n’imyobo yo kuzishingamo ibe ine.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter17.
Inkingi zose z’urwo rugo, mu mpande zose zizafatanywe n’imitambiko y’ifeza, inkonzo zo kuri zo zicurwe mu ifeza, imyobo yo gushingamo izo nkingi icurwe mu miringa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter18.
Umuhururu w’urwo rugo ube mikono ijana mu mpande zombi, ubugari bwarwo bube mikono mirongo itanu mu mpande zombi, uburebure bwarwo bube mikono itanu, rube imyenda iboheshejwe ubudodo bw’ibitare byiza buboheranije, imyobo yo gushingamo inkingi zayo icurwe mu miringa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter19.
Ibintu byo muri ubwo buturo byose bakoresha imirimo yo muri bwo, n’imambo zabwo zose n’imambo z’urwo rugo zose, bicurwe mu miringa.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter20.
“Kandi uzategeke Abisirayeli bakuzanire amavuta aboneye ya elayo zasekuwe ya cya gitereko, kugira ngo bitume iryo tabaza rihora ryaka.
Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangiza bibliya kuri Twitter21.
Mu ihema ry’ibonaniro inyuma ya wa mwenda ukingiriza Ibihamya, abe ari ho Aroni n’abana be bazajya baritunganiriza kugira ngo ryakire imbere y’Uwiteka, rihere nimugoroba rigeze mu gitondo. Mu bihe by’Abisirayeli byose rizabe itegeko ridakuka bakwiriye kujya bitondera.

← Inyuma Komeza →

Uri gusoma kuva igice cya: